• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo
Uhereye ibumoso Ronald Kamanzi, Claude Gatebuke na David Ndayambaje

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Ubwanditsi 14 May 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Gatebuke Claude, umutekamutwe akaba n’umuhungu wa Gatubuke Gatsinzi, ukomoka munda y’imbere ya MRND mu cyahoze muri Kayove, mu nyandiko yacu y’ubushize twabagejejeho uburyo yangaga urunuka Abatutsi bakoranaga mu cyahoze ari ONAPO. Ubu umuhungu we yirirwa avuga ko yarokotse Jenoside kumpamvu ebyiri kugirango ahakane Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo gutagatifuza abayikoze ndetse no gushaka amaronko mu bazungu yirirwa abeshya.

Nyuma yuko abonye ko ubuhamya bwe bubeshya bwatahuwe, Claude Gatebuke yirirwa abeshya abandi bantu ngo bamuhe ubuhamya bubeshya nkubwe bityo abucuruze binyuze kuri Channel ye ya YouTube, ubundi abantu babusure, yinjize udufaranga dukeya ahabwa na Google. Kuva Company ya Google itangira kwishyura abantu bafite Channel zabo bitewe n’umubare w’abazisuye, Gatebuke nawe hamwe n’ibindi bigarasha ntibyatanzwe nubu buryo bwo kubona udufaranga twintica ntikize ariko binyuze mu guhemuka.

Mu minsi yashize, Gatebuke yashutse abantu babiri ngo bamuhe ubuhamya bakabuvuga uko yabubabwiye kugirango ibyo bavuge bihure n’ibinyoma basanzwe bakwirakwiza ku mbuga zitandukanye kuri Internet.  Duhere ku musore witwa David Ndayambaje, intego nyamukuru y’ikiganiro cyangwa ubuhamya Claude Gatebuke  yateguriye David Ndayambaje ni ukugaragaza ko Leta y’u Rwanda itita ku mfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi. Gusa ibi bavuga byumvwa nabo gusa.

David Ndayambaje ni ubwo yari umwana mu gihe cya Jenoside yagakwiye kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi akamenyako abamushuka bamushakira ikibi batamushakira ineza. Ndayambaje wakwita ko yari umukozi wa CNLG kuko ariho yabaga ari cyane akaba yaritaweho by’umwihariko kurusha abandi cyane cyane ko yahoranaga ibibazo bidashira n’imyitwarire idasanzwe akenewe kwitabwaho bidasanzwe.

David Ndayambaje nawe nk’abandi bana batagira ababyeyi yakuriye mu kigo cy’imfubyi, igihe Leta yashishikarizaga gahunda yo kurera abana mu miryango, Ndayambaje nawe yashakiwe umuryango wari utuye Kimironko, ariko arabananira neza neza, akaba yarahoraga kuri CNLG, nta mukozi numwe utamuzi, hari nabakekagako afite akazi. Ndayambaje akirangiza amashuri, yisumbuye yahawe Bourse ya Leta bamwohereza kwiga muri UR/KIST, anakora ikizamini cyo kwinjira mu ishuri rya Polisi y’igihugu aragitsinda aba ariho ahitamo kujya.

Yavuyeyo ikitaraganya ku mpamvu z’ibyaha nawe azi ntagarukaho hano. Mukiganiro wagiranye na Gatebuke wavuzeko Leta y’u Rwanda yima imfubyi indangamuntu na Pasiporo, ndakumenyesha ko utari kubasha kwemererwa gukora ikizamini cya polisi utagaragaje icyemezo cy’amavuko, Indangamuntu ndetse n’icyemezo kiranga imyitwarire gitangwa na Parike.

Ibi byose Gatebuke yabikuvugishije kugirango usebanye, akubeshya kugukorera ubuvugizi. Ndakumenyesha ko na Gatebuke ari inzererezi ishakisha amaronko ku mbuga nkoranyambaga nawe ubwe atishoboye. Ikindi umenyeko gushaka ibyangombwa ubeshya ari icyaha kuko igikumwe kigaragaza ibyangombwa byawe kiri mu kigo cy’umushinga w’indangamuntu. Turi muri 2020.

Urubyiruko rwafatiwe muri P5 babwiye urukiko ko bashutswe bijejwe ibitangaza nkibyo Gatebuke ari kwemerera abantu ngo basebye inzego za Leta

Nyuma yuko wirukanywe mu ishuri rya Polisi waragarutse ubeshya CNLG ko bagusanganye indwara, CNLG yari yaragowe irongera igushakira ishuri, ukongera ukarita ukabeshya ko wabonye Bourse mu Bwongereza. Ibyo CNLG yagukoreye n’umubyeyi wakubyaye nawe ntiyabigukorera. None uheze muri Kenya, Gatebuke agushuka ngo uhemukire igihugu cyagutoraguye kirakurera kiragukuza, none aboretse igihugu nibo bari kugukoresha.

Undi Gatebuke Claude yifashishije mu rwego rwo gushaka abakurikira Youtube Channel ye,  ni Ronald Kamanzi wahoze ari umupolisi muri Polisi y’igihugu wirukanywe kubera impamvu z’imyitwarire ihabanye n’amategeko agenga Polisi y’igihugu. Uyu mupolisi nyuma yo kwirukanwa yagiye mu gihugu cya Uganda aho ari kwihishahisha aho ateze amakiriro kuri Gatebuke Claude nawe udashinga. Kamanzi yakoraga ubwambuzi butandukanye hari no kubeshya abasivili ngo bamuhe amafaranga azabashakira uburyo bazajya mu butumwa bw’amahoro, bikaba ari bimwe mubyo yafungiwe aranirukanwa.

Ronald Kamanzi, bigaragara ko yateguwe kugirango ibyo yavuze byose bihure nibyo banditse mu izina rya Kizito Mihigo. Kamanzi Ronald yumvikanye kandi mu ikiganiro na Gatebuke yifashisha igitabo cya Judi Rever. Ntibazi kwihishira mu byo bategura byose.

Mbere yuko Kamanzi na Ndayambaje bizezwa ibitangaza na Gatebuke ko azabajyana muri Amerika, basubiza amaso inyuma bakumva ubuhamya bw’urubyiruko rwafatanywe na Maj (Rtd) Habib Mudathiru, cyangwa se abafatiwe mu bitero byo mu Kinigi bo muri RUD Urunana, bose bagaragaza ko babeshwe nyuma bakaza kwisanga mu mitwe y’iterabwoba. Abari Malawi, Uganda, Zambiya…bose babwirwaga ko babonewe akazi keza. Ubu rero Gatebuke abavugishije ibyo bashaka, abizeza ibya mirenge none iminsi igiye kubereka ko bibeshye. Icyo bakoze ni ukuzamura Gatebuke kuko mu binyoma bye kuko abanyabinyoma benshi bakunda gusura channel ye. Kamanzi cyangwa Ndayambaje bazashinga imizi mu bihugu barimo bategereze Gatebuke nk’abategereje amahembe y’imbwa.

2020-05-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda

Hahishuwe uburyo Museveni avugana na Himbara amushyigikira mu bikorwa bihungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Umutwe w’iterabwoba wa RNC urasaba Perezida w’u Burundi kuba umuhuza hagati yawo n’u Rwanda. Ese u Rwanda rwakwemera gushyikirana n’ibyihebe?

Ubwanditsi 23 Mar 2022
Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Ubwanditsi 12 May 2019
Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Sénégal ntigikoreye umwiherero i Kigali yitegutura imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari
Mu Mahanga

Umuyobozi Muri Polisi Ya Uganda Yapfiriye Mu Kabari

Ubwanditsi 18 Jul 2018
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE
Amakuru

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru