• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyigaragambyo y’inkorabusa yagera ku ki itagezeho mu myaka 28 yose!

Imyigaragambyo y’inkorabusa yagera ku ki itagezeho mu myaka 28 yose!

Ubwanditsi 14 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru ava i Buruseli mu Bubiligi aravuga ko za mburamumaro, ziganjemo abajenosideri n’ibigarasha, zongeye “kwikinisha” ngo zirategura imyigaragambyo  yo kudobya uruzinduko rwa  Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubwo mu mpera z’iki cyumweru  azaba ari mu Bubiligi mu nama ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi n’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Abashyushye muri  ayo mateshwa, ni abayoboke wa FDU-Inkingi, impanga y’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ubu bakaba barimo gukwirakwiza amatangazo atumira  inkorabusa.

Icyakora amakuru twashoboye kumenya , ni uko hari abamaze gutangaza ko batazajya muri ayo manjwe, kuko basanga ari ugukomeza guta igihe. Aba ni abamaze kubona ko barushywa n’ubusa,  kuko ibyo bita imyigaragamyo  bamaze imyaka 28 babikora kandi ntacyo byagezeho na gito, cyane ko initabirwa n’ababarirwa ku mitwe y’intoki.

Perezida Kagame ni inkingi ya mwamba mu gutegura iyo nama yo ku rwego rwo hejuru, dore ko imyiteguro y’ibanze yabereye I Kigali mu mpera z’umwaka ushize. Ibi bigaragaza icyizere amahanga amufitiye, hashingiwe ku cyerekezo kizima yahaye uRwanda n’Afrika muri rusange. Kumva rero ngo inkorabusa zirirwa zizerera mu Burayi ziramwamagana, ni ugusetsa abantu gusa.

Hagati aho kandi, izo  nzererezi ziratayanjwa ngo zirategura imyigaragambyo, mu gihe hirya no hino ku isi, Abanyarwanda bazima barimo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu. Abasabanye muri izi mpera z’icyumweru hifashishijwe ikoranabuhanga ,   ni abatuye muri Maroc, Guinea na Tuniziya. Bose baragarutse banashima  Intwari zimanye u Rwanda , mu gihe abagome barimo n’aba bigaragambya, bari baruroshye mu rwobo. Urubyiruko rwibukijwe ko ari amaboko y’uRwanda, rusabwa kugendera kure ikintu cyose cyasubiza inyuma ubumwe n’iterambere mu Rwanda, narwo rurabishimangira.

Inzererezi rero nizikure amerwe mu isaho, kuko Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko,  batagikeneye ibibarangaza, nk’uko babigaragaje  muri ubwo busabane. Abakora ubusa ngo barigaragamya rero  nibakomeze bate igihe, Abanyarwanda bazima bakomeze barwubake, amateka azaca urubanza.

 

2022-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 14 May 2026
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Ubwanditsi 01 Feb 2024
Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Ubwanditsi 27 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?
Amakuru

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa
Amakuru

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Inzego z’umutekano zinjiza amafaranga binyuze mu bucakara bakoresha Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru