• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Ubwanditsi 04 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Leta ya Somaliya yandikiye igihugu cy’u Burundi bakimenyeshako ingabo zacyo zitakiri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe muri Somalia (AUSSOM), ingabo z’u Burundi zibisikanye niza Etiyopiya yemerewe kohereza ingabo muri icyo gihugu.
Kuba ingabo z’u Burundi zihawe zirukanwe si uko ubutumwa burangiye ahubwo ni uko bananiwe kuzuza inshigano kubera abasirikari babo batateguwe neza guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba ndetse n’ibikoresho bidahagije. Byavuzwe kera ko kujya mu butumwa bw’amahoro muri Somalia u Burundi bwabifashe nko guhemba abashyigikiye CNDD FDD harimo n’imbonerakure kugirango babone kumafaranga atangwa na UN binyuze muri AU.

Kuva ingabo z’u Burundi zajya muri Somalia muri 2007, zapfushije abasirikari benshi mu bitero binyuranye aha twavuga:

Igitero cyo muri Gicurasi 2022 ahitwa El Baraf mu karere ka Middle Shabelle aho umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab wayigabagaho igitero maze hicwa abasirikari benshi bicyo gihugu. Leta y’u Burundi yemeye ko yapfushije abasirikari 30 gusa ariko hari amakuru avuga ko barenga 50

Muri Nzeli 2015, ahitwa Janaale, Al Shabaab yagabye igitero ku ngabo z’u Burundi ikoresheje intwaro zikomeye n’ibisasu biturika ingabo z’u Burundi zirenga 70 zihasiga ubuzima

Muri Ukwakira 2011, mu gitero Al Shabaab yagabye ku ngabo z’u Burundi mu murwa mukuru Mogadishu ingabo z’u Burundi zirenga 50 zarishwe maze imirambo y’abasirikari b’u Burundi bayikwirakwiza mu muhanda binyura ku mateleviziyo yisi yose. Nubu amafoto aracyari kuri Internet.

Hari ikindi gitero Al Shabaab yagabye ku ngabo z’u Burundi I Mogadishu ahahoze Kaminuza Nkuru y’igihugu maze ingabo z’u Burundi 11 zihasiga ubuzima.

Ikindi gitero cya Al Shabaab ku ngabo z’u Burundi cyabaye muri Ukuboza 2014 ahitwa Beledweyne, mu ntara ya Hiiraan ingabo z’u Burundi zihasiga ubuzima nubwo hatavuzwe umubare.

Ingabo z’u Burundi kuba zisezerewe harimo no guca ruswa kuko abasirikari bahabwaga igice cy’amafaranga yabo andi Leta ikayatwara ikayakoresha mu bikorwa bitandukanye harimo amatora. Intica ntikize abasirikari bake babonaga bayagabanaga n’abasirikari bakuru babaga barabashyize kurutonde cyane cyane ko abenshi batabaga bemerewe kujya kurutonde kubera ibikorwa byabo by’ubwicanyi.

Mbere yuko ingabo z’u Burundi zoherezwa muri Somalia zabanzaga koherezwa muri Congo kurwana n’imitwe irwanya icyo gihugu ndetse na M23, ariko kuri M23 hakoherezwa abasirikari b’Abatutsi bazwi nka Ex FAB murgihe abazwi nk’aba DD boherezwa muri Somalia ngo babone agatubutse.

Kuba u Burundi busezerewe muri Somalia ni igihombo gikomeye kuri icyo gihugu kuko yari imwe munzira nkeya icyo gihugu gikura amadevize.

Ubu inzira isigaye ni ugushaka amadevise ya Tshisekedi bohereza ingabo nyinshi zijya kurwanya M23, nubwo bahasiga ubuzima ku bwinshi ibyo ntacyo bibwiye Perezida Ndayishimiye kuko akayabo aba yagafashe mbere yizeza Tshisekedi intsinzi!
Ikigaragara ibibazo by’ubukungu iki gihugu cyari gifite biraza kwiyongera.

2025-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Ubwanditsi 24 Oct 2018
Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye

Ubwanditsi 26 Dec 2017
Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Mu Mafoto : Burasa Jean Gualbert yasezeweho bwa nyuma

Mu Mafoto : Burasa Jean Gualbert yasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 09 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zo mu mutwe w’ingabo zikora ibikorwa bidasanzwe (Special Forces) zatabaye ingabo z’u Burundi ziturutse mu bilometero 70 mu gihugu cya Centrafrique
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zo mu mutwe w’ingabo zikora ibikorwa bidasanzwe (Special Forces) zatabaye ingabo z’u Burundi ziturutse mu bilometero 70 mu gihugu cya Centrafrique

Ubwanditsi 03 Jan 2021
Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki
ITOHOZA

Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki

Ubwanditsi 30 May 2017
Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?
INKURU NYAMUKURU

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru