• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Ubwanditsi 29 Apr 2018 UBUKUNGU

Dr. Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) ubu akaba ari mu Muryango wa Global Leadership Foundation, yavuze ko inzego za Leta muri Afurika zikwiye gutanga serivisi nziza, zikubahiriza inshingano kandi zigacunga neza iby’abaturage kuko ari byo bazitezeho.

Dr Kaberuka yatanze ubu butumwa kri uyu wa Gatandatu ubwo yari mu kiganiro ku mikorere y’inzego za Leta muri Afurika cyatangiwe mu nama y’iminsi itatu izwi nka ‘Mo Ibrahim Governance Weekend, ibera i Kigali kuva kuri uyu wa Gatanu.

Muri iki kiganiro Kaberuka yari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Johannesburg, Herman Mashaba, Dr Ibrahim Mayaki; Umuyobozi Mukuru wa gahunda y’ubufatanye bushya bwa Afurika mu iterambere (NEPAD) n’Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ibikorwa by’Umujyi wa Kampala (KCCA), Jennifer S Musisi.

Dr Kaberuka yavuze ko muri Afurika abaturage bafite ibintu bitatu basaba inzego za leta ariko nabo bafite uruhare rwo gufatanya nazo.

Yagize ati “Abaturage bifuza ibintu bitatu ku nzego za leta zigomba kuba zikora neza zitabibira amafaranga, by’umwihariko iyo banafite make, kubona serivisi bakwiye kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ibi iyo bikozwe abaturage baranyurwa.”

Umuyobozi wa KCCA, Jennifer S Musisi, asanga inzego za leta muri Afurika zikwiye guhindura imyumvire zigakorera abaturage nk’inshingano.

Yagize ati “Kugira ngo inzego za leta zitange umusaruro, dukwiye guhindura imyumvire yo kumva ko twahawe akazi ngo dukire, twahawe ububasha ngo tuzane benewacu n’inshuti zacu no kumva ko guha umuturage serivisi ari ukumupfa agasoni.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gufata akazi nk’icyubahiro n’amahirwe duhawe kugira ngo dukore impinduka, twuzuze inshingano zacu kandi tubazwe ibyo tutatunganyije n’abaturage bishyura imisoro ituma dukora.”

Musisi yongeraho ko hari ubwo usanga urubyiruko ruhezwa mu mirimo ya leta kubera imyaka, uburambe n’ibindi nyamara bafite ubushobozi, asaba ko ibihugu bya Afurika bishyiraho umurongo bigaha umwanya urubyiruko, rugatanga imbaraga zarwo n’ubushobozi mu guhindura uyu mugabane.

Kuri iyi ngingo, Dr Kaberuka yahise atanga urugero rw’aho mu Rwanda zimwe mu nzego zikora neza ari izikoramo urubyiruko.

Yagarutse ku Kigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA); Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka ndetse n’Ikigo gishinzwe iterambere (RDB), ati “Aba bantu bafite imyaka za 20 na 30 bakora neza cyane bafashijwe n’ikoranabuhanga.”

Dr Ibrahim Mayaki yavuze ko hakiri byinshi byo gukora mu gushishikariza urubyiruko gukorera leta kuko ahenshi muri Afurika ntibabishamadukira nk’uko mu Rwanda na Botswana bimeze.

Ibi biganiro biribanda ku mirimo ikorwa muri serivisi za leta mu kinyejana cya 21 muri Afurika, aho zihurira n’imiyoborere myiza n’ubuyobozi butanga umusaruro, imbogamizi zigaragara n’uburyo bwo kongera imbaraga mu mirimo ya leta hagamijwe ko igendana n’icyerekezo Isi ifite.

2018-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Ubwanditsi 07 Feb 2019
Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Ubwanditsi 16 May 2016
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Mahanga

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Apr 2016
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Ubwanditsi 17 Jul 2016
NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers
IMIKINO

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru