• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Editorial 16 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki 8 Nzeri, umwe mu bayobozi ba Polisi muri Uganda Muhammad Kirumira yishwe arasiwe mu modoka hafi y’urugo rwe mu karere ka Wakiso.Yarashwe hashize amezi atatu Depite Ibrahim Abiriga na we arashwe.

Guhera mu 2012 nta munsi w’ubusa muri Uganda hatavugwa abicwa mu buryo budasobanutse nyamara iperereza ntirigire icyo rigeraho.

Mu bishwe harimo abari bakomeye mu butegetsi nk’umushinjacyaha Joan Kagezi, uwahoze ari umuvugizi wa Polisi Andrew Kaweesi n’abandi.

Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda cyagaragaje impamvu abantu bicwa buri munsi ariko ababigizemo ruhare ntibagaragazwe, cyifashishijwe bamwe mu bakozi b’inzego z’iperereza.

Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (CIID) nirwo rufite inshingano yo kugenza ibyaha rukagaragaza abakekwaho kubigiramo uruhare.

Icyo kinyamakuru cyaganiriye n’abagenzacyaha batandukanye bagaragaza imbogamizi n’ibibazo bituma impfu ziba ariko kumenya abazikoze bikaba ingorabahizi.

Bamwe mu bagenzacyaha bavuze ko CIID yazambijwe n’imikorere mibi, agasuzuguro, kudahabwa ingengo y’imari ihagije, ruswa, irondamoko n’imiyoborere idahwitse.

Imikorere mibi ya CIID na Museveni yemera ko ihari, kugeza ubwo urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (CMI) n’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) bisigaye bigonganra mu kugenza ibyaha.

Raporo ya Polisi umwaka ushize igaragaza ko hakiriwe amadosiye 252,065 y’abakekwaho ibyaha ariko ayakozweho iperereza ni 66,526 ari nayo yagejejwe mu nkiko. Amadosiye 185,439 ntiyigeze agezwa mu nkiko.

Mu madosiye 66,526 yagejejwe mu nkiko, abahamijwe ibyaha ni 1,419 naho amadosiye 9,613 inkiko zarayanze zivuga ko nta bimenyetso, amadosiye asigaye abayarezwemo bagirwa abere.

CIID iravangirwa

Abagenzacyaha baganiriye na Monitor bavuga ko ikizambije CIID ari ukuvangirwa n’abanyapolitiki. Bavuga ko hari amadosiye menshi bakoraho hagendewe ku mategeko bavanye ku babakuriye aho kugendera ku bunararibonye bwabo.

Bavuga ko kandi urwo rwego rugifite inkovu z’amakimbirane yahoraga hagati y’uwari umuyobozi Mukuru wa Polisi, Gen Kale Kayihura n’umuyobozi wa CIID, Grace Akullo. Ibyo byatumaga CIID igenerwa ingengo y’imari nke.

Ibi byageze n’aho Kayihura yageze igihe yigira ahantu habereye icyaha.

Abagenzacyaha banagaragaje ikibazo cyo gufata abapolisi bakirangiza imyitozo bagahabwa inshingano zo kuza kuyobora ibijyanye no kugenza ibyaha kandi nta bunararibonye.

Kubera kubura amahugurwa n’ubunararibonye, ngo bamwe mu bagenzacyaha bashya bifashisha iyicarubozo kugira ngo abakekwaho ibyaha babyemere.

Hari abagenzacyaha bakoresha amafaranga yabo

Kutabona amafaranga ahagije, bituma abagenzacyaha batabona n’ibyangombwa by’ibanze nk’amakayi n’amakaramu byo gukora akazi cyangwa bajya mu kazi bikabasaba gukoresha amafaranga yabo.

Umwe yagize ati “Iyo ikirego gitanzwe ushyirwaho igitutu cyo kugikurikirana rimwe na rimwe ubuyobozi bukaguha amafaranga. Iyo icyo gitutu gishize, gihinduka nk’ikirego cyawe; ugakoresha amafaranga yawe mu guhamagara, gufotoza inyandiko, kugura impapuro zo kwandikaho inyandikomvugo,”

Ngo hari nubwo uwatanze ikirego ari we abagenzacyaha basaba amafaranga yo kujya gukora iperereza cyangwa amafaranga agasabwa uwafashwe.

Abagenzacyaha babwiye Monitor ko ari gake umuntu wafunzwe by’agateganyo afite amafaranga asohoka atari inshuti y’abagenzacyaha.

Undi we yagereranyije bamwe mu bagenzacyaha n’abajura, ati “hari abantu benshi batabwa muri yombi nta bimenyetso bihari bifatika, ugasanga babafata nko kwinezeza cyangwa hashingiwe ku makuru atari yo y’uwatanze ikirego.”

“Ntabwo ushobora gushyira ikirego ku muntu w’inzirakarengane, ukamugeza mu rukiko kubera ko gusa ushaka kwiba imodoka ye cyangwa kumwereka ko ukaze. Hari ibirego byinshi bitaba mu madosiye ya polisi ariko ugasanga abantu bari muri kasho.”

Kubera kubura amafaranga, ngo nk’abibwe bafite amafaranga bahamagara polisi bakayishyura bakavuga amazina y’abo bakeka ubundi polisi ikajya kubafunga nta rindi perereza ryakozwe.

Umwaka wa 2017 warangiye polisi igikora iperereza ku madosiye 105,017 mu gihe amadosiye 36,633 yari agitegereje kuburanwa mu nkiko.

Andrew Felix Kaweesi wishwe arashwe
Hon. Abiriga nawe yishwe arashwe.
Afande Muhammad Kirumira n’umugore barikumwe mu modoka bishwe barashwe

 

2018-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Editorial 01 Jun 2018
Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Editorial 29 Jun 2018
Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Editorial 29 Sep 2019
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Administrator 27 Nov 2025

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    September 16, 201811:33 am -

    Mukomeze mucane uwo muriro ,amaherezo muaza kuwota,dore ahondi!

    Subiza

Leave a Reply to Lille Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida
Amakuru

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Editorial 01 Sep 2022
Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike
Amakuru

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Editorial 09 Aug 2021
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya
Mu Mahanga

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Editorial 04 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru