• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Ubwanditsi 17 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU

Urubanza rw’abantu 32 bahoze mu gisirikari cya Kayumba Nyamwasa bakaba barafashwe bayobowe na Maj (Rtd) Mudathiru rwakomeje kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Nzeli aho rwatangiye  Mudathiru yihakana ibyo abarwanyi be bavuga ko bashutswe we akavuga ko bari bakuru bihagije kandi ko bari bazi ibyo bagiyemo.

Muri 32, abahoze ari abarwanyi bagera kuri 11 babwiye urukiko ko bari barabaye imfungwa batabona ubwinyagamburiro bwo gutoroka bakigera mu mashyamba ya Kongo. Bongeyeho ko Mudathiru ariwe wabicungiraga ubwe kandi ko uwagerageje gutoroka bamukubise ifuni abanda babireba.

Mudathiru wari uzwi nk’umuyobozi w’ingabo za P5 ku izina rya Colonel Musa, ashinzwe ibikorwa bya gisirikari mu gihe umuyobozi w’ikirenga yari Kayumba Nyamwasa ariko akabarizwa muri Afurika y’Epfo. Mudathiru amaze gufatwa, Kayumba yasabye Robert Higiro na Micombero ngo bajye kumusimbura, bamusaba ko byaba byiza bahuriyeyo, nuko araruca ararumira.

Mudathiru nanubu aracyafite ibikomere yagiriye ku rugamba, igihe ingabo za FARDC zabategaga igico muri Kivu y’majyaruguru ubwo bazamukaga bavuye muri Kivu y’amajyepfo nyuma yo kubisabwa na Kayumba Nyamwasa. Bari bagiye kwihuza na FDLR ngo bagire umutwe umwe.

Ubwo yisobanuraga Mudathiru yamaganye ibyo abasirikari be bavuga ko nta bwinyagamburiro bwo gutoroka bari bafite ko inzira yari nyabagendwa. Yagize ati “ Bari bafite uburenganzira bwo kugenda aho bashaka, bajyaga kugura ibiryo n’ibindi bikenerwa. Abashaka gutoroka baragendaga” Abenshi muri uwo mutwe bavuze ko bawinjijwemo bijejwe ibitangaza by’akazi muri Kongo nuko bisanga mu mitwe yitwara gisirikari bababwira ko bagiye “kubohoza” u Rwanda

Umushinjacyaha Capt Bernard Kayumba nawe yanyomoje ibyatangajwe nabo barwanyi 11 aho yatangaje ko hari abatorotse uwo mutwe bakagaruka mu Rwanda ntawe ubibafashijemo. Bakaba batarashikirijwe inkiko kuko bo batashye ku bwabo ntabwo bategereje gufatwa. Ahubwo banyujijwe muri gahunda yo gisezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro.

Umwaka ushize, Mudathiru yemeye ibyaha byose ashinjwa ndetse n’abarwanyi be. Ariko bamwe mu barwanyi bagasaba gukurwaho icyaha cyo gushinga umutwe witwaje intwaro kugirango baburane ibindi byaha. Muri ibyo byaha harimo, ubugambayi, gushaka gukuraho ubutegetsi buriho bwatowe n’abaturage, ubufatanye na leta y’amahanga mugushoza intambara no kwinjira mu mitwe y’iterabwoba.

Kugeza ubu uwabuze muri uru rubanza ni Private Jean Bosco Ruhinda. Usibye abarwanyi 25 bacyuwe n’igihugu cya Kongo, abanda ni abafatiwe mu gihugu imbere bakoranaga nabo harimo abari mu gisirikari cy’u Rwanda.

Umutwe wa P5 washyizwe ahabona na Raporo ya LONI muri Ukuboza 2018. Abarwanyi bawo baturutse muri Uganda n’u Burundi aho ibyo bihugu byombi bifite uruhare runini mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

 

2020-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ntabwo Africa n’u Rwanda byaremewe guhora bisabiriza- Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!
Amakuru

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

Ubwanditsi 28 Jan 2021
Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018
IMIKINO

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe
SHOWBIZ

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru