• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” rwiyemeje kugeza ku banyarwanda ibikoresho by’ubwubatsi biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Uruganda Master Steel Limited ruherereye mu murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali rukora ibikoresho bitandukanye by’ubwubatsi kandi bifite ubuziranenge birimo amabati, ibyuma, amatiyo n’ibindi bigezweho.

Kuva rwatangira imirimo mu mwaka wa 2007, ubu rurakora amabati meza mu gusakara yiganje mu bwoko bubiri; harimo ayo bita asanzwe ariyo [Garvanized iron sheet na Aluminium] n’ayitwa ayamabara [ Pre-paint iron sheet ] hakabamo ay’ubwoko butatu nka ‘Super cover’ akoreshwa cyane cyane ku nyubako z’amashuri n’insengero, ‘evertile’ ari mu ishusho y’amategura yifashishwa mu gukora igisenge kigezweho kandi gikomeye na ‘Ondulée’ , Tubes utasanga ahandi. Imisumali ndetse n’ibyuma bikora igisenge, amaferabeto n’ubundi bwoko bw’ibikoresho by’ubwubatsi bitandukanye.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi no kwamamaza mu ruganda Master Steel Limited,  Constantin RUGABA, yatangarije Rushyashya ko  intego nyamukuru bafite ari kuba uruganda rw’ikitegererezo mu gihugu ndetse no mu karere kose mu gukora ibikoresho by’ubwubatsi byiza, byujuje ubuziranenge kandi biramba ari nako batanga service inoze kubaguzi babo.

Ati :“ kugeza ubu dufite abahagarariye uruganda mu gihugu cyose aho byoroshye kubona ibikoresho byacu kandi bakaguhera ku giciro cyiza.

Umwihariko dufite ni uko ibikoresho byacu bizwiho ubuziranenge ndetse bikaba bijyanye n’iterambere ry’igihugu cyacu.

Duhaza isoko ry’uRwanda, tukanagera hanze mu bihugu duturanye aribyo RDC n’UBURUNDI, dufite intego yo kwagura ibyo dukora mu minsi iri imbere,”. [ VIDEO ]

Yatangaje ko Master Steel Limited, ifite akarusho kuko itwaza umukiriya ibikoresho kugera aho bigomba kugera. Uru ruganda ni igisubizo ku banyarwanda baganaga mu mahanga bajya gushakayo ibikoresho by’ubwubatsi kuko uru ruganda rwahawe Certificate ya ISO, ishimangira Ubwiza, Ubukomere n’Uburambe.

Twakwibutsa ko Uruganda Master Steel Ltd rukora ibikoresho byose by’ubwubatsi, binyuranye birimo  amabati, ibyuma bikora imiryango, ibikora igisenge, amatiyo , insinga, imisumari n’ibindi..

Ibyo uruganda rwifashisha mu gucura ibi bikoresho bikomoka ku byuma bitumizwa mu Butaliyani, Esipanye, Turukiya ndetse no mu Bushinwa. Iyi sosiyete ikaba ikoresha abantu basaga 220 bahoraho kandi bafite ubwishingizi.

Uruganda rukoresha imashini ahanini za otomatike. Kuri ubu, isoko rya Master Steel Ltd, riri kurwego rw’abikorera ndetse n’ibigo bya Leta.

Mu rwego rwo kugurisha mu mahanga, rwohereza ibicuruzwa muri Repubulika iharanira Demokarasia Congo hifashishijwe amato bityo igice cyinini cya Congo cyikabona ibikoresho biturutse muri depo iri muri Rubavu/Gisenyi.

Ikicaro cy’Uruganda Master Steel Ltd, i Gahanga mu Karere ka Kicukiro

Kuva muri 2015 uruganda  Master Steel Ltd, rurakorera mu nyubako zarwo nshyashya muri Gahanga mu Karere ka  Kicukiro, aho rwubatse ku buso bungana na hegitari16. Uru ruganda rushyashya rufite amashami 5, zikora 24/24h, ibicuruzwa bisaga 25 bikomoka ku byuma. Kubindi bisobanuro wahamagara telephone igendanwa 0788334444, cyangwa ugasura, urubuga rwabo rwa Internet [ ukanda hano]  urubuga rwa Internet rwa Master Steel Ltd

2019-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro  FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Ubwanditsi 22 Mar 2019
Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Ubwanditsi 29 May 2018
Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda

Kurekura inyeshyamba za RNC kwa Uganda ni ikimenyetso gikomeye ku Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na  Kayumba Nyamwasa  mu bikorwa bya RNC
ITOHOZA

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Amerika  yasabye abaturage bayo kuva muri Congo
ITOHOZA

Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Congo

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya
INKURU NYAMUKURU

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Ubwanditsi 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru