• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025 Amakuru, IKORANABUHANGA, IMIKINO, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO

Kuri uyu wa Gatanu, Guverinoma y’u Rwanda n’ikipe ya  FC Bayern Munich bongereye amasezerano y’imyaka itatu (2025–2028).

Ni amasezerano agamije guteza imbere impano nshya mu mupira w’amaguru no kurushaho gushimangira ubufatanye busanzweho hagati y’impande zombi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Jan-Christian Dreesen, Umuyobozi Mukuru wa FC Bayern Munich, yagize ati:

“Mu biganiro byubaka twagiranye ku cyerekezo cy’ahazaza, twemeranyije ko igice cyihariye cy’ubu bufatanye ari ibikorwa byacu byo guteza imbere impano dukorera i Kigali binyuze muri FC Bayern Academy”.

Twiyemeje rero guhindura ubu bufatanye bukaba gahunda yihariye yo gushakisha no guteza imbere impano, no kwagura FC Bayern Academy i Kigali, aho ifite intego za siporo n’imibereho myiza. Ibi bikaba bihuye neza n’intego zacu zo guteza imbere impano z’abakinnyi muri Afurika.”

Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Development Board (RDB), nawe yagize ati: “Intsinzi ya FC Bayern Academy i Kigali ni urugero rufatika rw’ibishobora kugerwaho n’ubufatanye bwa siporo bushingiye ku igenamigambi.”.

“Tugiye kwinjira mu cyiciro gishya, aho tuzibanda ku gushakisha impano, gutanga amahugurwa ku batoza, no kongera ibikorwaremezo bya siporo.”

Ubu bufatanye kandi  buzadufasha mu murongo w’intego zacu zo gushyira u Rwanda ku ruhando rw’isi nk’igicumbi cy’ubukerarugendo, ishoramari, na siporo yo ku rwego rwo hejuru.”

Aya masezerano mashya azibanda ku kwagura ibikorwa bya FC Bayern Youth Academy i Kigali, gushyiraho gahunda zifasha urubyiruko kubona amahirwe yo gutozwa ku rwego mpuzamahanga, no gukomeza kumenyekanisha u Rwanda nk’ahantu heza ho gukorera ibikorwa bya siporo n’ishoramari.

Mu minsi ishize, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda Ndayishimiye Barthazar na David Okocebatoranyijwe mu ikipe ya Bayern Munichen y’abari munsi y’imyaka 19 ikaba ihuza abakinnyi baturutse hirya no hino ku isi aho bafite amarerero.

Ubu bufatanye kandi buje nyima yaho u Rwanda rufitanye amasezerano y’ubufatanye n’andi makipe yo ku mugabane w’i Burayi arimo Arsenal yo mu Bwongereza, Atletico Madrid yo muri Esipanye na PSG yo mi Bufaransa.

2025-08-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa  Mukayisenga

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ngo ntashaka kumva umuturage wambuka imipaka ashaka serivizi yaburiye mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ngo ntashaka kumva umuturage wambuka imipaka ashaka serivizi yaburiye mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jul 2018
RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru
UBUKERARUGENDO

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019
U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru