• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025 Amakuru, IKORANABUHANGA, IMIKINO, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO

Kuri uyu wa Gatanu, Guverinoma y’u Rwanda n’ikipe ya  FC Bayern Munich bongereye amasezerano y’imyaka itatu (2025–2028).

Ni amasezerano agamije guteza imbere impano nshya mu mupira w’amaguru no kurushaho gushimangira ubufatanye busanzweho hagati y’impande zombi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Jan-Christian Dreesen, Umuyobozi Mukuru wa FC Bayern Munich, yagize ati:

“Mu biganiro byubaka twagiranye ku cyerekezo cy’ahazaza, twemeranyije ko igice cyihariye cy’ubu bufatanye ari ibikorwa byacu byo guteza imbere impano dukorera i Kigali binyuze muri FC Bayern Academy”.

Twiyemeje rero guhindura ubu bufatanye bukaba gahunda yihariye yo gushakisha no guteza imbere impano, no kwagura FC Bayern Academy i Kigali, aho ifite intego za siporo n’imibereho myiza. Ibi bikaba bihuye neza n’intego zacu zo guteza imbere impano z’abakinnyi muri Afurika.”

Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Development Board (RDB), nawe yagize ati: “Intsinzi ya FC Bayern Academy i Kigali ni urugero rufatika rw’ibishobora kugerwaho n’ubufatanye bwa siporo bushingiye ku igenamigambi.”.

“Tugiye kwinjira mu cyiciro gishya, aho tuzibanda ku gushakisha impano, gutanga amahugurwa ku batoza, no kongera ibikorwaremezo bya siporo.”

Ubu bufatanye kandi  buzadufasha mu murongo w’intego zacu zo gushyira u Rwanda ku ruhando rw’isi nk’igicumbi cy’ubukerarugendo, ishoramari, na siporo yo ku rwego rwo hejuru.”

Aya masezerano mashya azibanda ku kwagura ibikorwa bya FC Bayern Youth Academy i Kigali, gushyiraho gahunda zifasha urubyiruko kubona amahirwe yo gutozwa ku rwego mpuzamahanga, no gukomeza kumenyekanisha u Rwanda nk’ahantu heza ho gukorera ibikorwa bya siporo n’ishoramari.

Mu minsi ishize, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda Ndayishimiye Barthazar na David Okocebatoranyijwe mu ikipe ya Bayern Munichen y’abari munsi y’imyaka 19 ikaba ihuza abakinnyi baturutse hirya no hino ku isi aho bafite amarerero.

Ubu bufatanye kandi buje nyima yaho u Rwanda rufitanye amasezerano y’ubufatanye n’andi makipe yo ku mugabane w’i Burayi arimo Arsenal yo mu Bwongereza, Atletico Madrid yo muri Esipanye na PSG yo mi Bufaransa.

2025-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Urubyiruko rwungukiye byinshi mu musaruro w’imiyoborere myiza

Ubwanditsi 24 Aug 2023
Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Uban Boys ikoze amateka yo kuba itsinda ryambere ryegukanye Guma Guma kunshuro yayo ya 6 ibera hano mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2016
“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda
Mu Mahanga

Umunyabugeni yagaragaje abayobozi babatiza mu ndangagaciro z’ubutwari abatifuriza ibyiza u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Angella Kayihura, umugore wa Gen Kale Kayihura nawe yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’
Amakuru

Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’

RUSHYASHYA 15 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru