• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Editorial 18 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Mutarama 2022 ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC bwemeje amakuru y’uko bamaze gutandukana n’uwari umutoza w’iyi kipe Mbarushimana Abdou nyuma yo kumvikana ku mpande zombi.

Nk’uko ubuyobozi bwa Bugesera FC bwabitangaje bubinyujije ku rubuga rwa Twitter ndetse no mu nyandiko igenewe abanyamakuru ndetse n’abakunzi b’iyi kipe bashimangiye aya makuru y’uko batandukanye habayeho kubyumvikana.

Bagize bati “None taliki ya 18 Mutarama 2022, ku bwumvikane bw’impande zombi, ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC n’umutoza mukuru Mbarushimana Abdou basheshe amasezerano.”

Bugesera FC kandi yavuze ko inshingano muri iyi kipe zigiye kuba zifashwe n’umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga mu gihe hagishakishwa undi mutoza uzafata Bugesra FC.

Mbarushimana Abdou atandukanye na Bugesera FC yarayigezemo mumpera z’umwaka wa 2020 ubwo hitegurwaga gutangira umwaka w’imikino wa 2020-2021 nubwo wagezaho ugahagarikwa, nyuma haje gukinwa iyi shampiyona mu buryo bw’amatsinda uyu mutoza ayifasha kuza mu makipe umunani ahatanira igikombe.

Uyu mutoza hamwe n’ikipe ya Bugesera FC batandukanye mu gihe biteguraga gukina umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda aho kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Mutarama 2022 bakazakira ikipe ya AS Kigali kuri sitade y’akarere ka Bugesera.

Usibye uyu mukino uzahuza Bugesera FC na AS Kigali, kuri uyu wa kabiri Marines FC yagombaga gukina na Espoir FC ariko uyu mukino ntabwo wabaye bitewe n’uko 23 muri 29 b’iyi kipe babasanganye ubwandu bwa Koronavirusi.

Dore uko indi mikino y’umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda izakinwa:
Ku wa Gatatu, tariki ya 19 Mutarama 2022:
Etoile de l’Est FC vs Kiyovu SC, Ngoma Stadium – 15.00
Etincelles FC vs Rayon Sports FC, Umuganda Stadium – 15.00
Bugesera FC vs AS Kigali FC, Bugesera Stadium – 15.00
APR FC vs Gorilla FC, Kigali Stadium – 15.00

Ku wa kane, tariki ya 20 Mutarama 2022:
Gicumbi FC vs Mukura VS&L, Gicumbi Stadium – 15.00
Musanze FC vs Gasogi United, Musanze Stadium – 15.00
Police FC vs Rutsiro FC, Kigali Stadium – 15.00

Abakinnyi batemerewe kugaragara kuri uyu mukino w’umunsi wa 13:
1. RUBONEKA Jean Bosco – APR FC
2. OSALUWE Olise Raphael – Bugesera FC
3. RUCOGOZA Elias – Bugesera FC
4. TWAGIRIMANA Fulgence – Espoir FC
5. AGLEBAVOR Peter – Etoile de l’Est FC
6. GARIA Paul Laab – Gicumbi FC
7. KAREMA Eric – Gorilla FC
8. KIMENYI Yves – Kiyovu SC
9. MFITUMUKIZA Nzungu – Marine FC
10. MUGIRANEZA Frodouard – Marine FC
11. HABAMAHORO Vincent – Mukurs VS&L
12. MURENZI Patrick – Mukura VS&L
13. TURATSINZE John – Police FC
14. MUGIRANEZA Jean Claude – Rutsiro FC

2022-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Evode Imena yagizwe umwere

Evode Imena yagizwe umwere

Editorial 07 Dec 2017
Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Editorial 17 Sep 2021
Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Editorial 23 Oct 2020
Azam Rwanda Primier  League irakomeza kuri uyu wa kabiri

Azam Rwanda Primier League irakomeza kuri uyu wa kabiri

Editorial 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru