• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

U Rwanda rurimo kurushaho kumenyekana nyuma y’imikoranire ya RDB na Arsenal

Ubwanditsi 18 Jul 2018 UBUKERARUGENDO

Kampanye yiswe “Visit Rwanda” y’Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB) kibifashijwemo n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, irimo kureshya abazaza Kwita izina abana b’Ingagi.

Umuhango ngarukamwaka wo kwita amazina abana b’ingagi 23 bavutse mu mwaka wa 2017, uteganijwe ku itariki 7 Nzeri 2018 mu Kinigi mu karere Musanze.

Mu kiganiro bahaye abanyamakuru kuri uyu wa gatatu, Abakozi ba RDB batangaje ko iyi Kampanyi yabereye ku mbuga nkoranyambaga za murandasi (internet), yatumye abantu benshi ku isi bamenya u Rwanda.

RDB ivuga ko ibi bizatuma umuhango wo Kwita izina witabirwa n’abantu badasanzwe, barimo ibyamamare bituruka hirya no hino ku isi birimo n’umukinnyi w’ikipe ya Arsenal.

Umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Belize Kaliza yahisemo gutera abantu amatsiko yanga kuvuga umukinnyi wa ya Arsenal n’ibindi byamamare bizaza, ariko ko hari abantu bakomeye bazitabira kwita izina.

Yagize ati ”Ntabwo twavuga iby’uwo mukinnyi cyangwa undi mu ‘star’ uzaza kugira ngo dutere amatsiko abantu kugeza ubwo igikorwa nyir’izina kizaba.

“Kuva umunsi tuvuga ko twagiranye ubufatanye na Arsenal, umubare w’abantu bamenyeye u Rwanda ku mbuga nkoranyamabaga n’ahandi, warazamutse ku buryo bukomeye.”

Umukozi ushinzwe amakuru muri RDB, Sanny Ntayombya avuga ko kuva tariki 23 Gicurasi kugera tariki 08 Nyakanga uyu mwaka, urubuga rwa Instagram rwa ‘VisitRwanda’ rwabaraga abantu 1,690 ariko bahise bagera ku 5,982 barukurikiye.

Urubuga rwa twitter na rwo rwakurikirwaga n’abantu 25,780, rukaba rwarahise rukurikirwa n’abagera kuri 32,352, mu gihe urwa ‘Facebook’ rwakurikirwaga n’abantu 20,240 rwongereye umubare rugira abantu 23,303.

Ntayombya asobanura ko abantu bashakishije ijambo ‘VisitRwanda’ mu rubuga rwa “google”, biyongereye ku rugero rurenga 1,000% bashakisha amahoteli n’ahandi hantu nyaburanga basura mu Rwanda.

2018-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

RUSHYASHYA 21 May 2026

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 18, 20186:32 pm -

    Ayiweeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeeee!!!!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol
IMIKINO

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Uganda: Abo Mu Muryango Wa Gen. Kayihura Baramagana Amakuru Y’uko Yaba Ashaka Kwiyahura
HIRYA NO HINO

Uganda: Abo Mu Muryango Wa Gen. Kayihura Baramagana Amakuru Y’uko Yaba Ashaka Kwiyahura

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?
IMIKINO

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru