• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Ubwanditsi 19 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Igihugu cya Kongo Kinshasa gihora gishinja u Rwanda ko ruri inyuma y’umutekano muke mu burasirazuba bwicyo gihugu nkuko bihora bitangwazwa na Perezida Tshisekedi n’umuvugizi wa Leta ye, Patrick Muyaya.

Ubu mu burasirazuba bw’icyo gihugu ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe cyatangaje ko imitwe igera kuri 266 ibarizwa muri ako gace harimo 14 y’abanyamahanga nka FDLR na RUD Urunana igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda. Iyo mitwe ibarizwa mu ntara eshanu ziri mu burasirazuba bwicyo gihugu arizo Ituri, Kivu y’Amajyepfo, Kivu y’Amajyaruguru, Maniema na Tanganyika.

Abadashaka ko umutekano ugaruka mu burasirazuba bwa Congo, bahora bagaruka gusa ku mutwe wa M23 uharanira uburenganzira bw’abavuga I Kinyarwanda ariko bagasiga indi mitwe igera kuri 265. Harimo umutwe wa CODECO ubarizwa muri Ituri ukaba wica abaturage bo mu bwoko bw’abahema.

Nkuko byatangajwe n’umuhuzabikorwa wa komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi ariwe Tommy Tambwe, yavuze aho iyo mitwe iherereye aho intara ya Tanganyika ifite imitwe 19 ariko nta mutwe w’umunyamahanga ubarizwa muri iyo ntara. Maniema nayo ifite imitwe yitwaje intwaro 20 yose y’abakongomani, Kivu y’amajyepfo 136 harimo itanu y’inyamahanga, Kivu y’amajyaruguru ifite imitwe 64 harimo irindwi y’inyamahanga naho Ituri hari imitwe 20 harimo ibiri y’inyamahamga.

Mu mwaka wa 2013 igihe isi yose yateraniye umutwe wa M23 bakawutsinda abarwanyi bayo bagahungira mu Rwanda no muri Uganda, icyo gihugu cyari gifite imitwe yitwaje intwaro itarenga 40 none ubu imaze kwikuba hafi inshuro zirindwi. Iyo mitwe ubona idahangayikishije abayobozi bicyo gihugu kuko nibo ibinjiriza amafaranga. Usibye inyungu z’amafaranga iyi mitwe ikoreshwa no mu nyungu za politiki: Ubu Perezida Tshisekedi arakora ibishoboka byose ngo agaragaze ko igihugu cye kititeguye amatora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Ukuboza 2023.

Ikibazo cyose icyo gihugu gihura nacyo kicyegeka ku ntambara. Mu minsi yashize batangaje ko imishahara y’abakozi yakomwe mu nkokora n’intambara ya M23.

Ibyo kuba babasubiza mu buzima busanzwe abagize iyi mitwe yose byo ni inzozi kuko n’amafaranga icyo gihugu cyahawe kubera iyo gahunda yaranyerejwe maze imitwe imwe n’imwe yari yashyize intwaro hasi yibumbiye n’ahantu hamwe yishwe n’inzara maze bisubirira mu ishyamba.

Aha twavuga nka FRPI na CODECO yari yashyize intwaro hasi bajya no mu nkambi ariko kubera ubuzima bubi bisubirira mu ishyamba.

2023-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Ubwanditsi 23 Oct 2016
CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

Ubwanditsi 09 Mar 2021
U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Ubwanditsi 05 Feb 2018
“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe
Amakuru

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi
INKURU NYAMUKURU

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Ubwanditsi 03 Apr 2018
Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach
SHOWBIZ

Ibyo gushimwa no kunengwa ku gitaramo cy’amateka Patient Bizimana yatumiyemo Sinach

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru