• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Ubwanditsi 26 Feb 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yanenze ibyemezo bireba Umujyi wa Huye byagiye bifatwa na bamwe mu bayobozi, bikagira ingaruka mbi ku bawutuye no ku iterambere ryawo.

Yabivuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ubwo yaganiraga n’abavuga rikijyana bo mu Ntara y’Amajyepfo bari bateraniye mu Mujyi wa Huye.

Mu myaka mike ishize igice kimwe cy’Umujyi wa Huye kirimo ikizwi nko mu Cyarabu cyari cyarahindutse amatongo kuko ubuyobozi bwari bwarafunze inyubako busaba ba nyirazo kuzivugurura bakubaka amagorofa.

Kubaka amagorofa byarananiranye kuko byamaze imyaka irenga ine, abahafite inzu bavuga ko nta bushobozi bafite.

Byahumiye ku mirari mu 2013 ubwo Kaminuza za Leta zahurizwaga muri Kaminuza imwe, amashami amwe yabaga i Huye akimurirwa ahandi, abanyeshuri bakagabanyuka bigatuma abacuruzi bamwe batangira guhomba.

Mu Ukwakira 2018 habaye inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye n’abikorera yitabirwa n’abaminisitiri batandukanye, hafatwa umwanzuro ko inzu zari zarafunzwe zigomba gufungurwa zikaba zikorerwamo, ba nyirazo bahabwa imyaka itanu yo gushakisha ubushobozi bwo kubaka izijyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi.

Uwo mwaka ni nabwo hafashwe umwanzuro wo kongera abanyeshuri bigaga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda i Huye, bakava ku bihumbi bitanu bakagera ku bihumbi icumi.

Gufungirwa byavuye mu ‘mafuti n’amakosa’

Perezida Kagame yavuze ko kuba bamwe mu bafite inzu mu Mujyi wa Huye barafungiwe hagashira igihe kuvugurura byarananiranye byaraturutse ku makosa.

Ati “Bamwe bari barafungiye amaduka bavuze ko bongeye bakarekura ariko ntabwo ari uko gusa. Ngira ngo abari barafungiwe byavuye mu mafuti no mu makosa ariko ngira ngo ahari nabyo byarabakanguye.”

Yabajije abagera kuri 600 bari bateraniye aho uburyo icyemezo cyafashwe abagenerwabikorwa batabizi kugeza ubwo bibateye ibihombo.

Umwe mu bafite inzu zari zarafunzwe mu Mujyi wa Huye yavuze ko igitekerezo cyo kubafungira cyabituye hajuru batagishijwe inama.

Ati “Byatangiye kuva mu 2010. Hari haje igitekerezo cyo kugira ngo abantu bose bubake inzu zifite amagorofa atatu mu mujyi. Haje ibwirizwa rivuye mu Karere, ntabwo nzi uwarizanye kuko haje ibwiriza bucya bandika ku nzu ngo ‘Towa Towa’, baratubwira bati inzu zigomba gufungwa mukubaka amagorofa.”

Uwo mucuruzi yavuze ko ikibazo gikomeye cyabayemo ari uko babasabye kuvugurura inzu zabo nta kuganira. Ati “Benshi cyabagahuyeho bituma uyu mujyi bose bawuhunga baragenda.”

Perezida Kagame avuga ko igitekerezo cyo kuvugurura umujyi atari kibi ariko ngo byakozwe mu buryo butatekejweho neza.

Yavuze ko kwibwira ko ikintu kiri mu kuri ariko ntukibwire abandi iteka bizana ingaruka zitari nziza.

Ati “Ndibwira ko n’igitekerezo niba cyaratangiye ari kizima, nticyasobanutse neza cyangwa n’abantu bagitekereje ntibagitekereje neza ngo n’ishyirwa mu bikorwa rigende neza. Byabaye gufata ikintu kimwe mu bintu icumi ibindi byose ukabyihorera.

Yakomeje ati “Abayobozi iyo baganiriye n’abo bayobora ikintu bakakibumvisha ntabwo bigorana, n’iyo bigoranye ku mpamvu zumvikana abantu bafite uko babyifatamo neza.”

Icyakora Perezida Kagame yasabye abafite inzu bakomorewe mu mujyi Huye kutirara, ngo kuko nibadakosora ngo bakore ibyo basabwa n’ubundi bashobora kongera gufungirwa.

Amashami ya Kaminuza i Huye yagiye kubera inyungu za bamwe

Nyuma yo guhuza amashami ya Kaminuza no kwimura abanyeshuri benshi bakava i Huye, byashyize abacuruzi bamwe mu bihombo kuko benshi bahahirwaga n’abo banyeshuri.
Perezida Kagame yavuze ko yakurikiranye neza icyo kibazo, agasanga byarakozwe ku nyungu z’abantu bamwe.

Ati “Byagiye mubireba, mwese murabyihorera ndetse abandi barabishyigikira. Njya gukurikirana uko byagenze nasanze ibintu byinshi bitandukanye. Umuntu umwe, babiri, batatu akavuga ngo ubwo bimwe bigiye hariya ibindi bigasigara aha njye ntabwo nasigara hano. Agatangira kwireba ikibazo cye kikaza mbere y’icy’igihugu. Akabanza gukemura ikibazo cye ngo icy’igihugu kibe kiretse kizaza nyuma.Niho ibibazo bituruka.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko imyumvire nk’iyo ikwiriye guhinduka, abantu bakareka kwirebaho gusa kuko badashobora kumerera neza bagenzi babo babayeho nabi.

Ati “Imitekerereze yacu ntishobora gutuma dukora neza n’ibintu twumva dukwiriye kuba dukora, inyungu n’ingaruka zabyo tuzizi. Aba baturage bacu nibatamera neza , nitutabagezaho ibyo dukwiye kuba tubagezaho, kumera neza bo batameze neza ni ukwibeshya.”

Guhera mu mpera z’umwaka ushize nyuma yo gukomorerwa inzu nyinshi mu mujyi wa Huye zatangiye kuvugururwa kandi urujya n’uruza ruriyongera kuva aho abanyeshuri ba Kaminuza bongerewe.

Amafoto: Village Urugwiro

Inkuru ya IGIHE

2019-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Ubwanditsi 10 Dec 2019
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Ubwanditsi 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma
Mu Mahanga

Perezida Kagame arakira indahiro z’abayobozi bashya muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya
Mu Rwanda

Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Ubwanditsi 02 May 2017
Itangazo rya Rushyashya.net  rigenewe abasomyi
Mu Mahanga

Itangazo rya Rushyashya.net rigenewe abasomyi

Ubwanditsi 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru