• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Ubwanditsi 17 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU

Urubanza rw’abantu 32 bahoze mu gisirikari cya Kayumba Nyamwasa bakaba barafashwe bayobowe na Maj (Rtd) Mudathiru rwakomeje kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Nzeli aho rwatangiye  Mudathiru yihakana ibyo abarwanyi be bavuga ko bashutswe we akavuga ko bari bakuru bihagije kandi ko bari bazi ibyo bagiyemo.

Muri 32, abahoze ari abarwanyi bagera kuri 11 babwiye urukiko ko bari barabaye imfungwa batabona ubwinyagamburiro bwo gutoroka bakigera mu mashyamba ya Kongo. Bongeyeho ko Mudathiru ariwe wabicungiraga ubwe kandi ko uwagerageje gutoroka bamukubise ifuni abanda babireba.

Mudathiru wari uzwi nk’umuyobozi w’ingabo za P5 ku izina rya Colonel Musa, ashinzwe ibikorwa bya gisirikari mu gihe umuyobozi w’ikirenga yari Kayumba Nyamwasa ariko akabarizwa muri Afurika y’Epfo. Mudathiru amaze gufatwa, Kayumba yasabye Robert Higiro na Micombero ngo bajye kumusimbura, bamusaba ko byaba byiza bahuriyeyo, nuko araruca ararumira.

Mudathiru nanubu aracyafite ibikomere yagiriye ku rugamba, igihe ingabo za FARDC zabategaga igico muri Kivu y’majyaruguru ubwo bazamukaga bavuye muri Kivu y’amajyepfo nyuma yo kubisabwa na Kayumba Nyamwasa. Bari bagiye kwihuza na FDLR ngo bagire umutwe umwe.

Ubwo yisobanuraga Mudathiru yamaganye ibyo abasirikari be bavuga ko nta bwinyagamburiro bwo gutoroka bari bafite ko inzira yari nyabagendwa. Yagize ati “ Bari bafite uburenganzira bwo kugenda aho bashaka, bajyaga kugura ibiryo n’ibindi bikenerwa. Abashaka gutoroka baragendaga” Abenshi muri uwo mutwe bavuze ko bawinjijwemo bijejwe ibitangaza by’akazi muri Kongo nuko bisanga mu mitwe yitwara gisirikari bababwira ko bagiye “kubohoza” u Rwanda

Umushinjacyaha Capt Bernard Kayumba nawe yanyomoje ibyatangajwe nabo barwanyi 11 aho yatangaje ko hari abatorotse uwo mutwe bakagaruka mu Rwanda ntawe ubibafashijemo. Bakaba batarashikirijwe inkiko kuko bo batashye ku bwabo ntabwo bategereje gufatwa. Ahubwo banyujijwe muri gahunda yo gisezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro.

Umwaka ushize, Mudathiru yemeye ibyaha byose ashinjwa ndetse n’abarwanyi be. Ariko bamwe mu barwanyi bagasaba gukurwaho icyaha cyo gushinga umutwe witwaje intwaro kugirango baburane ibindi byaha. Muri ibyo byaha harimo, ubugambayi, gushaka gukuraho ubutegetsi buriho bwatowe n’abaturage, ubufatanye na leta y’amahanga mugushoza intambara no kwinjira mu mitwe y’iterabwoba.

Kugeza ubu uwabuze muri uru rubanza ni Private Jean Bosco Ruhinda. Usibye abarwanyi 25 bacyuwe n’igihugu cya Kongo, abanda ni abafatiwe mu gihugu imbere bakoranaga nabo harimo abari mu gisirikari cy’u Rwanda.

Umutwe wa P5 washyizwe ahabona na Raporo ya LONI muri Ukuboza 2018. Abarwanyi bawo baturutse muri Uganda n’u Burundi aho ibyo bihugu byombi bifite uruhare runini mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

 

2020-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ubwanditsi 05 Oct 2020
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo ku wa 08 Ugushyingo 2017

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021
Amakuru

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Ubwanditsi 16 Mar 2021
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho
IKORANABUHANGA

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru