• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Uyu mugome wari uwa gatatu mu butegetsi bw’umutwe w’abajenosideri wa FDLR, dore ko yari ashinzwe ibikorwa bya girikari, kuri uyu wa gatatu yarasiwe muri Teritwari ya Masisi, mu ntambara ikomeje guca ibintu hagati ya M23 n’abarwanirira Tshisekedi, barimo na FDLR.

Amakuru dukesha abari ku rugamba ndetse biboneye umurambo we, aravuga ko Gen. Poète yarasiwe ahitwa i Mahanga, ariko agashiramo umwuka agejejwe ku butaro biri kuri zone ya Masisi.

Ayo makuru kandi avuga ko Gen. Poète Hakizimana yapfanye n’abandi basirikari babarirwa muri 80, barimo aba FDLR, abasirikari ba Leta ya Kongo ndetse n’abo mu mutwe witwara gisirikari wa “Wazalendo”.

Hakizimana Appolinaire bitaga “Poète”, ni Umunyarwanda uvuka ku Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, mu Ntara y’Uburengerazuba, akaba yaravuye mu Rwanda muw’1994 afite ipeti rya suliyetona.

Kubera ibikorwa by’iterabwoba, birimo kwica abaturage no kubasahurira imitungo, gusambanya abagore ku ngufu n’ibindi byaha ndengakamere, muri Gashyantare 2024 Gen. Hakizimana Appolinaire alias Poète ari mu bantu Loni yafatiye ibihano, birimo kubabuza ingendo mu mahanga, no gufatira imitungo yabo.

Inkuru y’urupfu rwa Gen. Poète yabaye incamugongo mu bajenosideri n’ababashyigikiye hirya no hino ku isi, ndetse nko mu Bubiligi abayoboke ba FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire bakaba bari mu kiriyo gikomeye. Imboni zacu zatubwiye ko ibi ari nako byifashe mu nterahamwe ziba muri Malawi, Zambiya, Mozambique n’ahandi.

Kubashengura umutima kandi koko birumvikana, kuko Gen.Poète na Gen. Ntawunguka Pacifique”Omega ” bahoraha bizeza Ingabire Victoire n’abasangirangendo be ko bari hafi”guhindura ibintu mu Rwanda”, ni ukuvuga guhirika ubutegetsi bwa FPR-Inkotanyi, bakongera kwimika ingoma y’abajenosideri.

Amakuru twahawe kandi n’abahoze ari abarwanyi mu mashyamba ya Kongo, ubu bakaba baratashye mu Rwanda, avuga ko FDLR na Tshisekedi batakaje amaboko, ngo kuko Gen. Poète yari indwanyi ikomeye yoherezwaga aho rwahinanye.

Ikindi yari azwiho cyane ni ingengabitekerezo yo kwanga ikitwa Umututsi, ngo akaba yahoraga avuga ko azaruhuka ari uko nta Mututsi akibona mu maso ye. Urucira mukaso rugatwara nyoko!

2025-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Perezida Kagame yashimangiye gahunda y’u Rwanda yo guca plastique zikoreshwa rimwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Impungenge ni zose ku basesenguzi, basanga  amatora y’ Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuri iyi tariki  ya 14 Mutarama 2021, ashobora gusiga amaraso n’imiborogo!

Ubwanditsi 14 Jan 2021
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Nov 2020
Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Ubwanditsi 24 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju
Amakuru

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa
IMIKINO

Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Amafoto – Sitade Amahoro yaganuwe na APR FC na Rayon Sports, umukino wabahuje urangira banganyije 0-0
Amakuru

Amafoto – Sitade Amahoro yaganuwe na APR FC na Rayon Sports, umukino wabahuje urangira banganyije 0-0

Ubwanditsi 15 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru