• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uruzinduko rwa Perezida wa  Afurika y’epfo mu Rwanda rwaba rubaye urufunguzo rw’igaruka ry’imibanire myiza n’u Rwanda?

Uruzinduko rwa Perezida wa  Afurika y’epfo mu Rwanda rwaba rubaye urufunguzo rw’igaruka ry’imibanire myiza n’u Rwanda?

Ubwanditsi 20 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’uko Cyril Ramaphosa atorewe kuyobora Afurika y’epfo taliki ya 25 Gashyantare akanashyiraho guverinoma nshya, haravugwa ubushake  bwo kongera kubura umubano mwiza n’igihugu cy’u Rwanda.

Kuva k’ubutegetsi kwa Jacob Zuma wayoboraga Afurika y’epfo kuva 2009 , abanyarwanda benshi babibona nk’inkuru nziza ku gihugu cyabo.

Impinduka zose Ramaphosa amaze gukora ndetse n’uburyo yahuye na mugenzi we Paul Kagame ni bimwe mu bigenda bigaragaza ubushake k’urwego rwo hejuru mu kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Umunyacyubahiro wa Afurika y’epfo uri kwitabira iyi nama yatangarije Jeune Afrique ko leta zombi  zafashe icyemezo cyo gusasa inzobe kugirango haboneke umuti w’ibibazo byari biriho kugirango umubano wongere ugaruke uko wahozeho mbere.

Ibi kandi byanagaragajwe n’igikorwa Perezida Paul Kagame yakoze ubwo yasohokaga mu nama y’ababacuruzi mu masaha ajya kwegera saa sita akerekeza ku kibuga cy’indege I Kanombe kwakira ubwe mugenzi we Cyril Ramaphosa ugeze mu Rwanda ubwa mbere nyuma yo gutorerwa kuyobora Afurika y’epfo.

Aba bayobozi bombi bitezwe kugirana ibiganiro birambuye ku bibazo ibihugu byombi bihuriyeho. Ibibazo bifatwa nk’ibikomeye bikaba byarasubije inyuma umubano w’ibihugu byombi.

 Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Afurika y’epfo Lindiwe Sisulu yabwiye Jeune Afrique ko igihe kigeze ku bihugu byombi kugarura umubano mwiza byahoranye.

Afurika y’Epfo yagiye ishinjwa kuba indiri y’abarwanya Leta y’u Rwanda

Mu mpera z’umwaka wa 2013, nibwo inkuru zacicikanye mu bitangazamakuru ko Gen. Kayumba n’umuherwe Rujugiro Tribert Ayabatwa ufite ibikorwa by’ ubucruzi i Brazzaville na Centre Afrika, bombi bari mu batoranijwe guherekeza Jacob Zuma Perezida wa Afurika y’Epfo mu ruzinduko yari yagiriye muri Congo Kinshasa.

Urwo ruzinduko rwavugwaga ko rwari rugamije kuganira kuri politike, ku bukungu ndetse n’ umufatanye mu bikorwa by’ umutekano hagamijwe kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo ndetse n’ akarere muri rusange, iki gihe Congo ikaba yari iri mu ntambara ikaze na M23.

Ubwo umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo watangiraga kuzamo agatotsi, u Rwanda rwashinjaga Afurika y’Epfo gucumbikira Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeye waje kwicirwayo, aba bombi bashinze ishyaka RNC rirwanya Leta y’u Rwanda. Afurika y’Epfo nayo igashinja Leta y’u Rwanda gushaka kugirira nabi aba bayihungiyemo.

N’ubwo biri kugaragazwa ko umubano ugiye kuzuka, kugeza n’ubu Afurika y’Epfo icumbikiye Kayumba nk’impunzi, bikaba binavugwa ko akomeje ibikorwa bya politiki mu ishyaka RNC,  Leta y’u Rwanda idahwema  kugaragaza ko rikorana na FDLR gushaka guhungabanya ubusugire bw’u Rwanda.

Kayumba Nyamwasa yakomeje gukorera mu kwaha kwa Maite Nkoana-Mashabane, wasimbujwe  ku mwanya wa Ministiri w’ububanyi n’amahanga agirwa  Ministiri ushinzwe amajyambere y’icyaro. Uyu Mashabane avugwaho kuba ari incuti y’akadasohoka  ya Jacob Zuma akaba yaranigeze kuba Ambasaderi w’igihugu cye muri India  ni naho yamenyaniye na Kayumba Nyamwasa nawe wahabaye Ambasaderi mbere yo guhunga.

Abasesenguzi muri politiki baravuga ko impinduka Ramaphosa yazanye muri guverinoma nshya y’ Afurika y’epfo zigaragaza ubushake bwo kugarurira isura nziza Afurika y’epfo yari imaza kwangirika kubera Jacob Zuma uvugwaho kuba yari amaze kunanirwa kuyobora igihugu cye.

Cyiza Davidson

2018-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ubwanditsi 14 Nov 2023
Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Ubwanditsi 23 May 2018
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 May 2019
Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ubwanditsi 21 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umufaransa yavuze ku buryo Inkotanyi zafashe mpiri abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise
INKURU NYAMUKURU

Umufaransa yavuze ku buryo Inkotanyi zafashe mpiri abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe
ITOHOZA

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we
Amakuru

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Ubwanditsi 04 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru