• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo
Uhereye ibumoso Ronald Kamanzi, Claude Gatebuke na David Ndayambaje

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Ubwanditsi 14 May 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Gatebuke Claude, umutekamutwe akaba n’umuhungu wa Gatubuke Gatsinzi, ukomoka munda y’imbere ya MRND mu cyahoze muri Kayove, mu nyandiko yacu y’ubushize twabagejejeho uburyo yangaga urunuka Abatutsi bakoranaga mu cyahoze ari ONAPO. Ubu umuhungu we yirirwa avuga ko yarokotse Jenoside kumpamvu ebyiri kugirango ahakane Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo gutagatifuza abayikoze ndetse no gushaka amaronko mu bazungu yirirwa abeshya.

Nyuma yuko abonye ko ubuhamya bwe bubeshya bwatahuwe, Claude Gatebuke yirirwa abeshya abandi bantu ngo bamuhe ubuhamya bubeshya nkubwe bityo abucuruze binyuze kuri Channel ye ya YouTube, ubundi abantu babusure, yinjize udufaranga dukeya ahabwa na Google. Kuva Company ya Google itangira kwishyura abantu bafite Channel zabo bitewe n’umubare w’abazisuye, Gatebuke nawe hamwe n’ibindi bigarasha ntibyatanzwe nubu buryo bwo kubona udufaranga twintica ntikize ariko binyuze mu guhemuka.

Mu minsi yashize, Gatebuke yashutse abantu babiri ngo bamuhe ubuhamya bakabuvuga uko yabubabwiye kugirango ibyo bavuge bihure n’ibinyoma basanzwe bakwirakwiza ku mbuga zitandukanye kuri Internet.  Duhere ku musore witwa David Ndayambaje, intego nyamukuru y’ikiganiro cyangwa ubuhamya Claude Gatebuke  yateguriye David Ndayambaje ni ukugaragaza ko Leta y’u Rwanda itita ku mfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi. Gusa ibi bavuga byumvwa nabo gusa.

David Ndayambaje ni ubwo yari umwana mu gihe cya Jenoside yagakwiye kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi akamenyako abamushuka bamushakira ikibi batamushakira ineza. Ndayambaje wakwita ko yari umukozi wa CNLG kuko ariho yabaga ari cyane akaba yaritaweho by’umwihariko kurusha abandi cyane cyane ko yahoranaga ibibazo bidashira n’imyitwarire idasanzwe akenewe kwitabwaho bidasanzwe.

David Ndayambaje nawe nk’abandi bana batagira ababyeyi yakuriye mu kigo cy’imfubyi, igihe Leta yashishikarizaga gahunda yo kurera abana mu miryango, Ndayambaje nawe yashakiwe umuryango wari utuye Kimironko, ariko arabananira neza neza, akaba yarahoraga kuri CNLG, nta mukozi numwe utamuzi, hari nabakekagako afite akazi. Ndayambaje akirangiza amashuri, yisumbuye yahawe Bourse ya Leta bamwohereza kwiga muri UR/KIST, anakora ikizamini cyo kwinjira mu ishuri rya Polisi y’igihugu aragitsinda aba ariho ahitamo kujya.

Yavuyeyo ikitaraganya ku mpamvu z’ibyaha nawe azi ntagarukaho hano. Mukiganiro wagiranye na Gatebuke wavuzeko Leta y’u Rwanda yima imfubyi indangamuntu na Pasiporo, ndakumenyesha ko utari kubasha kwemererwa gukora ikizamini cya polisi utagaragaje icyemezo cy’amavuko, Indangamuntu ndetse n’icyemezo kiranga imyitwarire gitangwa na Parike.

Ibi byose Gatebuke yabikuvugishije kugirango usebanye, akubeshya kugukorera ubuvugizi. Ndakumenyesha ko na Gatebuke ari inzererezi ishakisha amaronko ku mbuga nkoranyambaga nawe ubwe atishoboye. Ikindi umenyeko gushaka ibyangombwa ubeshya ari icyaha kuko igikumwe kigaragaza ibyangombwa byawe kiri mu kigo cy’umushinga w’indangamuntu. Turi muri 2020.

Urubyiruko rwafatiwe muri P5 babwiye urukiko ko bashutswe bijejwe ibitangaza nkibyo Gatebuke ari kwemerera abantu ngo basebye inzego za Leta

Nyuma yuko wirukanywe mu ishuri rya Polisi waragarutse ubeshya CNLG ko bagusanganye indwara, CNLG yari yaragowe irongera igushakira ishuri, ukongera ukarita ukabeshya ko wabonye Bourse mu Bwongereza. Ibyo CNLG yagukoreye n’umubyeyi wakubyaye nawe ntiyabigukorera. None uheze muri Kenya, Gatebuke agushuka ngo uhemukire igihugu cyagutoraguye kirakurera kiragukuza, none aboretse igihugu nibo bari kugukoresha.

Undi Gatebuke Claude yifashishije mu rwego rwo gushaka abakurikira Youtube Channel ye,  ni Ronald Kamanzi wahoze ari umupolisi muri Polisi y’igihugu wirukanywe kubera impamvu z’imyitwarire ihabanye n’amategeko agenga Polisi y’igihugu. Uyu mupolisi nyuma yo kwirukanwa yagiye mu gihugu cya Uganda aho ari kwihishahisha aho ateze amakiriro kuri Gatebuke Claude nawe udashinga. Kamanzi yakoraga ubwambuzi butandukanye hari no kubeshya abasivili ngo bamuhe amafaranga azabashakira uburyo bazajya mu butumwa bw’amahoro, bikaba ari bimwe mubyo yafungiwe aranirukanwa.

Ronald Kamanzi, bigaragara ko yateguwe kugirango ibyo yavuze byose bihure nibyo banditse mu izina rya Kizito Mihigo. Kamanzi Ronald yumvikanye kandi mu ikiganiro na Gatebuke yifashisha igitabo cya Judi Rever. Ntibazi kwihishira mu byo bategura byose.

Mbere yuko Kamanzi na Ndayambaje bizezwa ibitangaza na Gatebuke ko azabajyana muri Amerika, basubiza amaso inyuma bakumva ubuhamya bw’urubyiruko rwafatanywe na Maj (Rtd) Habib Mudathiru, cyangwa se abafatiwe mu bitero byo mu Kinigi bo muri RUD Urunana, bose bagaragaza ko babeshwe nyuma bakaza kwisanga mu mitwe y’iterabwoba. Abari Malawi, Uganda, Zambiya…bose babwirwaga ko babonewe akazi keza. Ubu rero Gatebuke abavugishije ibyo bashaka, abizeza ibya mirenge none iminsi igiye kubereka ko bibeshye. Icyo bakoze ni ukuzamura Gatebuke kuko mu binyoma bye kuko abanyabinyoma benshi bakunda gusura channel ye. Kamanzi cyangwa Ndayambaje bazashinga imizi mu bihugu barimo bategereze Gatebuke nk’abategereje amahembe y’imbwa.

2020-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Nimudakoresha ubwonko bwanyu buzapfa ubusa -Perezida Kagame

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwanditsi 04 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.
Amakuru

Mu mukino wa gicuti ikipe ya Gasogi United yatsinzwe na Bugesera FC, umukino wa Kiyovu SC na Gorilla FC ntiwaba kubera gutinda kw’ibisubizo bya Koronavusi bya Kit Manager.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye
INKURU NYAMUKURU

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru