• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Ubwanditsi 04 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Leta ya Somaliya yandikiye igihugu cy’u Burundi bakimenyeshako ingabo zacyo zitakiri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe muri Somalia (AUSSOM), ingabo z’u Burundi zibisikanye niza Etiyopiya yemerewe kohereza ingabo muri icyo gihugu.
Kuba ingabo z’u Burundi zihawe zirukanwe si uko ubutumwa burangiye ahubwo ni uko bananiwe kuzuza inshigano kubera abasirikari babo batateguwe neza guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba ndetse n’ibikoresho bidahagije. Byavuzwe kera ko kujya mu butumwa bw’amahoro muri Somalia u Burundi bwabifashe nko guhemba abashyigikiye CNDD FDD harimo n’imbonerakure kugirango babone kumafaranga atangwa na UN binyuze muri AU.

Kuva ingabo z’u Burundi zajya muri Somalia muri 2007, zapfushije abasirikari benshi mu bitero binyuranye aha twavuga:

Igitero cyo muri Gicurasi 2022 ahitwa El Baraf mu karere ka Middle Shabelle aho umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab wayigabagaho igitero maze hicwa abasirikari benshi bicyo gihugu. Leta y’u Burundi yemeye ko yapfushije abasirikari 30 gusa ariko hari amakuru avuga ko barenga 50

Muri Nzeli 2015, ahitwa Janaale, Al Shabaab yagabye igitero ku ngabo z’u Burundi ikoresheje intwaro zikomeye n’ibisasu biturika ingabo z’u Burundi zirenga 70 zihasiga ubuzima

Muri Ukwakira 2011, mu gitero Al Shabaab yagabye ku ngabo z’u Burundi mu murwa mukuru Mogadishu ingabo z’u Burundi zirenga 50 zarishwe maze imirambo y’abasirikari b’u Burundi bayikwirakwiza mu muhanda binyura ku mateleviziyo yisi yose. Nubu amafoto aracyari kuri Internet.

Hari ikindi gitero Al Shabaab yagabye ku ngabo z’u Burundi I Mogadishu ahahoze Kaminuza Nkuru y’igihugu maze ingabo z’u Burundi 11 zihasiga ubuzima.

Ikindi gitero cya Al Shabaab ku ngabo z’u Burundi cyabaye muri Ukuboza 2014 ahitwa Beledweyne, mu ntara ya Hiiraan ingabo z’u Burundi zihasiga ubuzima nubwo hatavuzwe umubare.

Ingabo z’u Burundi kuba zisezerewe harimo no guca ruswa kuko abasirikari bahabwaga igice cy’amafaranga yabo andi Leta ikayatwara ikayakoresha mu bikorwa bitandukanye harimo amatora. Intica ntikize abasirikari bake babonaga bayagabanaga n’abasirikari bakuru babaga barabashyize kurutonde cyane cyane ko abenshi batabaga bemerewe kujya kurutonde kubera ibikorwa byabo by’ubwicanyi.

Mbere yuko ingabo z’u Burundi zoherezwa muri Somalia zabanzaga koherezwa muri Congo kurwana n’imitwe irwanya icyo gihugu ndetse na M23, ariko kuri M23 hakoherezwa abasirikari b’Abatutsi bazwi nka Ex FAB murgihe abazwi nk’aba DD boherezwa muri Somalia ngo babone agatubutse.

Kuba u Burundi busezerewe muri Somalia ni igihombo gikomeye kuri icyo gihugu kuko yari imwe munzira nkeya icyo gihugu gikura amadevize.

Ubu inzira isigaye ni ugushaka amadevise ya Tshisekedi bohereza ingabo nyinshi zijya kurwanya M23, nubwo bahasiga ubuzima ku bwinshi ibyo ntacyo bibwiye Perezida Ndayishimiye kuko akayabo aba yagafashe mbere yizeza Tshisekedi intsinzi!
Ikigaragara ibibazo by’ubukungu iki gihugu cyari gifite biraza kwiyongera.

2025-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

FERWAFA yemeje ko amakipe ya Al Merrikh, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani yo muri Sudani atangira gukina shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Oct 2025
Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa
Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Ubwanditsi 26 Jul 2017
Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika
POLITIKI

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko
Mu Rwanda

Rutsiro : Umuryango wa Nyirashuri ubabajwe n’amasambu wahugujwe hirengagijwe amategeko

Ubwanditsi 14 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru