• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Dr Donald Kaberuka yavuze ku byo abaturage bifuza ku nzego za leta muri Afurika

Editorial 29 Apr 2018 UBUKUNGU

Dr. Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) ubu akaba ari mu Muryango wa Global Leadership Foundation, yavuze ko inzego za Leta muri Afurika zikwiye gutanga serivisi nziza, zikubahiriza inshingano kandi zigacunga neza iby’abaturage kuko ari byo bazitezeho.

Dr Kaberuka yatanze ubu butumwa kri uyu wa Gatandatu ubwo yari mu kiganiro ku mikorere y’inzego za Leta muri Afurika cyatangiwe mu nama y’iminsi itatu izwi nka ‘Mo Ibrahim Governance Weekend, ibera i Kigali kuva kuri uyu wa Gatanu.

Muri iki kiganiro Kaberuka yari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Johannesburg, Herman Mashaba, Dr Ibrahim Mayaki; Umuyobozi Mukuru wa gahunda y’ubufatanye bushya bwa Afurika mu iterambere (NEPAD) n’Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ibikorwa by’Umujyi wa Kampala (KCCA), Jennifer S Musisi.

Dr Kaberuka yavuze ko muri Afurika abaturage bafite ibintu bitatu basaba inzego za leta ariko nabo bafite uruhare rwo gufatanya nazo.

Yagize ati “Abaturage bifuza ibintu bitatu ku nzego za leta zigomba kuba zikora neza zitabibira amafaranga, by’umwihariko iyo banafite make, kubona serivisi bakwiye kandi buri wese akabazwa inshingano ze, ibi iyo bikozwe abaturage baranyurwa.”

Umuyobozi wa KCCA, Jennifer S Musisi, asanga inzego za leta muri Afurika zikwiye guhindura imyumvire zigakorera abaturage nk’inshingano.

Yagize ati “Kugira ngo inzego za leta zitange umusaruro, dukwiye guhindura imyumvire yo kumva ko twahawe akazi ngo dukire, twahawe ububasha ngo tuzane benewacu n’inshuti zacu no kumva ko guha umuturage serivisi ari ukumupfa agasoni.”

Yakomeje agira ati “Tugomba gufata akazi nk’icyubahiro n’amahirwe duhawe kugira ngo dukore impinduka, twuzuze inshingano zacu kandi tubazwe ibyo tutatunganyije n’abaturage bishyura imisoro ituma dukora.”

Musisi yongeraho ko hari ubwo usanga urubyiruko ruhezwa mu mirimo ya leta kubera imyaka, uburambe n’ibindi nyamara bafite ubushobozi, asaba ko ibihugu bya Afurika bishyiraho umurongo bigaha umwanya urubyiruko, rugatanga imbaraga zarwo n’ubushobozi mu guhindura uyu mugabane.

Kuri iyi ngingo, Dr Kaberuka yahise atanga urugero rw’aho mu Rwanda zimwe mu nzego zikora neza ari izikoramo urubyiruko.

Yagarutse ku Kigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA); Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka ndetse n’Ikigo gishinzwe iterambere (RDB), ati “Aba bantu bafite imyaka za 20 na 30 bakora neza cyane bafashijwe n’ikoranabuhanga.”

Dr Ibrahim Mayaki yavuze ko hakiri byinshi byo gukora mu gushishikariza urubyiruko gukorera leta kuko ahenshi muri Afurika ntibabishamadukira nk’uko mu Rwanda na Botswana bimeze.

Ibi biganiro biribanda ku mirimo ikorwa muri serivisi za leta mu kinyejana cya 21 muri Afurika, aho zihurira n’imiyoborere myiza n’ubuyobozi butanga umusaruro, imbogamizi zigaragara n’uburyo bwo kongera imbaraga mu mirimo ya leta hagamijwe ko igendana n’icyerekezo Isi ifite.

2018-04-29
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Editorial 27 May 2018
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Editorial 02 Dec 2018
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Editorial 04 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda
Amakuru

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Editorial 05 Aug 2023
Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC
Amakuru

Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC

Editorial 30 Dec 2022
Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi
POLITIKI

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Editorial 31 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru