• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Gen Kabarebe yashimye ubwitange bw’Inkeragutabara mu gukorera igihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika ushinzwe ibya Gisirikare n’Umutekano, Gen James Kabarebe, yashimye Inkeragutabara uburyo bahora biteguye kurengera u Rwanda, n’ibikorwa bitandukanye bagiramo uuruhare mu buzima bw’igihugu.

Gen Kabarebe yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yari mu Karere ka Nyabihu, mu kiganiro yagejeje ku basaga 1000 bagize Umutwe w’Inkeragutabara za RDF bo mu Turere twa Musanze na Nyabihu, bari mu mahugurwa mu Kigo cya Gisirikare cya Mukamira. Ni amahugurwa yiswe Fit For Activation (FFA), azamara ukwezi n’igice.

Yagize ati “Twese tuzi ko RDF ari ingabo zikomeye ariko zikomera kurushaho izo zifite mu nkeragutabara abantu bafite ubushake nkamwe, mushobora kwitabira igihe muhamagawe, ni ibintu byiza cyane bigaragaza ko mufite umutima wo gukorera igihugu cyanyu no kugikunda”.

Mu nyigisho yabahaye yagarutse ku rugamba rwo kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, General Kabarebe yashimye ubuyobozi bwayoboye urugamba ndetse bugashyiraho n’umusingi wo gusana igihugu.

Ati “Kuba mwese muri hano, abasezerewe muri RDF, abari muri Guverinoma yo hambere ndetse n’abari abarwanyi mu mitwe yitwaje intwaro itandukanye, ni ikigaragaza ko twageze ku bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda twarwaniye.”

Umwe mu bitabiriye aya mahurugurwa wahoze muri FDLR no muri RUD Urunana, Col Rtd Martin Nzitonda, yishimiye ko aya mahugurwa agamije kubongerera ubumenyi nk’Inkeragurabara, cyane ko igisirikare gikomeye ariigifite inkeragutabara nazo zikomeye.

Ati “Ubu ni ubwa mbere twicaranye tukigira hamwe nk’abantu babaye mu mitwe itadukanye. Turashimira ubuyobozi bw’u Rwanda kuri aya mahirwe buduhaye.”

RDF igizwe n’imitwe itatu y’Ingabo harimo Ingabo zirwanira ku butaka, Ingabo zirwanira mu Kirere n’Inkeragutabara zifite inshingano yo gutanga umusanzu aho zihamagawe. Urwego rw’Inkeragutabara rugizwe n’Ingabo zirwanira ku butaka, inzobere hamwe n’ishami rishinzwe kongera umusaruro.

Iyo abasirikare b’umwuga cyangwa bagengwa n’amasezerano barangije akazi ka gisirikare ka buri munsi, bashyirwa mu Nkeragutabara mu gihe cy’imyaka itanu ishobora kongerwa inshuro imwe gusa.

2019-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi

Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Ubwanditsi 19 May 2018
Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi ba Basketball muri Afurika ku iterambere ryayo mu bagore

Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abayobozi ba Basketball muri Afurika ku iterambere ryayo mu bagore

Ubwanditsi 28 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi
POLITIKI

Gabon: Umuhungu wa Perezida Ali Bongo yagizwe umuhuzabikorwa muri Perezidansi

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe
ITOHOZA

Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Ethiopia na Eritrea byashyize umukono ku masezerano ahagarika intambara
POLITIKI

Ethiopia na Eritrea byashyize umukono ku masezerano ahagarika intambara

Ubwanditsi 10 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru