• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze

RUSHYASHYA 05 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Byahishuwe ko Leta y’u Burundi yateguye kandi itanga imyitozo, kandi iyobora abagabye igitero cy’abitwaje intwaro cyatwaye ubuzima bw’abasivili 14 mu Karere ka Musanze mu Ukwakira 2019, abandi benshi bagakomereka.

Ibi bigaragara muri raporo y’ibanga yakozwe n’urwego rw’ubutasi rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Gashyantare 2019, isobanura birambuye ibikorwa by’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya ‘P5’ ryashinzwe kugira ngo rikureho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Iyi nyandiko ivuga ko iri huriro ryari rigizwe n’imitwe irimo RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, FDU-Inkingi yayobowe na Victoire Ingabire Umuhoza, CNRD-FLN ya Paul Rusesabagina, RUD-Urunana ya Nshimiyimana Cassien na FDLR iyobowe na Byiringiro Victor.

Icyo gihe Leta ya RDC yemeje ko Leta y’u Burundi yatoreje abarwanyi b’iri huriro mu kigo cya gisirikare cyari mu gace ka Bijabo, Gurupoma ya Balala-Sud, Segiteri ya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo.

Mu ijoro ryo ku wa 22 Mutarama 2019, abarwanyi ba FDLR barenga 1500 bavuye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru, berekeza mu gace ka Shanje muri Lowa-Numbi muri Sheferi ya Buhavu, kugira ngo bihuze n’abandi bo muri P5 iyobowe na Nyamwasa.

Iyi raporo igaragaza ko iri huriro ryashakaga gushyira ibirindiro mu Burundi, maze rigatera u Rwanda, rishyigikiwe mu buryo bw’ibikoresho na Leta y’u Burundi icyo gihe yayoborwaga na Pierre Nkurunziza, ikaba ari na yo ihuza ibikorwa byaryo.

Ambasaderi Agricole Ntirampeba icyo gihe wari Umujyanama wa Perezida Nkurunziza, ni we wari ushinzwe guhuza ibikorwa bya FDLR mu Karere. Bigaragara ko yari ashinzwe gufasha imitwe ya P5 gukorana kugira ngo bigire ubushobozi bwo guhungabanya umutekano w’u Rwanda no gukuraho ubutegetsi bwarwo.

Muri Ukwakira 2019, abagera kuri 67 baturutse mu mitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na P5, cyane cyane RUD-Urunana, binjiye mu Rwanda banyuze muri Pariki y’Ibirunga, ahaherera mu Murenge wa Kinigi, hafi y’urubibi rw’Igihugu na RDC.

Nk’uko imibare ya Leta y’u Rwanda ibigaragaza, abo bagizi ba nabi bishe abaturage 14, bakomeretsa abandi babarirwa mu magana. Inzu n’ubucuruzi byarasahuwe, amaduka arangizwa, ibiribwa birasahurwa.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zatangije ibikorwa byo guhiga aba bagizi ba nabi, zica bamwe abandi zirabafata.

Abafashwe bagejejwe mu Rukiko rwa Gisirikare i Kigali. Ubushinjacyaha bwabashinje ibyaha birimo kuba mu mutwe w’ingabo utemewe, kugerageza gushoza intambara hagamijwe guhirika ubutegetsi n’iterabwoba.

Ubufatanye bw’u Burundi na FDLR

Ubufatanye bw’u Burundi na FDLR bumaze igihe kirekire. Raporo zerekana ko iki gihugu cyahaye icumbi abagize uyu mutwe w’iterabwoba kandi ko bimwe mu bikorwa by’ubucuruzi byawo bikorerwa muri iki gihugu.

Bivugwa ko Ambasaderi w’u Burundi i Kinshasa, Agricole Ntirampeba, yafashije mu koroshya itumanaho hagati ya Perezida Félix Tshisekedi na FDLR, bigatuma habaho ibikorwa bya gisirikare bihuriweho by’ingabo za RDC, FDLR yashinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’Ingabo z’u Burundi kugira ngo birwanye ihuriro AFC/M23.

Ku wa 5 Ukuboza 2019, uwari umuyobozi wa CNRD/FLN, Lt. Gen. Wilson Irategeka, yafashijwe n’abayobozi b’u Burundi kujya kwivuriza i Bujumbura anyuze i Nyangezi-Ngomo na Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo.

Ingabo za RDC zikorera muri Kivu y’Amajyepfo zafashije Lt Gen Irategeka, zimutwara kuri moto mu gihe yajyaga kwivuza, zinamurindira umutekano.

Mu minsi ishize ubwo Perezida Évariste Ndayishimiye yabazwaga ku bufatanye bw’u Burundi na FDLR, yabwemeje yifashishije umugani ugira uti “Umwanzi w’umwanzi wanjye ni inshuti yanjye.”

Nubwo Ndayishimiye yigira nk’inzirakarengane mu karere, abamunenga bavuga ko imyitwarire ye n’ubufatanye budahagarara n’imitwe yitwaje intwaro byagize uruhare mu guhungabanya umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Bamwe mu bagabye igitero i Musanze bafashwe n’inzego z’umutekano

Bamwe mu bagabye igitero i Musanze baburanishijwe n’Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kigali

2026-03-05
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Ubwanditsi 12 Apr 2021
Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi
HIRYA NO HINO

Diamond yatawe muri yombi aryozwa amashusho yasakaje asomana n’inkumi

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!
Amakuru

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Ubwanditsi 17 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru