• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki 8 Nzeri, umwe mu bayobozi ba Polisi muri Uganda Muhammad Kirumira yishwe arasiwe mu modoka hafi y’urugo rwe mu karere ka Wakiso.Yarashwe hashize amezi atatu Depite Ibrahim Abiriga na we arashwe.

Guhera mu 2012 nta munsi w’ubusa muri Uganda hatavugwa abicwa mu buryo budasobanutse nyamara iperereza ntirigire icyo rigeraho.

Mu bishwe harimo abari bakomeye mu butegetsi nk’umushinjacyaha Joan Kagezi, uwahoze ari umuvugizi wa Polisi Andrew Kaweesi n’abandi.

Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyagaragaje impamvu abantu bicwa buri munsi ariko ababigizemo ruhare ntibagaragazwe, cyifashishijwe bamwe mu bakozi b’inzego z’iperereza.

Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (CIID) nirwo rufite inshingano yo kugenza ibyaha rukagaragaza abakekwaho kubigiramo uruhare.

Icyo kinyamakuru cyaganiriye n’abagenzacyaha batandukanye bagaragaza imbogamizi n’ibibazo bituma impfu ziba ariko kumenya abazikoze bikaba ingorabahizi.

Bamwe mu bagenzacyaha bavuze ko CIID yazambijwe n’imikorere mibi, agasuzuguro, kudahabwa ingengo y’imari ihagije, ruswa, irondamoko n’imiyoborere idahwitse.

Imikorere mibi ya CIID na Museveni yemera ko ihari, kugeza ubwo urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (CMI) n’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) bisigaye bigonganra mu kugenza ibyaha.

Raporo ya Polisi umwaka ushize igaragaza ko hakiriwe amadosiye 252,065 y’abakekwaho ibyaha ariko ayakozweho iperereza ni 66,526 ari nayo yagejejwe mu nkiko. Amadosiye 185,439 ntiyigeze agezwa mu nkiko.

Mu madosiye 66,526 yagejejwe mu nkiko, abahamijwe ibyaha ni 1,419 naho amadosiye 9,613 inkiko zarayanze zivuga ko nta bimenyetso, amadosiye asigaye abayarezwemo bagirwa abere.

CIID iravangirwa

Abagenzacyaha baganiriye na Monitor bavuga ko ikizambije CIID ari ukuvangirwa n’abanyapolitiki. Bavuga ko hari amadosiye menshi bakoraho hagendewe ku mategeko bavanye ku babakuriye aho kugendera ku bunararibonye bwabo.

Bavuga ko kandi urwo rwego rugifite inkovu z’amakimbirane yahoraga hagati y’uwari umuyobozi Mukuru wa Polisi, Gen Kale Kayihura n’umuyobozi wa CIID, Grace Akullo. Ibyo byatumaga CIID igenerwa ingengo y’imari nke.

Ibi byageze n’aho Kayihura yageze igihe yigira ahantu habereye icyaha.

Abagenzacyaha banagaragaje ikibazo cyo gufata abapolisi bakirangiza imyitozo bagahabwa inshingano zo kuza kuyobora ibijyanye no kugenza ibyaha kandi nta bunararibonye.

Kubera kubura amahugurwa n’ubunararibonye, ngo bamwe mu bagenzacyaha bashya bifashisha iyicarubozo kugira ngo abakekwaho ibyaha babyemere.

Hari abagenzacyaha bakoresha amafaranga yabo

Kutabona amafaranga ahagije, bituma abagenzacyaha batabona n’ibyangombwa by’ibanze nk’amakayi n’amakaramu byo gukora akazi cyangwa bajya mu kazi bikabasaba gukoresha amafaranga yabo.

Umwe yagize ati “Iyo ikirego gitanzwe ushyirwaho igitutu cyo kugikurikirana rimwe na rimwe ubuyobozi bukaguha amafaranga. Iyo icyo gitutu gishize, gihinduka nk’ikirego cyawe; ugakoresha amafaranga yawe mu guhamagara, gufotoza inyandiko, kugura impapuro zo kwandikaho inyandikomvugo,”

Ngo hari nubwo uwatanze ikirego ari we abagenzacyaha basaba amafaranga yo kujya gukora iperereza cyangwa amafaranga agasabwa uwafashwe.

Abagenzacyaha babwiye Monitor ko ari gake umuntu wafunzwe by’agateganyo afite amafaranga asohoka atari inshuti y’abagenzacyaha.

Undi we yagereranyije bamwe mu bagenzacyaha n’abajura, ati “hari abantu benshi batabwa muri yombi nta bimenyetso bihari bifatika, ugasanga babafata nko kwinezeza cyangwa hashingiwe ku makuru atari yo y’uwatanze ikirego.”

“Ntabwo ushobora gushyira ikirego ku muntu w’inzirakarengane, ukamugeza mu rukiko kubera ko gusa ushaka kwiba imodoka ye cyangwa kumwereka ko ukaze. Hari ibirego byinshi bitaba mu madosiye ya polisi ariko ugasanga abantu bari muri kasho.”

Kubera kubura amafaranga, ngo nk’abibwe bafite amafaranga bahamagara polisi bakayishyura bakavuga amazina y’abo bakeka ubundi polisi ikajya kubafunga nta rindi perereza ryakozwe.

Umwaka wa 2017 warangiye polisi igikora iperereza ku madosiye 105,017 mu gihe amadosiye 36,633 yari agitegereje kuburanwa mu nkiko.

Andrew Felix Kaweesi wishwe arashwe
Hon. Abiriga nawe yishwe arashwe.
Afande Muhammad Kirumira n’umugore barikumwe mu modoka bishwe barashwe

 

2018-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Diaspora yariye karungu, amabanga yose y’abanzi b’u Rwanda kukarubanda, dore iby’inama ya Rusesebagina yabereye mu ibanga

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021
I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

U Rwanda n’isi hakomeje ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi, mu gihe hagaragara abayipfobya n’abayishyigikiye ku mugaragaro

RUSHYASHYA 07 Apr 2026

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    September 16, 201811:33 am -

    Mukomeze mucane uwo muriro ,amaherezo muaza kuwota,dore ahondi!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse
Uncategorized

Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse

Ubwanditsi 12 Jun 2023
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.
Amakuru

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Impamvu Abarundi bari guhungira mu Rwanda
Video Clips

Impamvu Abarundi bari guhungira mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru