• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Ubwanditsi 23 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Itorwa rya Cyril Ramaphosa ku buyobozi bukuru bw’ishyaka ANC ni ubutumwa bukomeye kuri Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yuko bishoboka cyane akazisanga asaziye muri gereza.

Muri ayo matora ya Perezida wa ANC ku rwego rw’igihugu, yakozwe muri iki cyumweru, Ramaphosa yari ahanganye na Dlamin Zuma warushijweho amajwi make cyane muri ayo matora y’iryo shyaka riri ku butegetsi kuva Mata 1994.

Benshi muri Afurika y’Epfo bahamya yuko gutsindwa kwa Dlamin ahanini kwatewe n’uko yari ashyigikiwe na Jacob Zuma wayoboraga ANC akaba ari nawe Perezida wa Repubulika.

Dlamin wari umuyobozi wa Afrika y’unze ubumwe (AU) muri manda ishize yigeze no kuba umugore wa Jacob Zuma, batandukana bamaranye imyaka 14. Ramaphosa we ni Visi Perezida wa Repubulika ariko akaba yari yaritandukanyije na Perezida Zuma kubera ibirego byishi by’imyitwarire mibi, harimo ruswa, kunyuruza umutungo w’igihugu n’ibindi birimo gusambanya abagore ku ngufu no kuba ubutegetsi yarabweguriye agatsiko k’Abahinde gakize cyane muri icyo gihugu. Ramaphosa kwitandukanya na Zuma ni kimwe mu bintu byatumye akundwa cyane muri ANC.

Ni kenshi mu nteko nshingamategeko ya Afurika y’Epfo bagerageje gukuraho icyizere Perezida Zuma bikanga. Ahanini icyatumaga byanga n’uko n’abatakundaga Zuma mu badepite ba ANC babonaga yuko Perezida w’ishyaka ryabo akuwe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika muri ubwo buryo byari kuba bihaye imbaraga opozisiyo, ari nako bisenya ANC. Mu gihe rero Zuma atakiri umuyobozi wa ANC n’abo muri iryo shyaka batifuzaga yuko akurwaho icyizere nka Perezida wa Repubulika     (empeachment) bazaba bakuriweho urwitwazo rwo kuvuga ngo reka twoye kwikoza isoni turwane kuri Perezida w’ishyaka ryacu. Kuko kandi Dlamin Zuma yatsinzwe amatora, ntabwo Jacob Zuma azaba afite umuntu ukomeye wo kumurwanaho ku mugaragaro nk’uko we ubwe yirwanagaho akiri Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi. Kwa kugerageza rero kumukura ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bikananirana, noneho byashoboka akagenda mbere yuko manda ye irangira muri 2019.

Ariko Zuma atanakuweho ku gahato akarangiza iyo manda akiri ku buyobozi bw’igihugu, yazasimburwa kuri uwo mwanya na Ramaphosa uzaba atamufitiye imbabazi ku buryo ya murwanaho aramutse akurikiranywe n’inkiko kuri ibyo byaha bikomeye ashinjwa. Uko bimeze rero n’uko ubu Zuma ari umukandida ukomeye cyane wo kuba yazasaziri muri gereza nava kuri uwo mwanya wa Perezida wa Repubulika 2019. Bitabaye bityo kizaba ari igitangaza cy’imboneka rimwe. Ashobora kubabarirwa ibindi ariko ntabwo abaturage ba Afurika y’Epfo bazashobora kurezaho ngo bamureke asazane miliyoni 22 z’amadorali ashinjwa kuba yaranyuruje igihugu yubaka za nyubako za Nkhandla muri Kwazulu Natal !

Casmiry Kayumba

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Perezida Kagame yasobanuye impamvu ubufatanye bwa Afurika na BRICS ari ingenzi

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana  wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ubwanditsi 19 Mar 2019
Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Ubwanditsi 23 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018
APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.
Uncategorized

APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry’Imikino Nyafurika.

Ubwanditsi 09 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru