• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

Ubwanditsi 10 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku minsi w’ejo twabagejejeho inkuru igaragaza uko David Himbara, arimo gusebya umukandida w’u Rwanda  mubinyamakuru byo muri Canada ndetse no kuri za twitter none  arasebye kuko yari muri campain yo guharabika Madamu  Louise  Mushikiwabo  none abo yamuharabitseho muri Quebec,  bamaganye uwo bari bahanganye Michael Jean ahubwo  amahirwe bayaha Louise Mushikiwabo.

Amakuru dukesha urubuga rwa internet rukorera muri Canada  www.journaldemontreal.com, rwatangaje ko  Canada yateye umugongo uwahoze ari Guverineri Mukuru wayo, Michaëlle Jean, uri gushaka uko yatorerwa manda ya kabiri yo kuyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF

Harabura amasaha make ngo amatora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa abere mu nama y’Abakuru b’ibihugu muri Armenia.

Ibihugu birenga 80 na za Guverinoma bigomba guhitamo umuyobozi mushya hagati ya Mushikiwabo Louise uhagarariye Afurika na Michaëlle Jean.

Jean yari Umunyamabanga Mukuru wa OIF kuva mu 2014. Afite ikizamini gikomeye cyo guhigika Mushikiwabo ushyigikiwe n’u Bufaransa ndetse n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ufite ibihugu byinshi bikoresha Igifaransa.

Minisitiri w’Intebe wa Canada kuri uyu wa Kabiri nibwo yerekeje muri Armenia ahazabera iyi nama.

Canada yashyigikiye umukandida wa bose

Minisitiri wa Canada ushinzwe Ubukerarugendo, Indimi zemewe n’Umuryango wa Francophonie, Mélanie Joly,ni umwe mu bayobozi bari muri Armenia ahagiye kubera aya matora.

Yatangaje ko batagishyigikiye Jean ahubwo biyunze ku mubare munini w’ibihugu bishyigikiye Louise Mushikiwabo.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umunyamabanga we, Jeremy Ghio, rivuga ko bashima byimazeyo uruhare rwa Jean mu iterambere ry’uyu muryango by’umwihariko mu guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa ariko ko batazamujya inyuma kuri iyi nshuro.

Rigira riti “Mu mahitamo y’Umunyamabanga Mukuru utaha, Canada iziyunga ku bitekerezo rusange nk’uko ari amahame y’umuryango.”

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Canada, byatangaje ko amakuru byahawe n’abantu bo muri delegasiyo ya Canada bari muri Armenia ari uko amahirwe ya Jean yo gutsinda ari hafi zeru.

Canada ishingiye kuri ibyo, ngo ‘ntishobora kugonga igikuta’ ishyigikira kandidatire ya Jean.

Nyuma y’uko Canada itangaje ko itagishyigikiye Jean, Minisitiri w’Intebe wa Quebec, François Legault, umugabo wari umwe mu bashyigikiye uyu mugore cyane, nawe yavuze ko azashyigikira Mushikiwabo.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Quebec rigira riti “Minisitiri w’Intebe ntazashyigikira ukongerera manda Michaëlle Jean ku Bunyamabanga bwa OIF.”

Rikomeza rivuga ko Afurika ari umugabane ugaragaza neza ahazaza h’ururimi rw’igifaransa ari yo mpamvu ‘mfite ubushake bwo gushyigikira umukandida uturutse kuri uyu mugabane’.

Mushikiwabo yashimye Quebec yashyigikiye kandidatire ye

Hagati aho ariko Minisitiri w’Intebe Trudeau ku murongo wa telefone yari aherutse guhamagarira ibihugu bitandukanye gushyigikira kandidatire ya Jean.

Ubu busabe bwe bwabayeho mu mpeshyi y’uyu mwaka mu gihe habaga inama ya G7 ahitwa Charlevoix muri Canada. Gusa nabwo icyizere cy’uko Jean yazatsinda Mushikiwabo cyari gike cyane.

Mu myaka ine ishize ubwo Jean yatorerwaga kuyobora uyu muryango, ntabwo umugabane wa Afurika wari wabashije kumvikana ku mukandida umwe.

Gusa ibi si ko byagenze uyu mwaka kuko abakuru b’ibihugu bya Afurika bateye ingabo mu bitugu Mushikiwabo.

Mbere y’uko Guverinoma ya Canada itangaza aho ihagaze muri aya matora, umuvugizi wa Jean yari yavuze ko azakomeza ibikorwa byo kwiyamamaza

Umuvugizi we Bertin Leblanc yatangarije CBC News ati “Jean azakomeza kurwanirira akazi. Yifuza ko yazagenzurirwa ku mirimo ye n’umusaruro.”

Uyu mugore yakunze kunengwa uburyo akoresha amafaranga nk’Umuyobozi wa OIF. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ikinyamakuru cyitwa Quebecor cyanditse inkuru zivuga ko hafi igice cya miliyoni y’amadolari yagendeye mu kuvugurura inzu uyu mugore yari atuyemo i Paris.

Jean mu kwiregura kwe yavuze ko ayo makuru ari ibihimbano. Gusa umwe mu badepite ba Canada yavuze ko ibi ari igisebo ku gihugu.

François Legault nawe yanenze uburyo uyu mugore akoresha umutungo.

Michaëlle Jean anengwa gukoresha nabi umutungo w’uyu muryango. Yavuzwe ho gukoresha ibihumbi 500 by’amadolari mu kuvugurura inzu i Paris anagura ‘Piano’ y’ibihumbi 20 by’amadolari

 

2018-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Ubwanditsi 25 Dec 2020

Igitekerezo kimwe

  1. Lille
    October 10, 20189:31 am -

    Ubu rero murabona ko ari byiza ko Canada yanga uwayo igashyigikira uwanyu!!! Ahubwo ndi mwe narushaho gutinya!
    Abazungu ????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’
IMIKINO

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Ubwanditsi 08 Dec 2016
FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha
Mu Mahanga

FARDC iravuga ko iby’inyeshyamba zinjiye muri Rutshuru ari ibihuha

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Ubwanditsi 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru