• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Ubwanditsi 19 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Igihugu cya Kongo Kinshasa gihora gishinja u Rwanda ko ruri inyuma y’umutekano muke mu burasirazuba bwicyo gihugu nkuko bihora bitangwazwa na Perezida Tshisekedi n’umuvugizi wa Leta ye, Patrick Muyaya.

Ubu mu burasirazuba bw’icyo gihugu ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe cyatangaje ko imitwe igera kuri 266 ibarizwa muri ako gace harimo 14 y’abanyamahanga nka FDLR na RUD Urunana igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda. Iyo mitwe ibarizwa mu ntara eshanu ziri mu burasirazuba bwicyo gihugu arizo Ituri, Kivu y’Amajyepfo, Kivu y’Amajyaruguru, Maniema na Tanganyika.

Abadashaka ko umutekano ugaruka mu burasirazuba bwa Congo, bahora bagaruka gusa ku mutwe wa M23 uharanira uburenganzira bw’abavuga I Kinyarwanda ariko bagasiga indi mitwe igera kuri 265. Harimo umutwe wa CODECO ubarizwa muri Ituri ukaba wica abaturage bo mu bwoko bw’abahema.

Nkuko byatangajwe n’umuhuzabikorwa wa komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ariwe Tommy Tambwe, yavuze aho iyo mitwe iherereye aho intara ya Tanganyika ifite imitwe 19 ariko nta mutwe w’umunyamahanga ubarizwa muri iyo ntara. Maniema nayo ifite imitwe yitwaje intwaro 20 yose y’abakongomani, Kivu y’amajyepfo 136 harimo itanu y’inyamahanga, Kivu y’amajyaruguru ifite imitwe 64 harimo irindwi y’inyamahanga naho Ituri hari imitwe 20 harimo ibiri y’inyamahamga.

Mu mwaka wa 2013 igihe isi yose yateraniye umutwe wa M23 bakawutsinda abarwanyi bayo bagahungira mu Rwanda no muri Uganda, icyo gihugu cyari gifite imitwe yitwaje intwaro itarenga 40 none ubu imaze kwikuba hafi inshuro zirindwi. Iyo mitwe ubona idahangayikishije abayobozi bicyo gihugu kuko nibo ibinjiriza amafaranga. Usibye inyungu z’amafaranga iyi mitwe ikoreshwa no mu nyungu za politiki: Ubu Perezida Tshisekedi arakora ibishoboka byose ngo agaragaze ko igihugu cye kititeguye amatora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Ukuboza 2023.

Ikibazo cyose icyo gihugu gihura nacyo kicyegeka ku ntambara. Mu minsi yashize batangaje ko imishahara y’abakozi yakomwe mu nkokora n’intambara ya M23.

Ibyo kuba babasubiza mu buzima busanzwe abagize iyi mitwe yose byo ni inzozi kuko n’amafaranga icyo gihugu cyahawe kubera iyo gahunda yaranyerejwe maze imitwe imwe n’imwe yari yashyize intwaro hasi yibumbiye n’ahantu hamwe yishwe n’inzara maze bisubirira mu ishyamba.

Aha twavuga nka FRPI na CODECO yari yashyize intwaro hasi bajya no mu nkambi ariko kubera ubuzima bubi bisubirira mu ishyamba.

2023-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Uko ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda rikora

Uko ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda rikora

Ubwanditsi 01 Feb 2017
Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021
RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Ubwanditsi 06 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘ Amarira ‘ ya Jean Daniel Mbanda yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook
ITOHOZA

‘ Amarira ‘ ya Jean Daniel Mbanda yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Iya 4 Gicurasi 1994: FPR yandikiye Loni iyisaba kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi
Mu Rwanda

Iya 4 Gicurasi 1994: FPR yandikiye Loni iyisaba kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi

Ubwanditsi 05 May 2018
Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady  we yaba yageze mu Rwanda
POLITIKI

Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady we yaba yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru