• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

U Rwanda rwinjiye mu bufatanye n’ibindi bihugu mu mushinga wo kubaka icyogajur

Ubwanditsi 13 Mar 2018 IKORANABUHANGA

Umuyobozi w’Urwego Ngenzuramikorere, RURA, Lt Col Patrick Nyirishema, yatangaje ko u Rwanda ruri mu bufatanye n’ibindi bihugu, bigamije gutyaza ubumenyi mu birebana n’ibyogajuru, kugira ngo ikoranabuhanga ribishingiyeho rirushaho kubyazwa umusaruro.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo byatangajwe ko Inzego z’Abikorera mu Rwanda, Ikigo cy’Abayapani Gishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga, JICA, RURA n’Ikigo cy’Abayapani gishinzwe ibyogajuru, JAXA, bari mu bufatanye buzatuma u Rwanda rubona icyogajuru mu 2020.

Ubwo kuri uyu wa Mbere i Kigali hatangizwaga amahugurwa y’inzego zirebana n’imikorere y’ibyogajuru, Nyirishema yavuze ko kugira ngo iyo mishinga izagerweho ku Rwanda n’ibindi bihugu, hagomba kuba hari amabwiriza akurikizwa.

Yagize ati “Icyo navuga ni uko u Rwanda ruri gufatanya n’ibihugu bitandukanye mu kubaka ubushobozi, ibihugu bitandukanye n’u Buyapani burimo, ndetse no gufatanya n’ibindi bya Afurika, ari nayo mpamvu iki gikorwa cyabereye hano. Tubona ko icyogajuru ari ikintu cy’ingenzi kuri Afurika.”

“Icyogajuru hari abantu bumva ko ari ibintu bihambaye cyane, ariko ikoranabuhanga rimaze kugera ahantu gukora icyogajuru bigenda byoroha. Kera abantu bakoraga icyogajuru kinini cyane, ubu hasigaye hari utwogajuru duto abantu bakora ku giciro kitari kinini, bakaba babyohereza mu kirere.”

Akim Falou Dine ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho, (ITU), ari nacyo kigomba gutanga aya mahugurwa y’iminsi itanu, yavuze ko ibihugu bikeneye kumva neza ibisabwa ngo nabyo bigire ibyogajuru byiyubakiye.

Yakomeje agira ati “Tuzakora ibishoboka muri iki cyumweru, njye na bagenzi banjye mu gutuma izi nzozi ziba impamo, ku buryo mu gihe kitarenze imyaka ibiri, buri gihugu kiri hano kizaba kimaze kugira icyogajuru gito cyangwa kinini mu kirere.”

Ibihugu bike bya Afurika nibyo bimaze kugira ibyogajuru bito, birimo Nigeria, Kenya, Ghana, Misiri, Moroc. Misiri iteganya no kohereza icyogajuru kinini.

Akim yakomeje avuga ko ibyogajuru byitezweho gufasha cyane mu itumanaho n’isakazabumenyi, bikoroshya itumanaho kurusha iminara, bigafasha Abanyafurika kwihutisha ikoranabuhanga.

Yakomeje agira ati “Ibyogajuru bizafasha cyane mu kugera ku ntego zigamije iterambere rirambye binyuze mu itumanaho. Ubu niba uri igihugu gikennye ushobora koroshya ibikorwa nko mu buvuzi bw’iya kure, uburezi, GPS, ikoranabuhanga mu buhinzi… ni ingenzi cyane.”

Gukora icyogajuru gito ngo ntibigihenze, kuko igiciro ku cyogajuru gito cyane gishobora no kujya hagati y’ibihumbi 40-100$.

Nyirishema yavuze ko “mu minsi iri imbere” u Rwanda ruzatangaza gahunda ihari mu birebana n’umushinga wo gutangiza icyogajuru.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe itumanaho muri Afurika y’Iburasirazuba, Dr Ali Simba, yavuze ko hakiri imbogamizi mu itumanaho nko kuba ibihugu bitarabasha gukwirakwiza umurongo mugari wa internet, kandi itumanaho rimeze neza ryihutisha iterambere.

Yakomeje agira ati “Tuzi ko iyo wongereye 10% by’abagerwaho na internet bihita byongera 1.4% ku musaruro mbumbe w’igihugu. Ni ibintu dufite icyogajuru byakoroshya mu karere kose, tukongera abagerwaho na internet ubundi tukazamura umusaruro mbumbe w’ibihugu byacu.”

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe nawo uheruka kongerera imbaraga gahunda y’ibihugu yo kugira ibyogajuru, ubwo washyiragaho Africa Space Agency mu 2016.

Aya mahugurwa yitabiriwe n’abantu 57 bahagarariye ibihugu birimo u Rwanda, Tanzania, Zimbabwe, Uganda, Nigeria, Senegal, Kenya na Sudani y’Epfo, barimo abakora mu nzego ngenzuramikorere, ibigo by’itumanaho, minisiteri z’ikoranabuhanga n’ibindi bitandukanye.

Akim Falou Dine ukora muri serivisi z’ibyogajuru mu Kigo Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’Itumanaho (ITU)

Umuyobozi Mukuru wa RURA, Lt Col Patrick Nyirishema

Amahugurwa ari gutangwa n’impuguke mpuzamahanga zaturutse muri ITU

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe itumanaho muri Afurika y’Iburasirazuba (EACO), Dr Ali Simba

Ibihugu bya Afurika bifite intego yo kubaka ibyogajuru bahereye ku bito

Amahugurwa yitabiriwe n’abantu 57 barimo abakora mu nzego ngenzuramikorere, ibigo by’itumanaho na minisiteri z’ikoranabuhanga

2018-03-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira
Mu Mahanga

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi
POLITIKI

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Ubwanditsi 07 Mar 2020
Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru