• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Ubwanditsi 15 Sep 2018 ITOHOZA

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) igiye gufunga inkambi y’abahoze mu mutwe w’abarwanyi ba FDLR bagera kuri 850 n’abavandimwe babo bitarenze Ukwakira 2018.

Kuva mu Ugushyingo 2014, abahoze ari abarwanyi ba FDLR banze gutaha, bakambika i Kisangani.

RFI yanditse ko abarwanyi 200 ba FDLR n’abantu 650 babitagaho bagomba kuva mu nkambi bitarenze ku wa 20 Ukwakira ku neza cyangwa hakoreshejwe ingufu.

Ubushobozi bwo gutunga abari mu nkambi bugenda buba iyanga bitewe n’ingengo y’imari y’ubutumwa bwa Loni yagabanutse. Kuva ku wa 31 Kanama 2018, Loni yahagaritse kubaha amazi meza n’ibyo kurya.

Umuyobozi w’abahoze muri FDLR, Mugisha Faustin, yavuze ko “Batubwiye ko Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Monusco) zahagaritse ibikorwa byose mu nkambi yacu ndetse zitazongera kutwitaho.”

Monusco yatangaga amazi n’ifunguro byo kugoboka aho bikomeye mu nkambi y’abahoze muri FDLR kuva mu 2016, izi nshingano ni iza Leta ya RDC.

Mugisha yakomeje agira ati “Uyu mwaka ubwo twakiraga itsinda ry’abo muri Guverinoma ya RDC, Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC) na Monusco bavuze ko tugomba gusubira mu gihugu cyacu. Ntibitaye ku mutekano wacu.”

Umuvugizi wa Leta ya RDC, Lambert Mende, yavuze ko u Rwanda rwijeje umutekano w’abazatahuka.

Yagize ati ‘‘Icya ngombwa ni uko twizera ko bazaba batekanye. Kuri iyo ngingo u Rwanda rwarabyijeje, twe biraduhagije. Iby’ibiganiro hagati y’impande zombi ntibitureba.’’

Yashimangiye ko imiryango y’Abanye-Congo izahitamo niba izatahana n’aba barwanyi mu Rwanda cyangwa ikaguma mu gihugu, igasubira aho yahoze ituye.

FDLR ikorera mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Congo, igizwe n’abakoze Jenoside bakibumbatiye ingengabitekerezo yayo, ndetse abayobozi bayo barihisha bikomeye kuko bashakishwa. Bashyiriweho ibihano n’Umuryango w’Abibumbye na Amerika ndetse ishyirwa mu mitwe y’iterabwoba.

U Rwanda ntirwahwemye guhamagarira abahoze muri FDLR gutaha ariko bo bakomeza kwinangira ndetse bakabwira igihugu kibacumbikiye ko bashaka koherezwa ahandi aho gutaha iwabo.

2018-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.
Amakuru

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018
Umumotari Yishe Nyina Umubyara Kubera kumuzengereza amusabaga ko bakorana imibonano mpuzabitsina
Mu Rwanda

Umumotari Yishe Nyina Umubyara Kubera kumuzengereza amusabaga ko bakorana imibonano mpuzabitsina

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru