• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Ubwanditsi 24 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame ejo ku munsi wambere muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi batandatu bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, baturutse mu bihugu bisanzwe ari abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu nzego zitandukanye.

Itangazo dukesha ibiro bya Perezidanse ya Repubulika rivuga ko abo badipolomate barimo Ambasaderi Youssef Imani wa Morocco, Therese Samaria wa Namibia, Jenny Ohlson wa Suède, Abdulah Mohammed wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sara Hradecky wa Canada na Kim Eung-Joong wa Korea y’Epfo.

Nyuma yo kwakira impapuro z’aba badipolomate, Perezida Kagame yakiriye intumwa z’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga zisaga 60 abashimira umubano u Rwanda rufitanye n’ibihugu bahagarariye, barimo abakorera imbere mu gihugu n’abafite icyicaro ahandi, mu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre.

-5494.jpg

Perezida Paul Kagame ageza ijambo ku intumwa z’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga zisaga 60

-5493.jpg

Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame muri Kigali Convention Centre

-5496.jpg

-5495.jpg

Yagize ati “Ndagira ngo mbifurize umwaka mushya, imiryango yanyu n’ibihugu cyangwa imiryango muhagarariye. Ndifuza no kubashimira ku ruhare rukomeye mugira mu kunoza umubano wacu kimwe n’ubufatanye dufite mu iterambere, ishoramari n’ubucuruzi.”

Perezida Kagame yavuze ko iterambere rigaragara mu Rwanda ari umusaruro wa politiki nziza yubakiye ku Banyarwanda bakorana umuhate bafatanyije n’ibindi bihugu n’imiryango mpuzamahanga, kandi biteguye gusigasira ibyiza bimaze kugerwaho no gukomeza guteza imbere imibereho yabo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko umwaka ushize wa 2016 wabaye mwiza mu bya dipolomasi ku Rwanda, aho rwakiriye inama mpuzamahanga zikomeye n’amabaruwa 28 n’intumwa z’ibihugu n’imiryango zasabaga gukorera mu Rwanda.

Ambasaderi Ambasaderi Youssef Imani wa Maroc yakiriwe nyuma y’uruzinduko rw’Umwami Mohammed VI wasuye u Rwanda mu Ukwakira 2016, hagasinywa amasezerano menshi arimo ajyanye no kubaka inzu ziciriritse, ishoramari muri Cogebanque n’indi mishinga itandukanye, bijyanirana no gufungura ambasade yayo mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Suède wo watangiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu ibihugu byombi bikaba bifatanya mu nzego zirimo kwimakaza imiyoborere myiza, umurimo ubyara umusaruro, kurengera ibidukikije no kurwanya imihindagurikire y’ikirere, uburezi muri za Kaminuza n’amashuri makuru ndetse no mu bushakashatsi.

Umubano w’u Rwanda na Korea y’Epfo wo ahanini ugaruka mu guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kibinyujije mu Kigo cya Korea gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (KOICA). Hari n’umushinga wo mu gusakaza internet ya 4G LTE mu gihugu, binyuze mu kigo cya Korea Telecom (KT) Rwanda Networks cyahoze cyitwa Olleh Rwanda Networks, aho guverinoma y’u Rwanda ifitemo imigabane ya 49%, Korea Telecom ikagira 51%.

-5481.jpg

-5482.jpg

-5483.jpg

-5484.jpg

-5485.jpg

-5486.jpg

-5487.jpg

-5488.jpg

-5489.jpg

-5490.jpg

-5492.jpg

-5491.jpg

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Gusahura no gutwika ibikorwaremezo byafasha iki Tshisekedi mu ntambara arwana na M23?

Ubwanditsi 29 Jan 2025
Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 18 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “
INKURU ZAKUNZWE CYANE

U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “

Ubwanditsi 24 Mar 2018
“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger
Amakuru

“Uruvunganzoka” rw’imburamukoro 10, mu “myigaragambyo” isaba ko abajenosideri 8 batakwirukanwa muri Niger

Ubwanditsi 05 Jan 2022
Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.
Amakuru

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Ubwanditsi 27 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru