• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Perezida Evarisito Ndayishimiye, Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, aherutse gutangaza mu ruhame ko yatanze ruswa ya miliyoni enye z’amafaranga akoreshwa mu Burundi kugira ngo abone lisansi, ibona umugabo igasiba undi mu Burundi.

Mu cyumweru gishize, ubwo yaganiraga n’abashoramari bo mu Burundi, yavuze uko Kompanyi ya Leta, SOPEBU, yamuriye ‘Cash’ ku manywa y’ihangu.

Mu busanzwe, iyo kompanyi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye kugira ngo inoze isaranganywa ry’ibikomoka kuri peteroli mu Burundi.

Umukuru w’igihugu yashinje SOPEBU gushinga isoko rya magendu rya lisansi, aho gushyira ku murongo ikibazo cyatumye igihugu kibura lisansi.

Yavuze ko nk’uko Banki Nkuru y’u Burundi yashinze isoko rya baringa ry’amadevize, ari nako SOPEBU yashinze isoko ry’ibikomoka kuri peteroli.

Mu rwego rwo gukora iperereza ku bakekwaho ruswa muri iyo kompanyi, Ndayishimiye yavuze ko yohereje umuntu kujya kumuzanira litiro 10,000 za lisansi.

Umukuru w’igihugu yavuze ko uwo yatumye yahise asabwa gutanga miliyoni umunani: enye za ruswa n’izindi enye zo kugura iyo lisansi.

Izo miliyoni, Ndayishimiye yavuze ko ari we wazitanze kugira ngo abone ibimenyetso simusiga by’uko barya ruswa.

Yagize ati: ‘Njyewe, SOPEBU [Société Pétrolière du Burundi] yansabye ruswa ya miliyoni enye, njyewe ubwanjye!’

Perezida Ndayishimiye yavuze ko aho guha lisansi amasitasiyo asanzwe azicuruza, SOPEBU iyiha abantu ku giti cyabo batanze ruswa, bakamenya aho bajya kuyibikira.

Yavuze ko ariko bigenda no ku madevize akoreshwa mu kugura ibicuruzwa biva hanze, harimo n’ibikomoka kuri peteroli.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko Banki Nkuru y’u Burundi (BRB) idakwiriye guha abantu runaka ayo mafaranga, ko bakwiriye kuyakura mu mabanki y’ubucuruzi.

Mu gihugu cy’u Burundi, gutanga ruswa no kuyirya si ibintu bishya, kuko bikorwa ku manywa y’ihangu, haba ku baturage bo hasi no mu butegetsi.

Gusa, Perezida Ndayishimiye akunze kumvikana yitotombera abategetsi barya ruswa ku mugaragaro n’abanyereza umutungo w’igihugu, ariko bikarangirira mu magambo.

2025-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD

Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD

Ubwanditsi 20 Jun 2019
RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke  na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

Ubwanditsi 09 Aug 2016
France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Ubwanditsi 15 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho
ITOHOZA

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda
Amakuru

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru