• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Akomoka mu cyahoze ari Komini Kibayi , ubu ni mu Karere ka Gisagara, Ise ni Rubwiriza Augustin wishwe muri Jenoside, amateka agaragaza ko aba bavuka mu bwoko bw’Abega,  Kameya yize mu Iseminali nkuru ya Nyakibanda ubwo yiteguraga kuba umupadiri yaje guhungira muri Zaire anyuze i Birundi 1972,  icyo gihe hari urwango mu banyeshuri b’Abatutsi bize mu iseminali bagombaga kwicwa, aza kugaruka muri za 1974, aho yabaye Umunyamakuru wa Kinyamateka yakoze no muri  ORINFOR yaje no kuba umukozi wa Leta mu cyahoze ari Minijust na Minesupress kugeza 1991, nyuma gato yaho Inkontanyi zitereye  igihugu kuya 01 Ukwakira 1990. Hakorwa amaliste yo kwirukana abatutsi bose bari mu mirimo ya Leta.

Kameya yabaye  umwe mubashinze ishyaka PL, aho yaje no kuribera umunyamabanga mukuru [ Igice cya Lando] yishwe mw’ijoro ry’itariki ya 15 rishyira 16 Kamena 1994, akuwe muri Ste Famille i Kigali aho yari yarahungiye. Umugore we n’umwana we nabo bishwe kuya 19 Mata 1994. Umuryango we wose urimo Ise na bashibe  bari batuye i Saga  mu cyahoze ari Komini Kibayi nabo bose barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inzira y’umusaraba Kameya yanyuzemo

Kameya yagombaga  gufungwa mu byitso, ariko amakuru ye twamenye ni uko ubwo ingabo za Habyarimana zatangiraga umukwabo wo gusaka mu ngo z’abatutsi no gufata ibyitso  kuya 4-5 Ukwakira 1990,Kameya yabaciye muri humye ahungira muri Concir ya Luxembourg yayoborwaga na Shamukiga bageze iwe baramubura bafata umwana mwishywa we yareraga [ Burasa Jean Gualbert wa Rushyashya y’ubu ]. Ariko nyuma aza kurekurwa kuko yari muto.

Kameya yaje gushinga Ikinyamakuru RWANDA RUSHYA muri 91, numero ya mbere ya RWANDA RUSHYA yari ifite umutwe w’inkuru  ivuga ngo ” Ninde uzitoragurira Abatutsi ” . RWANDA RUSHYA nicyo Kinyamakuru cyambere  cyerekeje mu birindiro by’Inkotanyi [ Byumba na Ruhengeri ] maze gisohora inkuru ivuga ngo “URwanda mu rundi” yarimo amafoto menshi y’Inkotanyi ku mulindi  no mu bice zari zarigaruriye n’Ikiganiro na Major Paul Kagame wari umugaba mukuru wa RPA. Iyi numero y’iki Kinyamakuru yarakunzwe cyane mu mujyi wa Kigali, kuko bamwe ni ubwambere bari babonye amafoto y’Inkotanyi. [iyi nkuru yakozwe n’umunyamakuru Joseph Mudatsikira]. Waje kwicwa nawe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kameya yaje gufungwa bwa mbere muri gereza 1930, kubera guhishurira abasomyi  ba RWANDA RUSHYA iyicwa ry’Abagogwe muri 1992 n’itozwa ry’Interahamwe n’impunzi z’abarundi mu mpera za 92 no mu ntangiriro za 93. Aza kurekurwa ntarubanza kubera igitutu k’imiryango mpuzamahanga irengera ikiremwa muntu ndetse n’igitutu cya Oposition y’amashyaka nka PL, PSD na MDR.

Uko urupfu rwe rwagenze

Kameya yari yarahungiye mu mazu ya  Kinyamateka, aho ivuriro ryo kwa Dr. Kanimba riri muri iki gihe, kuwa 13 Kamena yiriwe muri St Famille aho hagombaga gutangira igikorwa cyo guhererekanya impunzi zifuzaga kujya ku gice cy’Inkotanyi nizifuzaga kujya k’igice cya guverinoma kuri 14 mu gitondo cya 15 Kamena niho yagiye kureba Padiri Munyeshyaka Wenceslas ngo amushyire kuri liste y’abagombaga kujya ku igice cy’Inkotanyi, ahubwo Padiri ahamagaza abajandarume bamurindaga bamushyira uwari Konseye wa Rugenge Nyirabagenzi Odetta wari waramaze abantu.

Amakuru y’iyicwa rye, isaha n’ibindi ubizi cyane ni Padiri Munyeshyaka wayoboraga Paroisse st Famille kuko nibo bamuhaye interahamwe zimuzungurutsa Rond Point ya Kigali ngo asezere inkotanyi.

Konseye Nyirabagenzi Odette na Col Renzaho Tharcisse baje kwigamba urupfu rwe muri St Paul hagati y’itariki 15 na 16, ko Kameya yishwe ko kandi amanota yabonetse kuko yari yarabuze  igihe kinini nyuma bagiye kwiyakira muri Hotel PANAFRIKA barabyishimira.

Inkotanyi zari kuri CND ziyobowe na Jeneral Kayonga zakoze operation  yo kubohoza st Paul no kurokora abantu maze Major Jacob Tumwine n’igikundi cy’inkotanyi yari ayoboye zarokoye impunzi zisaga 900 zari muri st Paul mu ijoro rya 16-17  Kamena 1994, bukeye bwaho  interahamwe zabyukiye muri Ste Famille zihimura mu gitondo cy’itariki 17 zica abatutsi basaga 180.

2019-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Itangazo ry’Ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 06 Werurwe 2020

Ubwanditsi 07 Mar 2020
Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ubwanditsi 08 Jan 2020
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amore akomeje kwagura muzika ye
IMIKINO

Amore akomeje kwagura muzika ye

Ubwanditsi 04 Mar 2016
CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa
IMIKINO

CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru