• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Ubwanditsi 15 Sep 2018 ITOHOZA

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) igiye gufunga inkambi y’abahoze mu mutwe w’abarwanyi ba FDLR bagera kuri 850 n’abavandimwe babo bitarenze Ukwakira 2018.

Kuva mu Ugushyingo 2014, abahoze ari abarwanyi ba FDLR banze gutaha, bakambika i Kisangani.

RFI yanditse ko abarwanyi 200 ba FDLR n’abantu 650 babitagaho bagomba kuva mu nkambi bitarenze ku wa 20 Ukwakira ku neza cyangwa hakoreshejwe ingufu.

Ubushobozi bwo gutunga abari mu nkambi bugenda buba iyanga bitewe n’ingengo y’imari y’ubutumwa bwa Loni yagabanutse. Kuva ku wa 31 Kanama 2018, Loni yahagaritse kubaha amazi meza n’ibyo kurya.

Umuyobozi w’abahoze muri FDLR, Mugisha Faustin, yavuze ko “Batubwiye ko Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Monusco) zahagaritse ibikorwa byose mu nkambi yacu ndetse zitazongera kutwitaho.”

Monusco yatangaga amazi n’ifunguro byo kugoboka aho bikomeye mu nkambi y’abahoze muri FDLR kuva mu 2016, izi nshingano ni iza Leta ya RDC.

Mugisha yakomeje agira ati “Uyu mwaka ubwo twakiraga itsinda ry’abo muri Guverinoma ya RDC, Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC) na Monusco bavuze ko tugomba gusubira mu gihugu cyacu. Ntibitaye ku mutekano wacu.”

Umuvugizi wa Leta ya RDC, Lambert Mende, yavuze ko u Rwanda rwijeje umutekano w’abazatahuka.

Yagize ati ‘‘Icya ngombwa ni uko twizera ko bazaba batekanye. Kuri iyo ngingo u Rwanda rwarabyijeje, twe biraduhagije. Iby’ibiganiro hagati y’impande zombi ntibitureba.’’

Yashimangiye ko imiryango y’Abanye-Congo izahitamo niba izatahana n’aba barwanyi mu Rwanda cyangwa ikaguma mu gihugu, igasubira aho yahoze ituye.

FDLR ikorera mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Congo, igizwe n’abakoze Jenoside bakibumbatiye ingengabitekerezo yayo, ndetse abayobozi bayo barihisha bikomeye kuko bashakishwa. Bashyiriweho ibihano n’Umuryango w’Abibumbye na Amerika ndetse ishyirwa mu mitwe y’iterabwoba.

U Rwanda ntirwahwemye guhamagarira abahoze muri FDLR gutaha ariko bo bakomeza kwinangira ndetse bakabwira igihugu kibacumbikiye ko bashaka koherezwa ahandi aho gutaha iwabo.

2018-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ubwanditsi 06 Jul 2023
Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Icyo Rudasingwa yapfuye na Nyamwasa cyamenyekanye

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro
Mu Rwanda

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Ubwanditsi 01 May 2017
Ibitekerezo by’abaturage ku bikwiye kwibandwaho mu Nama y’Umushyikirano
POLITIKI

Ibitekerezo by’abaturage ku bikwiye kwibandwaho mu Nama y’Umushyikirano

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga
Mu Mahanga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru