• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane wasuye abaturage b’Akarere ka Gakenke, yavuze ko bitumvikana uburyo abayobozi batangira gukora, mu gihe agiye gusura utwo duce.

Umukuru w’igihugu avuga ko agiye guhagurukira abo bayobozi bahora mu mvugo zidashira, aho guha abaturage ibyabasezeranyijwe.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu Murenge wa Nemba Akarere ka Gakenke, aho arimo gusura abaturage bakagize n’abo mu Ntara y’Amajyaraguru muri rusange.

Umukuru w’igihugu mu ijambo amaze kugeza kuri aba baturage barenga ibihumbi bitanu, yavuze ko ubwo yazaga yaciye ahantu, agasanga abaturage bavuga ko bamaze imyaka ine batarahabwa amafaranga y’ingurane kubera amashanyarazi yaciye aho bari batuye.

Perezida Kagame ubwe, yavuze ko yimenyeye iki kibazo ubwo yahageraga, gusa ngo yaje gutangazwa n’uko abayobozi ngo nyuma yo kumva ko agiye kuhagera, bahise bayaha aba baturage.

Izi ngurane zingana n’amafaranga miliyoni 62, yagombaga guhabwa abaturage bimuwe ahacishijwe amashanyarazi.

Kuri iki Kibazo, Perezida Kagame yagize ati “Aya mafaranga ni make, bimara imyaka ine yose kubera iki? Mwamara kumva ko ngiye kuza ayo mafaranga mukayatanga, kuba bayarabonye ntabwo bihagije, abayatanze bagomba no gushyiraho inyungu y’iyo myaka ine amaze, nzabikurikirana menye uko byagenze.”

Perezida Kagame kandi aravuga ko bitumvikana uburyo abaturage basezeranywa ibikorwa by’iterambere, imyaka igashira indi igataha nta gikozwe.

Yunzemo ati ”Hari n’ibyasezeranyijwe mu wa 1999 n’ubu mbona bitarakorwa, bamwe muri mwe bari bataravuka, ndavuga ivuriro rya Gatonde, mu 99, kuki bitwara iyi myaka yose, kuki kugeza uyu munsi imihanda itari muri aka karere, muzajya muyikora ari uko ngiye ahantu, ntabwo ibi bishoboka.”

-2537.jpg

-2538.jpg

Abaturage ba Gakenke bishimiye kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul kagame

Perezida Paul Kagame akaba yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ibikorwa remezo, bigomba kurangiza ibi bibazo, aboneraho gusaba Meya w’aka Karere kujya amugezaho aho ibi bintu bigeze.

Umukuru w’igihugu yongeye kuvuga ko bitumvikana uburyo hari ibintu bigenerwa abaturage ngo bibateze imbere, byarangira abayobozi bakabigira ibyabo. Yavuze ko abo bayobozi bagomba gukurikiranwa kandi vuba.

Source : Izuba rirashe

2016-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Ubwanditsi 07 Aug 2016
Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi  ku karubanda ,  irenga miliyali 1$

Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi ku karubanda , irenga miliyali 1$

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 29 Mar 2023
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere
Amakuru

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup
Mu Rwanda

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 22 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru