• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ubwanditsi 12 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Uyu mugore wanze kugororoka, Ingabire Victoire akomeje kuba inyangabirama. Ubu noneho yahagurukiye kurwanya ibikorwa bigamije kubaka Kigali itekanye, isukuye, itubereye twese.

Ni umwe mu bashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta  bakanga kwimukira aho bateganyirijwe, atitaye ku buzima bubi barimo. Ese ubutabera bukwiye gukomeza kwihanganira uru rwiyenzo?

 Mu nshingano z’ubuyobozi, by’umwihariko ubw’Umujyi wa Kigali, harimo gutuza abaturage kandi bagatuzwa heza.  Ibi binyuranye n’imyumvire y’ubutegetsi bwa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bwatuzaga abaturage ahabonetse hose, hatitawe ku buzima bwabo bwatikirira mu biza. Imiryango yahitanywe n’imyuzure n’inkangu, abatwawe na za ruhurura, ntibabarika kandi birababaje.

Ingoma-ngome rero imaze guhirikwa, ubuyobozi burangajwe imbere na FPR-Inkotanyi ntibwashoboraga kwemera ko ubuzima bw’Abanyarwanda bukomeza kujya mu kaga, hashyirwa imbaraga mu mutekano, twese twishimira uyu munsi.

Iyo bavuze umutekano ariko, ntibaba bavuze gusa  kurinda inkiko z’uRwanda  no kurwanya ibikorwa by’ubugizi bwa nabi imbere mu Gihugu. Umutekano bisobanuye no gutabara abashobora kuzira imiturire mibi yagukurura impanuka, ubuzima  bw’ abantu bukaba bwazima. Nguko uko hateguwe ibishushanyo mbonera cyerekana imiturire iboneye, ituma umutekano w’Abanyarwanda urushaho gusagamba.

Nyamara nk’uko hasanzweho inyangabirama zitifuza ko uRwanda rutekana, zirimo izihora zitegura intambara, hari n’abandi bafite  imigambi yo kwangisha abaturage  Leta, bibwira ko nayo ari inzira izabafasha kugera ku butegetsi. Abo bagome bibashisha ubujiji bwa bamwe mu baturage, bakabangisha ibikorwa byo guteza imbere imibereho yabo. Mu yandi magambo babumvisha ko kubaho nabi ari”uburenganzira bwabo”.

Dufashe urugero rw’abagomba kwimurwa mu duce twa KANGONDO na KIBIRARO mu Mujyi wa Kugali, ya nkunguzi y’umugore Ingabire Victoire n’abandi basangiye imigambi mibisha, nka Rwalinda Pierre, umujenosideri uba mu Bubiligi, barashishikariza abaturage kwigomeka, kugeza n’ubwo biyemeza”gukoresha imbaraga” bakarwanya icyemezo cy’ubuyobozi. Byageze n’aho batangira kugereranya kwimurwa no gukorerwa “jenoside”! Ibi biragaragaza ko  n’ubu abayoboke ba Ingabire na FDU/FDLR ye banze guha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi, niba bashobora kuyigereranya no kwimurwa mu byari by’inyoni, ugiye kubatuza ahaberanye n’agaciro ka muntu.

Abazi kugena agaciro k’imitungo itimukanwa bahamya ko mu nzu za Kangondo na Kibiraro nta n’imwe ifite agaciro karengeje 5.000.000 Iyo nzu uretse ko iba yenda no kugwa ku bayiseseramo,  birumvikana ko itanakwiye mu murwa mukuru rwose.

Wakwibaza rero ukuntu umuntu yanga kujya mu nzu zifite amazi, amashanyarazi, amashuri  n’amavuriro hafi aho, imihanda n’ibindi byose bikenewe ngo umutu abeho neza, ugahita wumva  aba bagizi ba nabi babageze mu matwi.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda kuri iki cyumweru, Meya w’Umujyi wa Kigali, Bwana Pudence Rubingisa yasobanuye neza ko kwimura abaturage batuye ahantu habi atari umwihariko wa Kangondo na Kibiraro gusa, ko ahubwo biri muri gahunda yo kujyanisha imiturire n’igenamigambi. Uretse kuba hari abatuye ahashobora kubambura ubuzima, yavuze ko ari na ngombwa gucunga neza ubutaka buto dufite, imiturire ikajyana n’ubwiyongere bw’abaturage. 

Kuki rero abo biyita ”abatavuga rumwe n’ubutegetsi”, batareba kure ngo babone ko gutura mu mazu anyanyagiye ku misozi, mu kajagari, bikwiye gusimbuzwa amazu agerekeranye, aho imiryango amagana ishobora gutuzwa mu nyubako imwe nini kandi ndende, ifite byose, bityo tukarengera ubutaka dukoreraho ibidutunga birimo ubuhinzi n’ubworozi. Mu bihugu byinshi birimo n’ibiturusha ubutaka bunini , bahisemo gutuza abantu benshi ahantu hato kandi bagatura neza. Niba bagira ubwenge, ibi Ingabire Victoire na bagenzi be barabizi, ariko bakabyirengagiza nkana bagamije gusa guteza umwuka mubi mu gihugu.

Muri icyo kiganiro, Meya w’Umujyi wa Kigali yifashishije imibare, yerekana ko mu myaka  nka 30 iri imbere abatuye Umujyi wa Kigali bazaba basaga miliyoni eshanu(5.000.000)!! Ese bazatura he niba dukomeje kwemera ko abantu batura uko bishakiye, hagendewe ku marangamutima gusa? Kuri Ingabire Victoire n’abandi baswa bagenzi be, imyaka  30 iri imbere ni myinshi.

Kuyiteganyiriza kuri bo ngo ni uguhutaza abaturage. Hanyuma se Abanyarwanda bo muri iyo myaka, bo nta burenganzira  bwo kubaho, kandi neza, bazaba bafite?

Iyo usesenguye, usanga abiyita “abatavuga rumwe na Leta”  amaturufu yarabashiranye, nka babandi abura icyo batuka inka, ngo”dore icyo gicebe cyayo”. Banze kuva ku izima, bizirika ku myumvire y’ubutegetsi bwa Parmehutu na CDR, bwashyiraga inda imbere, iby’imibereho myiza y’abaturage ntubabaze. 

Ariko ubundi ujya guseka impundu z’urushishi ntabanza akareba imisaya yarwo? Nimwibaze Leta yemeraga ko muri Kapitali rwagati haba utujagari nka Cyahafi, Kabasengerezi, Rugenge, Kimicanga, n’utundi duce duteye isoni n’agahinda! Kuba ubwenge n’ubusirimu bwarabihishe ariko, ba “Rwabuzisoni”nibareke gukomeza kuyobya abaturage, niba batarabayobeje barasibye.

Ubuyobozi buriho bushyira imbere ineza y’umuturage, si nk’ubutegetsi bwanyu bwari bwaraguye igifu gusa.

2022-09-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Ubwanditsi 17 May 2017
Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Ubwanditsi 13 Mar 2021
Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ubwanditsi 03 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda
Mu Mahanga

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda
Amakuru

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Dec 2021
Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo
Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Ubwanditsi 16 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru