• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018 IMIKINO

Ibihangange by’abakinnyi basiganwa ku magare mu Rwanda, bitabiriye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018, aho Mugisha Samuel wa Team Dimension Data yasize abandi, ariko Gasore Hategeka agahembwa nk’uwahize abandi mu mwaka w’imikino wose.

Isiganwa rizenguruka u Rwanda umwaka wose, Rwanda Cycling Cup, ritegurwa ku bufatanye na Cogebanque na Skol ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018.

Ku munsi waryo wa nyuma ryitabiriwe n’ibihangange by’abanyarwanda bikina hanze yarwo nka Valens Ndayisenga wakinaga muri POC de Lumiere yo mu Bufaransa, Areruya Joseph wa Delko Marseille Province yo mu Bufaransa na Mugisha Samuel wa Team Dimension Data yo mu Butaliyani.

Aba bagombaga guhangana n’abakina mu Rwanda bafite amazina akomeye nka Didier Munyaneza wegukanye shampiyona y’u Rwanda 2017 na Jean Bosco Nsengimana wegukanye Tour du Rwanda 2015.

Abasiganwa mu cyiciro cy’abagabo bahagurutse i Remera kuri stade Amahoro ariko ibihe byabo bitangira kubarwa barenze Sonatubes, basatira Kicukiro Centre.

Banyuze i Nyanza ya Kicukiro berekeza mu Bugesera – Nyamata – Ramiro bagera Nemba ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bakiri igikundi ntawe urasiga abandi.

Mu gihe iki gikundi cy’abakinnyi 29 bakinnye iri isiganwa bageraga i Ramiro bagaruka i Kigali abakinnyi umunani bakoresheje imbaraga nyinshi bacomoka mu gikundi.

Abo ni; Mugisha Samuel, Ndayisenga Valens, Bosco Nsengimana, Hakiruwizeye Samuel, Patrick Byukusenge, Mugisha Moïse, Twizerane Mathieu na Eric Manizabayo bita Karadiyo.

Aba bakinnyi basize igikundi kirimo Areruya Joseph inyuma binjira i Nyamata bakiri kumwe ariko barenze ikiraro cya Nyabarongo haba impanduka.

Bazamuka umusozi wa Gahanga Mugisha Samuel na bazina we Mugisha Moïse ukinira Skol Fly Cycling Club bacomotse mu gikundi basesekara Kicukiro bari imbere basize igikundi kibari inyuma amasegonda 48.

Bazamutse umuhanda w’amabuye ujya ku Gisimenti bagera kuri stade Amahoro bakomeza Controle Technique – Kimironko – Kibagabaga – Nyarutarama – RDB – kuri Cogebanque – bagaruka kuri Stade Amahoro, umuhanda basabwaga kuzengurukamo inshuro eshatu.

Bazenguruka ku nshuro ya gatatu Twizerane Mathieu wa Huye CCA yakoresheje imbaraga nyinshi afata ba Mugisha bombi bari imbere.

Barenze ku Gishushu basatira ibilometero bibiri bya nyuma muri 159,3Km byari bigize isiganwa, Mugisha Samuel yakandagiye igare yanikira abandi.

Yakurikiwe na Twizerane Mathieu, Valens Ndayisenga aza ku mwanya wa gatatu, Jean Bosco Nsenginana aba uwa kane naho Hakiruwizeye Samuel aza ku mwanya wa gatanu. Mugisha Moïse wayoboye isiganwa ibilometero byinshi yasoreje ku mwanya wa gatandatu.

Mugisha Samuel yegukanye igihembo cy’uwegukanye isiganwa ry’uyu munsi naho Gasore Hategeka ahembwa nk’uwegukanye Rwanda Cycling Cup 2018 yose.

Areruya Joseph ntabwo yari mu bihe byiza

2018-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Knowless Butera yasohoye indirimbo nshya kuri album ye nshya y’umwihariko

Knowless Butera yasohoye indirimbo nshya kuri album ye nshya y’umwihariko

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7

Amafoto – Rayon Sports yasinyishije rutahizamu Musa Esunu wari uyoboye abandi muri shampiyona ya Uganda wanahise ahabwa nimero 7

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yanenze  uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero
Mu Rwanda

Kagame yanenze uburyo Abayobozi bahugiye mu matelefoni ntibaganire ubwo berekezaga mu Mwiherero

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.
Amakuru

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021
Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho
Amakuru

Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Ubwanditsi 17 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru