• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Mahanga

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije icyaha cya ruswa UWAYEZU Jean d’Ascension na NGABONZIZA Jean Damascene rubakatira imyaka itatu 3 y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda 80.000

UWAYEZU na NGABONZIZA bafashwe mu Ukwakira 2015 ku bufatanye n’Umuyobozi mukuru wa WASAC n’umukiriya akaba n’Umuyobozi wa Bougainvilla Hotel-Resto iherereye I Nyarutarama. Ubwo bari mu kazi ko gufungira amazi abatishyura, bageze kuri iyi Hotel basaba umuyobozi wayo amafaranga 40.000 kugira ngo batamukupira amazi kubera ideni rya 400.000 yishyuzwaga ideni we yemezaga ko Atari irye ahubwo ari iry’abakoreye muri iyo nzu mbere ye.

Nyuma yo kubemerera ayo mafaranga Byuzura David umuyobozi wa Bougainvilla Hotel-Resto yahamagaye Umuyobozi wa WASAC nawe ahamagara Police ibasha kubafatira mu cyuho bakira ayo mafaranga nayo ibata muri yombi.
Kuwa 09/12/2015 aba bombi bashikirijwe urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge aho ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa imyaka 6.

Kuri uyu wa Gatanu taliki 15/01/2016 nibwo urubanza rwasomewe mu ruhame ku cyicaro cy’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge I Nyamirambo.

Urukiko rwahamije UWAYEZU Jean d’Ascension na NGABONZIZA Jean Damascene icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa rutegeka ko buri umwe afungwa imyaka itatu kandi bakishyura ihazabu ya 80.000 FRW bafatanyije. Umucamanza Gatoni Nehemie wasomye iyi myanzuro yavuze ko UWAYEZU Jean d’Ascension na NGABONZIZA Jean Damascene bataribitabiriye isomwa ry’urubanza bazarangiriza igihano cyabo muri Gereza ya Kimironko.

Mu izina ry’Ubuyobozi bwa WASAC, Ruterana Lucien Umuyobozi wa Service z’Ubucuruzi yatangaje ko WASAC yishimiye imyanzuro yurubanza. Yavuze ko igihano cyahawe aba bakozi ari intambwe ikomeye mu kurwanya ruswa n’indi mikorere mibi muri WASAC. Lucien yaboneyeho kuburira abakozi, abafata buguzi n’abanyarwanda bose bakora ibinyuranyije n’amategeko n’amabwiriza ko hashyizweho itsinda rigizwe n’inzego z’umutekano n’abakozi ba WASAC rishinzwe kurwanya imikorere inyuranyije n’amategeko.

Twubahe Pascal ushinzwe Itangazamakuru muri WASAC

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Dec 2016
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ubwanditsi 11 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!
Amakuru

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024
UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]
INKURU NYAMUKURU

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Ubwanditsi 07 Mar 2018
RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika
INKURU NYAMUKURU

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Ubwanditsi 06 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru