• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Mu gihe Abanyarwanda n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri rusange bakomeje gahunda yo Kwibuka ibyabaye mu minsi ijana muri 1994, aho Abahutu b’intagondwa barimburaga ubwoko Tutsi, ababigizemo uruhare nabo bakomeje gushyikirizwa ubutabera.

Ku mugoroba w’ejo, Leta y’Amerika yohereje mu Rwanda Munyenyezi Béatrice ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu akaba azwi cyane ahahoze ari muri Perefegitura Butare.

Munyenyezi ni umugore wa Arsène Shalom Ntahobali na we wahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse akatirwa n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, ICTR, ndetse akaba umukazana wa Pauline Nyaramasuhuko wahoze ari Minisitiri w’Umuryango kuva mu 1992 kugera mu 1994.

Yinjiye muri Amerika mu 1998 nyuma biza kugaragara ko acyekwaho uruhare Jenoside yakorewe Abatutsi mu wahoze ari Umujyi wa Butare.

Uyu mugore yagize uruhare muri Jenoside cyane kuri bariyeri yari hafi y’iwabo yakoragaho Interahamwe zari ziyobowe na Nyiramasuhuko Pauline, Ntahobari n’uwari Burugumesitiri wa Ngoma muri Butare, Kanyabashi Joseph n’abandi.

Urwo ruhare rumaze kugaragara ni bwo yafashwe arafungwa kuko yabeshye Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu 2013 ni bwo yakatiwe imyaka 10 y’igifungo kubera yabeshye. Iki gihano yaje kukijuririra ariko urukiko rukigumishaho.

Munyenyezi si we wa mbere wahamijwe iki cyaha muri Amerika nubwo hatabaye urubanza nyir’izina rurebana n’uruhare rwe muri Jenoside.

Byari biteganyijwe ko nyuma yo gusoza icyo gihano agomba koherezwa mu Rwanda kugira ngo akurikiranyweho uruhare rwe muri Jenoside. Bunyenyezi yagejejwe u Rwanda ku mugoroba w’ejo hagati ya saa moya na saa mbili.

Kuri uyu wa gatanu kandi nibwo Padiri Marcel Hitayezu wahungiye mu Bufaransa akanahabwa ubwenegihugu yatawe muri yombi ahatwa ibibazo n’umucamanza mu Bufaransa, ku ruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hitayezu wahoze ari Padiri wa Paruwasi Mubuga muri Karongi, Le Figaro ivuga yafashwe kuwa Gatatu tariki 14 Mata 2021, abazwa ku byaha ashinjwa bishingiye ku kwima ibiribwa abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi ya Mubuga ahubwo akabihereza interahamwe zaje kwica. Hitayezu ahakana ibyaha aregwa.

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa kuri uyu wa Gatanu bwatangaje ko Hitayezu wavutse mu 1956, yabajijwe n’umucamanza mu rugereko rwihariye rw’urukiko rwa Paris rushinzwe ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Hitayezu yari asanzwe ari umupadiri ahitwa Montlieu-la-Garde (Charente-Maritime) muri diyosezi ya La Rochelle.

Uyu mupadiri ashinjwa kuba muri Jenoside yakorewe Abatutsi yarimye ibiribwa n’amazi abatutsi bari bahungiye muri Kiliziya ya Mubuga akabihereza Interahamwe zari zije kubica.

Hitayezu ari mu bantu bashakishwa n’ubushinjacyaha bw’u Rwanda ndetse wanashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi ngo yoherezwe kuhaburanira, icyakora mu 2016 urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rwanze kumwohereza.

Mu 2019 nibwo dosiye ya Hitayezu yongeye gusubukurwa. Uyu mupadiri yavuye mu Rwanda mu 1994 ahungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yavuye mu 1998/1999 ajya mu Bufaransa.

Alain Gauthier washinze umuryango ‘Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda (CPCR)’, ugamije guharanira ubutabera no kugeza mu nkiko abakekwaho uruhare muri Jenoside bacyihishahisha yavuze ko ari amakuru meza kuba Padiri Hitayezu yatangiye gukurikiranwa.

Yakomeje avuga ko bikwiriye kuba isomo kuri Kiliziya Gatolika ikareka guha rugari abantu bayo bakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu Bufaransa ni naho haba Padiri Wenceslas Munyeshyaka wayoboraga Paruwasi ya Sainte Famille i Kigali, ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi nkuru ivuga izanwa mu Rwanda rya Bunyenyezi ndetse n’ifatwa rya Hitayezu mu Bufaransa ryashimishije abarokotse twabashije kuvugana bavuga ko nubwo imyaka 27 ari myinshi, bafite icyizere ko abakoze Jenoside bose bashikirizwa ubutabera.

2021-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka  Genocide ku bufatanye na FDLR

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka Genocide ku bufatanye na FDLR

Ubwanditsi 25 Feb 2016
U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

U Rwanda rwasabwe kugira icyo ruvuga ku ngingo y’irekurwa rya Col. Simba Aloys ufungiye ibyaha bya jenoside

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024
Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Ubwanditsi 17 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi
HIRYA NO HINO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Ubwanditsi 21 Nov 2019
Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere
Mu Mahanga

Police Handball Club yatsinze APR HBC ikomeza kuba iya mbere

Ubwanditsi 08 May 2016
FERWAFA yareze Uganda muri CAF
Mu Mahanga

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

Ubwanditsi 27 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru