• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Ubwanditsi 22 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina wageze I Kigali akamera nkuwo ijuru riguyeho, yatangiye nawe kuzana amananiza mu rubanza kuko amaze kubona ko ibimenyetso simusiga by’ubushinjacyaha ntaho yabicikira bityo n’ibinyamakuru yahaye amakuru bikorana n’abanzi b’igihugu byatangiye gusiba ayo makuru kuri Internet.

Muri iki cyumweru Rusesabagina wavugaga ko afite umujinya bityo yashinze FLN kugirango abohore Abanyarwanda yaratunguranye abwira urukiko ko atari umunyarwanda ahubwo ari umubiligi.

Rusesabagina, umutetsi waje kuba umushoferi wa Tax yaje gukina Film yamwitiriwe yumva yabaye igihangange ku buryo yumvaga umwanya usigaye ari ukuyobora igihugu, yashinze umutwe w’iterabwoba aziko abo yavugaga yirata ibigwi bitari ibye bose bazamujya inyuma. Usibye kurimbuka ku mutwe we, wishe abaturage abandi bagakomereka mu majyepfo y’igihugu nyuma y’ibitero bakoze, Rusesabagina amaze kubona ko byakomeye none iturufu yabaye ko ari umubiligi aho yageze agiye gushaka amaramuko atarateka imitwe ngo abe umuherwe.

Mbere yuko urubanza mu mizi rutangira, Rusesabagina arashaka gutinza urubanza kuko aziko ibimenyetso simusiga byafatiwe iwe mu Bubiligi ndetse agafatanwa ibimenyetso bikomeye harimo ibikoresho nka telephone zigendanwa n’ibindi. Impamvu Rusesabagina yafatanwe atinya ibimenyetso nuko yafashwe yitwaje ibyangombwa byose bya FLN/MRCD ku buryo bw’ikoranabuhanga. Yaguwe gitumo kuko aho yari yiteguye kujya siho yisanze.

Gutinza urubanza rero, uri umugabo w’imyaka 66 y’amavuko abikura ku bandi banyabyaha baratindije urubanza bakamara kabiri. Aha twavuga mu Rwanda nka Mugesera Leon, Uwinkindi Jean, Munyagishari Bernard, abajenosideri bari iburayi nka Munyeshyaka, Charles Ndereyehe, Marcel Sebatware n’abandi bahora baburana ifatwa cyangwa ifungurwa imyaka 10 igashira.

Duhereye kuri Mugesera, rurangiranwa wavuze ijambo muri 1992 ryateguraga kandi rigashishikariza umugambi wa Jenoside, yabanje kuburana kutazanwa mu Rwanda imyaka igera kuri 16, kugeza ubwo yiyahuzaga imiti ngo atazanwa mu Rwanda ariko bikanga bikaba ibyubusa. Mugesera yaburanaga muri Canada yitwaje abana abafashe mu ntoki ngo atere imbabazi agaragaze ko ari umubyeyi.

Yabanje kuvuga ko ijambo rye ryahinduwe hari ibyo bongeyemo kandi ijambo rifite n’amashusho. Mugesera mu rubanza rwe yashatse kurutinza kuko kuriwe yumvaga azaburana mpaka apfuye adakatiwe. Inshuro nyinshi yazaga mu rubanza akavuga ko atiteguye, akavuga ko arwaye, kugeza naho yazanaga ikibazo cy’imirire mu rubanza.
Undi twavuga ni Bernard Munyagishari. Hari ku wambere tariki ya 5 Kanama 2013, ubwo Munyagishari, Interahamwe karundura wari umukuru w’interahamwe ku Gisenyi yagezwaga bwa mbere imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga aho yatunguye benshi akavuga ko atari Umunyarwanda ari umukongomani ndetse ko atazi n’ikinyarwanda.

Ubushinjacyaha bwaje kwibutsa Munyagishari (waje nyuma gukatirwa burundu) ibyaha ashinjwa birimo gutegura umugambi wa Jenoside, ibyaha bya Jenoside gufata ku ngufu ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Umushinjacyaha muri urwo rubanza yibukije Munyagishari ko yavukiye mu Rwanda ari umunyarwanda ndetse akiga amashuri mu Kinyarwanda ndetse ko n’inama zo gutegura umugambi wa Jenoside yateguraga zakorwaga mu Kinyarwanda. Yongeyeho ko Munyagishari hari urubanza yarezwemo muri 1982 kandi rukaba rwarabaye mu Kinyarwanda. Munyagishari yafatiwe muri Kongo muri 2011, nk’abandi banyabyaha bose yashakaga gutinza urubanza.

Undi wazanye amatakirangoyi atagira aho ashingiye mu rubanza ni Pasiteri Jean Uwinkindi woherejwe mu Rwanda n’Urukiko rw’Arusha aho yanshinjwaga kurimbura imbaga y’Abatutsi kandi yaritwaga ko ari umukozi w’Imana. Yabanje kuvuga ko bamwibeshyeho ko bafashe utariwe kuko yitwa Uwinkindi Jean kandi urupapuro rumufata rwanditseho Uwinkindi Jean Bosco nyuma ubushinjacyaha bumwibutsa ko batigeze bibeshya ku muntu. Uwinkindi nawe, ukomoka ku Kibuye yaje gutungurana avugako atazi ikinyarwanda neza bityo ko aburana mu gifaransa. Urukiko rwagaragaje ko ari ugutinza urubanza ko azi neza ikinyarwanda nuko aburana urwandanze akatirwa burundu. Uwinkindi yafatiwe muri Uganda ku mazina yandi yari yiyise mu kwihishahisha ubutabera.

Amatakirangoyi y’abanyabyaha mu manza cyane cyane iza Jenoside n’iterabwoba ni ibisanzwe kugirango barebe ko bwacya kabiri.

2020-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Kiyovu yatakaje, Musanze itsindwa na Police FC, Marines itsinda mukeba wayo Etincelles – Ibyaranze umunsi wa 3 wa #RPL

Ubwanditsi 16 Sep 2024
Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

RUSHYASHYA 07 Jul 2026
Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Ubwanditsi 25 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho  gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge
ITOHOZA

Umunyemari Nkubiri Alfred ari mu gihome akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano no kwinjiza mu gihugu ifumbire itujuje ubuziranenge

Ubwanditsi 18 Aug 2016
“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 06 Jun 2021
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru