• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina wageze I Kigali akamera nkuwo ijuru riguyeho, yatangiye nawe kuzana amananiza mu rubanza kuko amaze kubona ko ibimenyetso simusiga by’ubushinjacyaha ntaho yabicikira bityo n’ibinyamakuru yahaye amakuru bikorana n’abanzi b’igihugu byatangiye gusiba ayo makuru kuri Internet.

Muri iki cyumweru Rusesabagina wavugaga ko afite umujinya bityo yashinze FLN kugirango abohore Abanyarwanda yaratunguranye abwira urukiko ko atari umunyarwanda ahubwo ari umubiligi.

Rusesabagina, umutetsi waje kuba umushoferi wa Tax yaje gukina Film yamwitiriwe yumva yabaye igihangange ku buryo yumvaga umwanya usigaye ari ukuyobora igihugu, yashinze umutwe w’iterabwoba aziko abo yavugaga yirata ibigwi bitari ibye bose bazamujya inyuma. Usibye kurimbuka ku mutwe we, wishe abaturage abandi bagakomereka mu majyepfo y’igihugu nyuma y’ibitero bakoze, Rusesabagina amaze kubona ko byakomeye none iturufu yabaye ko ari umubiligi aho yageze agiye gushaka amaramuko atarateka imitwe ngo abe umuherwe.

Mbere yuko urubanza mu mizi rutangira, Rusesabagina arashaka gutinza urubanza kuko aziko ibimenyetso simusiga byafatiwe iwe mu Bubiligi ndetse agafatanwa ibimenyetso bikomeye harimo ibikoresho nka telephone zigendanwa n’ibindi. Impamvu Rusesabagina yafatanwe atinya ibimenyetso nuko yafashwe yitwaje ibyangombwa byose bya FLN/MRCD ku buryo bw’ikoranabuhanga. Yaguwe gitumo kuko aho yari yiteguye kujya siho yisanze.

Gutinza urubanza rero, uri umugabo w’imyaka 66 y’amavuko abikura ku bandi banyabyaha baratindije urubanza bakamara kabiri. Aha twavuga mu Rwanda nka Mugesera Leon, Uwinkindi Jean, Munyagishari Bernard, abajenosideri bari iburayi nka Munyeshyaka, Charles Ndereyehe, Marcel Sebatware n’abandi bahora baburana ifatwa cyangwa ifungurwa imyaka 10 igashira.

Duhereye kuri Mugesera, rurangiranwa wavuze ijambo muri 1992 ryateguraga kandi rigashishikariza umugambi wa Jenoside, yabanje kuburana kutazanwa mu Rwanda imyaka igera kuri 16, kugeza ubwo yiyahuzaga imiti ngo atazanwa mu Rwanda ariko bikanga bikaba ibyubusa. Mugesera yaburanaga muri Canada yitwaje abana abafashe mu ntoki ngo atere imbabazi agaragaze ko ari umubyeyi.

Yabanje kuvuga ko ijambo rye ryahinduwe hari ibyo bongeyemo kandi ijambo rifite n’amashusho. Mugesera mu rubanza rwe yashatse kurutinza kuko kuriwe yumvaga azaburana mpaka apfuye adakatiwe. Inshuro nyinshi yazaga mu rubanza akavuga ko atiteguye, akavuga ko arwaye, kugeza naho yazanaga ikibazo cy’imirire mu rubanza.
Undi twavuga ni Bernard Munyagishari. Hari ku wambere tariki ya 5 Kanama 2013, ubwo Munyagishari, Interahamwe karundura wari umukuru w’interahamwe ku Gisenyi yagezwaga bwa mbere imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga aho yatunguye benshi akavuga ko atari Umunyarwanda ari umukongomani ndetse ko atazi n’ikinyarwanda.

Ubushinjacyaha bwaje kwibutsa Munyagishari (waje nyuma gukatirwa burundu) ibyaha ashinjwa birimo gutegura umugambi wa Jenoside, ibyaha bya Jenoside gufata ku ngufu ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Umushinjacyaha muri urwo rubanza yibukije Munyagishari ko yavukiye mu Rwanda ari umunyarwanda ndetse akiga amashuri mu Kinyarwanda ndetse ko n’inama zo gutegura umugambi wa Jenoside yateguraga zakorwaga mu Kinyarwanda. Yongeyeho ko Munyagishari hari urubanza yarezwemo muri 1982 kandi rukaba rwarabaye mu Kinyarwanda. Munyagishari yafatiwe muri Kongo muri 2011, nk’abandi banyabyaha bose yashakaga gutinza urubanza.

Undi wazanye amatakirangoyi atagira aho ashingiye mu rubanza ni Pasiteri Jean Uwinkindi woherejwe mu Rwanda n’Urukiko rw’Arusha aho yanshinjwaga kurimbura imbaga y’Abatutsi kandi yaritwaga ko ari umukozi w’Imana. Yabanje kuvuga ko bamwibeshyeho ko bafashe utariwe kuko yitwa Uwinkindi Jean kandi urupapuro rumufata rwanditseho Uwinkindi Jean Bosco nyuma ubushinjacyaha bumwibutsa ko batigeze bibeshya ku muntu. Uwinkindi nawe, ukomoka ku Kibuye yaje gutungurana avugako atazi ikinyarwanda neza bityo ko aburana mu gifaransa. Urukiko rwagaragaje ko ari ugutinza urubanza ko azi neza ikinyarwanda nuko aburana urwandanze akatirwa burundu. Uwinkindi yafatiwe muri Uganda ku mazina yandi yari yiyise mu kwihishahisha ubutabera.

Amatakirangoyi y’abanyabyaha mu manza cyane cyane iza Jenoside n’iterabwoba ni ibisanzwe kugirango barebe ko bwacya kabiri.

2020-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Perezida Kagame yashimye SADC yagabanije ibibazo by’umutekano mu karere iherereyemo

Perezida Kagame yashimye SADC yagabanije ibibazo by’umutekano mu karere iherereyemo

Ubwanditsi 17 Aug 2018
APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

Ubwanditsi 16 Dec 2024
COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 08 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka
POLITIKI

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7
Amakuru

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13
Amakuru

Amafoto – APR FC yatsinze Rayon Sports 2-0 ishyiramo ikinyuranyo cy’Amanota 13

Ubwanditsi 09 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru