• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018 UBUKUNGU

Dr. Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) ubu akaba ari mu Muryango wa Global Leadership Foundation, yavuze ko inzego za Leta muri Afurika zikwiye gutanga serivisi nziza, zikubahiriza inshingano kandi zigacunga neza iby’abaturage kuko ari byo bazitezeho.

Dr Kaberuka yatanze ubu butumwa kri uyu wa Gatandatu ubwo yari mu kiganiro ku mikorere y’inzego za Leta muri Afurika cyatangiwe mu nama y’iminsi itatu izwi nka ‘Mo Ibrahim Governance Weekend, ibera i Kigali kuva kuri uyu wa Gatanu.

Muri iki kiganiro Kaberuka yari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Johannesburg, Herman Mashaba, Dr Ibrahim Mayaki; Umuyobozi Mukuru wa gahunda y’ubufatanye bushya bwa Afurika mu iterambere (NEPAD) n’Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ibikorwa by’Umujyi wa Kampala (KCCA), Jennifer S Musisi.

Dr Kaberuka yavuze ko muri Afurika abaturage bafite ibintu bitatu basaba inzego za leta ariko nabo bafite uruhare rwo gufatanya nazo.

Yagize ati “Abaturage bifuza ibintu bitatu ku nzego za leta zigomba kuba zikora neza zitabibira amafaranga, by’umwihariko iyo banafite make, kubona serivisi bakwiye kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ibi iyo bikozwe abaturage baranyurwa.”

Umuyobozi wa KCCA, Jennifer S Musisi, asanga inzego za leta muri Afurika zikwiye guhindura imyumvire zigakorera abaturage nk’inshingano.

Yagize ati “Kugira ngo inzego za leta zitange umusaruro, dukwiye guhindura imyumvire yo kumva ko twahawe akazi ngo dukire, twahawe ububasha ngo tuzane benewacu n’inshuti zacu no kumva ko guha umuturage serivisi ari ukumupfa agasoni.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gufata akazi nk’icyubahiro n’amahirwe duhawe kugira ngo dukore impinduka, twuzuze inshingano zacu kandi tubazwe ibyo tutatunganyije n’abaturage bishyura imisoro ituma dukora.”

Musisi yongeraho ko hari ubwo usanga urubyiruko ruhezwa mu mirimo ya leta kubera imyaka, uburambe n’ibindi nyamara bafite ubushobozi, asaba ko ibihugu bya Afurika bishyiraho umurongo bigaha umwanya urubyiruko, rugatanga imbaraga zarwo n’ubushobozi mu guhindura uyu mugabane.

Kuri iyi ngingo, Dr Kaberuka yahise atanga urugero rw’aho mu Rwanda zimwe mu nzego zikora neza ari izikoramo urubyiruko.

Yagarutse ku Kigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA); Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka ndetse n’Ikigo gishinzwe iterambere (RDB), ati “Aba bantu bafite imyaka za 20 na 30 bakora neza cyane bafashijwe n’ikoranabuhanga.”

Dr Ibrahim Mayaki yavuze ko hakiri byinshi byo gukora mu gushishikariza urubyiruko gukorera leta kuko ahenshi muri Afurika ntibabishamadukira nk’uko mu Rwanda na Botswana bimeze.

Ibi biganiro biribanda ku mirimo ikorwa muri serivisi za leta mu kinyejana cya 21 muri Afurika, aho zihurira n’imiyoborere myiza n’ubuyobozi butanga umusaruro, imbogamizi zigaragara n’uburyo bwo kongera imbaraga mu mirimo ya leta hagamijwe ko igendana n’icyerekezo Isi ifite.

2018-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Perezida Kagame yashyikirijwe igihembo cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Amahitamo y’u Rwanda aza imbere y’amabwiriza aturuka ahandi – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Feb 2019
U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame
Mu Mahanga

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19
UBUKERARUGENDO

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru