• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Mugisha Samuel yegukanye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018

Ubwanditsi 16 Dec 2018 IMIKINO

Ibihangange by’abakinnyi basiganwa ku magare mu Rwanda, bitabiriye isiganwa risoza Rwanda Cycling Cup 2018, aho Mugisha Samuel wa Team Dimension Data yasize abandi, ariko Gasore Hategeka agahembwa nk’uwahize abandi mu mwaka w’imikino wose.

Isiganwa rizenguruka u Rwanda umwaka wose, Rwanda Cycling Cup, ritegurwa ku bufatanye na Cogebanque na Skol ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018.

Ku munsi waryo wa nyuma ryitabiriwe n’ibihangange by’abanyarwanda bikina hanze yarwo nka Valens Ndayisenga wakinaga muri POC de Lumiere yo mu Bufaransa, Areruya Joseph wa Delko Marseille Province yo mu Bufaransa na Mugisha Samuel wa Team Dimension Data yo mu Butaliyani.

Aba bagombaga guhangana n’abakina mu Rwanda bafite amazina akomeye nka Didier Munyaneza wegukanye shampiyona y’u Rwanda 2017 na Jean Bosco Nsengimana wegukanye Tour du Rwanda 2015.

Abasiganwa mu cyiciro cy’abagabo bahagurutse i Remera kuri stade Amahoro ariko ibihe byabo bitangira kubarwa barenze Sonatubes, basatira Kicukiro Centre.

Banyuze i Nyanza ya Kicukiro berekeza mu Bugesera – Nyamata – Ramiro bagera Nemba ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bakiri igikundi ntawe urasiga abandi.

Mu gihe iki gikundi cy’abakinnyi 29 bakinnye iri isiganwa bageraga i Ramiro bagaruka i Kigali abakinnyi umunani bakoresheje imbaraga nyinshi bacomoka mu gikundi.

Abo ni; Mugisha Samuel, Ndayisenga Valens, Bosco Nsengimana, Hakiruwizeye Samuel, Patrick Byukusenge, Mugisha Moïse, Twizerane Mathieu na Eric Manizabayo bita Karadiyo.

Aba bakinnyi basize igikundi kirimo Areruya Joseph inyuma binjira i Nyamata bakiri kumwe ariko barenze ikiraro cya Nyabarongo haba impanduka.

Bazamuka umusozi wa Gahanga Mugisha Samuel na bazina we Mugisha Moïse ukinira Skol Fly Cycling Club bacomotse mu gikundi basesekara Kicukiro bari imbere basize igikundi kibari inyuma amasegonda 48.

Bazamutse umuhanda w’amabuye ujya ku Gisimenti bagera kuri stade Amahoro bakomeza Controle Technique – Kimironko – Kibagabaga – Nyarutarama – RDB – kuri Cogebanque – bagaruka kuri Stade Amahoro, umuhanda basabwaga kuzengurukamo inshuro eshatu.

Bazenguruka ku nshuro ya gatatu Twizerane Mathieu wa Huye CCA yakoresheje imbaraga nyinshi afata ba Mugisha bombi bari imbere.

Barenze ku Gishushu basatira ibilometero bibiri bya nyuma muri 159,3Km byari bigize isiganwa, Mugisha Samuel yakandagiye igare yanikira abandi.

Yakurikiwe na Twizerane Mathieu, Valens Ndayisenga aza ku mwanya wa gatatu, Jean Bosco Nsenginana aba uwa kane naho Hakiruwizeye Samuel aza ku mwanya wa gatanu. Mugisha Moïse wayoboye isiganwa ibilometero byinshi yasoreje ku mwanya wa gatandatu.

Mugisha Samuel yegukanye igihembo cy’uwegukanye isiganwa ry’uyu munsi naho Gasore Hategeka ahembwa nk’uwegukanye Rwanda Cycling Cup 2018 yose.

Areruya Joseph ntabwo yari mu bihe byiza

2018-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022
Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Ubwanditsi 30 May 2021
Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Mugunga Yves yerekeje muri Kiyovu SC avuye muri APR FC, Rayon Sports yasimbuje Rwaka Claude

Ubwanditsi 17 Aug 2023
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC
Amakuru

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?
INKURU NYAMUKURU

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019
Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru