• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi batandatu bashya

Ubwanditsi 24 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame ejo ku munsi wambere muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi batandatu bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, baturutse mu bihugu bisanzwe ari abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu nzego zitandukanye.

Itangazo dukesha ibiro bya Perezidanse ya Repubulika rivuga ko abo badipolomate barimo Ambasaderi Youssef Imani wa Morocco, Therese Samaria wa Namibia, Jenny Ohlson wa Suède, Abdulah Mohammed wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sara Hradecky wa Canada na Kim Eung-Joong wa Korea y’Epfo.

Nyuma yo kwakira impapuro z’aba badipolomate, Perezida Kagame yakiriye intumwa z’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga zisaga 60 abashimira umubano u Rwanda rufitanye n’ibihugu bahagarariye, barimo abakorera imbere mu gihugu n’abafite icyicaro ahandi, mu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre.

-5494.jpg

Perezida Paul Kagame ageza ijambo ku intumwa z’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga zisaga 60

-5493.jpg

Perezida Kagame na Mme Jeannette Kagame muri Kigali Convention Centre

-5496.jpg

-5495.jpg

Yagize ati “Ndagira ngo mbifurize umwaka mushya, imiryango yanyu n’ibihugu cyangwa imiryango muhagarariye. Ndifuza no kubashimira ku ruhare rukomeye mugira mu kunoza umubano wacu kimwe n’ubufatanye dufite mu iterambere, ishoramari n’ubucuruzi.”

Perezida Kagame yavuze ko iterambere rigaragara mu Rwanda ari umusaruro wa politiki nziza yubakiye ku Banyarwanda bakorana umuhate bafatanyije n’ibindi bihugu n’imiryango mpuzamahanga, kandi biteguye gusigasira ibyiza bimaze kugerwaho no gukomeza guteza imbere imibereho yabo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko umwaka ushize wa 2016 wabaye mwiza mu bya dipolomasi ku Rwanda, aho rwakiriye inama mpuzamahanga zikomeye n’amabaruwa 28 n’intumwa z’ibihugu n’imiryango zasabaga gukorera mu Rwanda.

Ambasaderi Ambasaderi Youssef Imani wa Maroc yakiriwe nyuma y’uruzinduko rw’Umwami Mohammed VI wasuye u Rwanda mu Ukwakira 2016, hagasinywa amasezerano menshi arimo ajyanye no kubaka inzu ziciriritse, ishoramari muri Cogebanque n’indi mishinga itandukanye, bijyanirana no gufungura ambasade yayo mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Suède wo watangiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu ibihugu byombi bikaba bifatanya mu nzego zirimo kwimakaza imiyoborere myiza, umurimo ubyara umusaruro, kurengera ibidukikije no kurwanya imihindagurikire y’ikirere, uburezi muri za Kaminuza n’amashuri makuru ndetse no mu bushakashatsi.

Umubano w’u Rwanda na Korea y’Epfo wo ahanini ugaruka mu guteza imbere uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kibinyujije mu Kigo cya Korea gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (KOICA). Hari n’umushinga wo mu gusakaza internet ya 4G LTE mu gihugu, binyuze mu kigo cya Korea Telecom (KT) Rwanda Networks cyahoze cyitwa Olleh Rwanda Networks, aho guverinoma y’u Rwanda ifitemo imigabane ya 49%, Korea Telecom ikagira 51%.

-5481.jpg

-5482.jpg

-5483.jpg

-5484.jpg

-5485.jpg

-5486.jpg

-5487.jpg

-5488.jpg

-5489.jpg

-5490.jpg

-5492.jpg

-5491.jpg

2017-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Ubwanditsi 23 Jan 2025
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Ubwanditsi 27 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu bafashwe bagerageza guha abapolisi ruswa
Mu Rwanda

Batatu bafashwe bagerageza guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.
Amakuru

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023
UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye
ITOHOZA

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Ubwanditsi 19 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru