• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Amakipe abiri y’umupira w’amaguru mu Rwanda yahagaritswe umwaka

Ubwanditsi 08 Sep 2018 IMIKINO

Inteko Rusange Isanzwe y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa, yatoye umwanzuro wo guhagarika amakipe ya Nyagatare FC na Youvia WFC, ku bwo guterwa mpaga eshatu zikurikirana mu mwaka w’imikino ushize.

Mu mategeko agenda amarushanwa ategurwa na Ferwafa arimo shampiyona y’icyciro cya mbere n’icya kabiri mu bagabo n’abagore, ateganya ko ikipe itewe mpaga inshuro eshatu ihagarikwa.

Ingingo ya 89 umutwe wa mbere ugira uti “Ikipe yose yahanishijwe gutsindwa mpaga inshuro eshatu muri shampiyona kubera ko itageze ku kibuga, mu gihe kimwe cy’amarushanwa ya siporo ihita ihanishwa gutsindwa mpaga ku buryo bwa rusange ku yindi mikino y’iyo shampiyona.

Ihanishwa kandi koherezwa mu cyiciro cyo hasi ugerereranyije n’icyiciro yarimo cyangwa se igahanishwa guhagarikwa umwaka w’amarushanwa ukurikira iyo nta kindi cyiciro kiri hasi.

Ibi ni byo byakozwe mu Nama y’Inteko Rusange Isanzwe ya Ferwafa kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Nzeri 2018, aho abanyamuryango bemeza ko amakipe Nyagatare FC yo mu cyiciro cya kabiri mu bagabo na Youvia WFC yo mu cyiciro cya kabiri mu bagore zihagarikwa umwaka.

Nyuma yo gufata iki cyemezo, abayobozi b’aya makipe nabo bari bitabiriye iyi nama bahise basohorwa, banafatirwa ibihano byo guhagarikwa imyaka itanu mu bikorwa bya siporo nk’uko biteganywa n’itegeko.

Bamwe mu bayobozi b’andi makipe bagaragaje ko ikibazo cyo guterwa mpaga gishobora kuziyongera cyane mu mwaka utaha w’imikino ahanini kubera icyemezo cyo kugabanya inkunga amakipe y’Uturere yahabwaga.

Gahigi Jean Claude, Perezida wa Bugesera FC yasabye ko amafaranga ava ku muterankunga AZAM TV, yasubirwamo uko yasaranganywaga, ajya muri Ferwafa, akagabanuka hakongerwa ajya mu makipe kugira ngo azabashe kubaho.

Gusa iki cyifuzo nta cyemezo cyagifashweho ngo bikazigwa mu nama itaha.

2018-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwakuye  umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

U Rwanda rwakuye umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Koffi Olomide yagize icyo avuga kuri perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

RUSHYASHYA 06 May 2026
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aba Maneko ba Nkurunziza bafatiwe  mu cyuho mu Rwanda
Mu Rwanda

Aba Maneko ba Nkurunziza bafatiwe mu cyuho mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Sep 2016
RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Ubwanditsi 09 Jul 2018
U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)
Amakuru

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru