• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hari tariki ya 7 Kamena 2018, ubwo Perezida w’u Burundi yatunguraga imbaga akavuga ko atazongera kwiyamamaza mu matora y’ubutaha y’umukuru w’igihugu cy’u Burundi kandi hari hamaze guhindurwa Itegeko Nshinga ryemerera Nkurunziza kongera kwiyamamaza.

Mu gihe kitageze ku mwaka ngo amatora abe muri icyo gihugu, Petero Nkurunziza n’ishyaka rye CNDD-FDD ntabwo baragaragaza umurongo bazagenderaho mu matora azaba mu mwaka wa 2020. Ariko mu gihe Nkurunziza ashishikajwe no gucamo ibice amashyaka amurwanya, n’ishyaka rye rya CNDD FDD  ishyamba si ryeru. Muri iki gihe, Nkurunziza yigize kagarara mu kuganira n’abamurwanya cyangwa se kwemera uruhare rw’amahanga mu kugarura amahoro n’ituze mu Burundi ahubwo bikaba bigaragara ko akavuyo kazakomeza mu Burundi.

Muri iki gihe ishyaka riri ku butegetsi rya Nkurunziza rigaragaza ko ridashobora gukemura ibibazo ryifitemo kuko abarwanashyaka baryo bazwi nk’abagumyamabanga bo hejuru barwanira kwiyamamariza gusimbura Nkurunziza. Niba abagumyamabanga bose baharanira inyungu za CNDD FDD mu gihe kirambye, bagomba kumenya ko impinduka igomba guturuka imbere mu ishyaka ryabo.

Kugirango Nkurunziza ahunge ibyemezo biba byafatiwe igihugu cye biturutse ku miryango yo mu karere, yahinduye isura ya politiki mu gihugu cye aho bafunze abasirikari bakuru bahoze mu ngabo za mbere zizwi nka Ex FAB mu rwego rwo gushimisha abagumyamabanga ba CNDD FDD kugirango Leta ye itabazwa ibyo guhohotera abaturage.

Mu baturage bo hasi, CNDD-FDD ikwirakwiza ko Nkurunziza ari umuntu woherejwe n’Imana kugirango abageze mu gihugu cy’isezerano kuko bamufata nka Perezida woherejwe n’Imana. Nkurunziza yitwaza ukwemera nubwo abenshi muri CNDD FDD bamubwiza ukuri cyangwa se bamwe mu bayobozi bavuka mu kibaya cya Imbo mu ntara ya Cibitoke bamubwira kuko we avuka muri Ngozi.

Igihe cyose baba bashaka  kugaragaza ko ibibazo bitazaturuka kuri CNDD FDD cyangwa ku imbonerakure, igihe cyose hazaba ikibazo cya politiki ariko ikigaragara ntabwo CNDD FDD irabona uzasimbura Petero Nkurunziza.

Umuryango Mpuzamahanga nawo ubona ko u Burundi budatekanye, kuko bigaragara ko nta mahoro arambye bufite. Icyo u Burundi buraje ishinga ni ugukora imyigaragambyo itegetswe kuri buri muturage mu kwamagana igihugu cyangwa umuryango uvuga kuri politiki y’iki gihugu.

Gusa ikigaragara ntabwo umuntu yamenya igitenganyijwe mu matora ya 2020 bitewe nuko bimeze muri iki gihugu aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bicwa ku rwego rwo hejuru kandi imbonerakure zigakora ibyo zishaka n’ingabo zikaba zaracitsemo ibice. Kugirango amahoro arambye agerweho ni uko impande zose zashikirana zikaganira. Ariko CNDD FDD ibi byose barabizi ariko biringiye ko imbaraga zabo ari imbonerakure nkuko MRND yiringiye  Interahamwe.

Imbere mu ishyaka rya CNDD FDD ntabwo ari shyashya. Aho rishinjwa ruswa, gutegekesha igitugu, gusuzugura andi mashyaka aho imbonerakure zirusha amategeko inzego z’umutekano. Imbere muri CNDD FDD harimo intamabara yo guhitamo uzasimbura Nkurunziza. Amakuru amwe avugako Nkurunziza ashaka Nyabyenda wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa CNDD FDD ariko akabibangikanya no gushyira imbere abavuka Gitega barimo Evariste Ndayishimiye na Evariste Butore kuko bari hafi n’umugore we.

Birazwi ko Pascal Nyabyenda nubwo akunzwe na Nkurunzia atazwi mu ngabo ndetse nabavuka mu kibaya cya Imbo batamushyigikira. Ikindi gisubizo  Nkurunziza asabwa gushyiraho umuntu ukomeye mu ngabo zo hejuru uzwi cyane kandi ufite amafaranga aho bivugwa ko yaba ari Guillaume Bunyoni.

Mu myaka mike ishize, Nkurunzia yubatse akazu aho bamwe mu kagize nta bunararibonye bafite aha twavuga bene Nyamitwe aribo Willy Nyamitwe na Alain Nyamitwe ndetse nta n’imitungo bafite

Ibisigaye tubitege amaso!

2019-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 15 Oct 2020
Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Ubwanditsi 04 May 2019
Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Agathe Kanziga imbere y’urukiko rwa Paris mu iperereza ku ruhare rwa Paul Barril, bafitanye amabanga adasanzwe

Ubwanditsi 03 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Diamond ushinjwa gusakaza amashusho y’ubusambanyi yarekuwe by’agateganyo
HIRYA NO HINO

Diamond ushinjwa gusakaza amashusho y’ubusambanyi yarekuwe by’agateganyo

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 2 Gicurasi 1994: Umunsi Boutros-Ghali yavugiye kuri televiziyo ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside

Ubwanditsi 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru