• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ubwanditsi 18 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Mutarama 2022 ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC bwemeje amakuru y’uko bamaze gutandukana n’uwari umutoza w’iyi kipe Mbarushimana Abdou nyuma yo kumvikana ku mpande zombi.

Nk’uko ubuyobozi bwa Bugesera FC bwabitangaje bubinyujije ku rubuga rwa Twitter ndetse no mu nyandiko igenewe abanyamakuru ndetse n’abakunzi b’iyi kipe bashimangiye aya makuru y’uko batandukanye habayeho kubyumvikana.

Bagize bati “None taliki ya 18 Mutarama 2022, ku bwumvikane bw’impande zombi, ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC n’umutoza mukuru Mbarushimana Abdou basheshe amasezerano.”

Bugesera FC kandi yavuze ko inshingano muri iyi kipe zigiye kuba zifashwe n’umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga mu gihe hagishakishwa undi mutoza uzafata Bugesra FC.

Mbarushimana Abdou atandukanye na Bugesera FC yarayigezemo mumpera z’umwaka wa 2020 ubwo hitegurwaga gutangira umwaka w’imikino wa 2020-2021 nubwo wagezaho ugahagarikwa, nyuma haje gukinwa iyi shampiyona mu buryo bw’amatsinda uyu mutoza ayifasha kuza mu makipe umunani ahatanira igikombe.

Uyu mutoza hamwe n’ikipe ya Bugesera FC batandukanye mu gihe biteguraga gukina umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda aho kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Mutarama 2022 bakazakira ikipe ya AS Kigali kuri sitade y’akarere ka Bugesera.

Usibye uyu mukino uzahuza Bugesera FC na AS Kigali, kuri uyu wa kabiri Marines FC yagombaga gukina na Espoir FC ariko uyu mukino ntabwo wabaye bitewe n’uko 23 muri 29 b’iyi kipe babasanganye ubwandu bwa Koronavirusi.

Dore uko indi mikino y’umunsi wa 13 wa shampiyona y’u Rwanda izakinwa:
Ku wa Gatatu, tariki ya 19 Mutarama 2022:
Etoile de l’Est FC vs Kiyovu SC, Ngoma Stadium – 15.00
Etincelles FC vs Rayon Sports FC, Umuganda Stadium – 15.00
Bugesera FC vs AS Kigali FC, Bugesera Stadium – 15.00
APR FC vs Gorilla FC, Kigali Stadium – 15.00

Ku wa kane, tariki ya 20 Mutarama 2022:
Gicumbi FC vs Mukura VS&L, Gicumbi Stadium – 15.00
Musanze FC vs Gasogi United, Musanze Stadium – 15.00
Police FC vs Rutsiro FC, Kigali Stadium – 15.00

Abakinnyi batemerewe kugaragara kuri uyu mukino w’umunsi wa 13:
1. RUBONEKA Jean Bosco – APR FC
2. OSALUWE Olise Raphael – Bugesera FC
3. RUCOGOZA Elias – Bugesera FC
4. TWAGIRIMANA Fulgence – Espoir FC
5. AGLEBAVOR Peter – Etoile de l’Est FC
6. GARIA Paul Laab – Gicumbi FC
7. KAREMA Eric – Gorilla FC
8. KIMENYI Yves – Kiyovu SC
9. MFITUMUKIZA Nzungu – Marine FC
10. MUGIRANEZA Frodouard – Marine FC
11. HABAMAHORO Vincent – Mukurs VS&L
12. MURENZI Patrick – Mukura VS&L
13. TURATSINZE John – Police FC
14. MUGIRANEZA Jean Claude – Rutsiro FC

2022-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 30 Jun 2022
Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Israel igiye gufunga ibiro n’imirongo by’igitangazamakuru mpuzamahanga cya Al-Jazeera

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4
Amakuru

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte
ITOHOZA

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Ubwanditsi 31 Oct 2016
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus
IKORANABUHANGA

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru