• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Kwibuka25 : Umunyamakuru André Kameya [RWANDA RUSHYA] yari muntu ki ?

Ubwanditsi 15 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Akomoka mu cyahoze ari Komini Kibayi , ubu ni mu Karere ka Gisagara, Ise ni Rubwiriza Augustin wishwe muri Jenoside, amateka agaragaza ko aba bavuka mu bwoko bw’Abega,  Kameya yize mu Iseminali nkuru ya Nyakibanda ubwo yiteguraga kuba umupadiri yaje guhungira muri Zaire anyuze i Birundi 1972,  icyo gihe hari urwango mu banyeshuri b’Abatutsi bize mu iseminali bagombaga kwicwa, aza kugaruka muri za 1974, aho yabaye Umunyamakuru wa Kinyamateka yakoze no muri  ORINFOR yaje no kuba umukozi wa Leta mu cyahoze ari Minijust na Minesupress kugeza 1991, nyuma gato yaho Inkontanyi zitereye  igihugu kuya 01 Ukwakira 1990. Hakorwa amaliste yo kwirukana abatutsi bose bari mu mirimo ya Leta.

Kameya yabaye  umwe mubashinze ishyaka PL, aho yaje no kuribera umunyamabanga mukuru [ Igice cya Lando] yishwe mw’ijoro ry’itariki ya 15 rishyira 16 Kamena 1994, akuwe muri Ste Famille i Kigali aho yari yarahungiye. Umugore we n’umwana we nabo bishwe kuya 19 Mata 1994. Umuryango we wose urimo Ise na bashibe  bari batuye i Saga  mu cyahoze ari Komini Kibayi nabo bose barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inzira y’umusaraba Kameya yanyuzemo

Kameya yagombaga  gufungwa mu byitso, ariko amakuru ye twamenye ni uko ubwo ingabo za Habyarimana zatangiraga umukwabo wo gusaka mu ngo z’abatutsi no gufata ibyitso  kuya 4-5 Ukwakira 1990,Kameya yabaciye muri humye ahungira muri Concir ya Luxembourg yayoborwaga na Shamukiga bageze iwe baramubura bafata umwana mwishywa we yareraga [ Burasa Jean Gualbert wa Rushyashya y’ubu ]. Ariko nyuma aza kurekurwa kuko yari muto.

Kameya yaje gushinga Ikinyamakuru RWANDA RUSHYA muri 91, numero ya mbere ya RWANDA RUSHYA yari ifite umutwe w’inkuru  ivuga ngo ” Ninde uzitoragurira Abatutsi ” . RWANDA RUSHYA nicyo Kinyamakuru cyambere  cyerekeje mu birindiro by’Inkotanyi [ Byumba na Ruhengeri ] maze gisohora inkuru ivuga ngo “URwanda mu rundi” yarimo amafoto menshi y’Inkotanyi ku mulindi  no mu bice zari zarigaruriye n’Ikiganiro na Major Paul Kagame wari umugaba mukuru wa RPA. Iyi numero y’iki Kinyamakuru yarakunzwe cyane mu mujyi wa Kigali, kuko bamwe ni ubwambere bari babonye amafoto y’Inkotanyi. [iyi nkuru yakozwe n’umunyamakuru Joseph Mudatsikira]. Waje kwicwa nawe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kameya yaje gufungwa bwa mbere muri gereza 1930, kubera guhishurira abasomyi  ba RWANDA RUSHYA iyicwa ry’Abagogwe muri 1992 n’itozwa ry’Interahamwe n’impunzi z’abarundi mu mpera za 92 no mu ntangiriro za 93. Aza kurekurwa ntarubanza kubera igitutu k’imiryango mpuzamahanga irengera ikiremwa muntu ndetse n’igitutu cya Oposition y’amashyaka nka PL, PSD na MDR.

Uko urupfu rwe rwagenze

Kameya yari yarahungiye mu mazu ya  Kinyamateka, aho ivuriro ryo kwa Dr. Kanimba riri muri iki gihe, kuwa 13 Kamena yiriwe muri St Famille aho hagombaga gutangira igikorwa cyo guhererekanya impunzi zifuzaga kujya ku gice cy’Inkotanyi nizifuzaga kujya k’igice cya guverinoma kuri 14 mu gitondo cya 15 Kamena niho yagiye kureba Padiri Munyeshyaka Wenceslas ngo amushyire kuri liste y’abagombaga kujya ku igice cy’Inkotanyi, ahubwo Padiri ahamagaza abajandarume bamurindaga bamushyira uwari Konseye wa Rugenge Nyirabagenzi Odetta wari waramaze abantu.

Amakuru y’iyicwa rye, isaha n’ibindi ubizi cyane ni Padiri Munyeshyaka wayoboraga Paroisse st Famille kuko nibo bamuhaye interahamwe zimuzungurutsa Rond Point ya Kigali ngo asezere inkotanyi.

Konseye Nyirabagenzi Odette na Col Renzaho Tharcisse baje kwigamba urupfu rwe muri St Paul hagati y’itariki 15 na 16, ko Kameya yishwe ko kandi amanota yabonetse kuko yari yarabuze  igihe kinini nyuma bagiye kwiyakira muri Hotel PANAFRIKA barabyishimira.

Inkotanyi zari kuri CND ziyobowe na Jeneral Kayonga zakoze operation  yo kubohoza st Paul no kurokora abantu maze Major Jacob Tumwine n’igikundi cy’inkotanyi yari ayoboye zarokoye impunzi zisaga 900 zari muri st Paul mu ijoro rya 16-17  Kamena 1994, bukeye bwaho  interahamwe zabyukiye muri Ste Famille zihimura mu gitondo cy’itariki 17 zica abatutsi basaga 180.

2019-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Ubwanditsi 03 Jan 2018
Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ubwanditsi 23 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo
Amakuru

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Ubwanditsi 30 Sep 2025
Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana
Amakuru

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 03 Jul 2020
Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye
IMIKINO

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru