• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hari tariki ya 7 Kamena 2018, ubwo Perezida w’u Burundi yatunguraga imbaga akavuga ko atazongera kwiyamamaza mu matora y’ubutaha y’umukuru w’igihugu cy’u Burundi kandi hari hamaze guhindurwa Itegeko Nshinga ryemerera Nkurunziza kongera kwiyamamaza.

Mu gihe kitageze ku mwaka ngo amatora abe muri icyo gihugu, Petero Nkurunziza n’ishyaka rye CNDD-FDD ntabwo baragaragaza umurongo bazagenderaho mu matora azaba mu mwaka wa 2020. Ariko mu gihe Nkurunziza ashishikajwe no gucamo ibice amashyaka amurwanya, n’ishyaka rye rya CNDD FDD  ishyamba si ryeru. Muri iki gihe, Nkurunziza yigize kagarara mu kuganira n’abamurwanya cyangwa se kwemera uruhare rw’amahanga mu kugarura amahoro n’ituze mu Burundi ahubwo bikaba bigaragara ko akavuyo kazakomeza mu Burundi.

Muri iki gihe ishyaka riri ku butegetsi rya Nkurunziza rigaragaza ko ridashobora gukemura ibibazo ryifitemo kuko abarwanashyaka baryo bazwi nk’abagumyamabanga bo hejuru barwanira kwiyamamariza gusimbura Nkurunziza. Niba abagumyamabanga bose baharanira inyungu za CNDD FDD mu gihe kirambye, bagomba kumenya ko impinduka igomba guturuka imbere mu ishyaka ryabo.

Kugirango Nkurunziza ahunge ibyemezo biba byafatiwe igihugu cye biturutse ku miryango yo mu karere, yahinduye isura ya politiki mu gihugu cye aho bafunze abasirikari bakuru bahoze mu ngabo za mbere zizwi nka Ex FAB mu rwego rwo gushimisha abagumyamabanga ba CNDD FDD kugirango Leta ye itabazwa ibyo guhohotera abaturage.

Mu baturage bo hasi, CNDD-FDD ikwirakwiza ko Nkurunziza ari umuntu woherejwe n’Imana kugirango abageze mu gihugu cy’isezerano kuko bamufata nka Perezida woherejwe n’Imana. Nkurunziza yitwaza ukwemera nubwo abenshi muri CNDD FDD bamubwiza ukuri cyangwa se bamwe mu bayobozi bavuka mu kibaya cya Imbo mu ntara ya Cibitoke bamubwira kuko we avuka muri Ngozi.

Igihe cyose baba bashaka  kugaragaza ko ibibazo bitazaturuka kuri CNDD FDD cyangwa ku imbonerakure, igihe cyose hazaba ikibazo cya politiki ariko ikigaragara ntabwo CNDD FDD irabona uzasimbura Petero Nkurunziza.

Umuryango Mpuzamahanga nawo ubona ko u Burundi budatekanye, kuko bigaragara ko nta mahoro arambye bufite. Icyo u Burundi buraje ishinga ni ugukora imyigaragambyo itegetswe kuri buri muturage mu kwamagana igihugu cyangwa umuryango uvuga kuri politiki y’iki gihugu.

Gusa ikigaragara ntabwo umuntu yamenya igitenganyijwe mu matora ya 2020 bitewe nuko bimeze muri iki gihugu aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bicwa ku rwego rwo hejuru kandi imbonerakure zigakora ibyo zishaka n’ingabo zikaba zaracitsemo ibice. Kugirango amahoro arambye agerweho ni uko impande zose zashikirana zikaganira. Ariko CNDD FDD ibi byose barabizi ariko biringiye ko imbaraga zabo ari imbonerakure nkuko MRND yiringiye  Interahamwe.

Imbere mu ishyaka rya CNDD FDD ntabwo ari shyashya. Aho rishinjwa ruswa, gutegekesha igitugu, gusuzugura andi mashyaka aho imbonerakure zirusha amategeko inzego z’umutekano. Imbere muri CNDD FDD harimo intamabara yo guhitamo uzasimbura Nkurunziza. Amakuru amwe avugako Nkurunziza ashaka Nyabyenda wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa CNDD FDD ariko akabibangikanya no gushyira imbere abavuka Gitega barimo Evariste Ndayishimiye na Evariste Butore kuko bari hafi n’umugore we.

Birazwi ko Pascal Nyabyenda nubwo akunzwe na Nkurunzia atazwi mu ngabo ndetse nabavuka mu kibaya cya Imbo batamushyigikira. Ikindi gisubizo  Nkurunziza asabwa gushyiraho umuntu ukomeye mu ngabo zo hejuru uzwi cyane kandi ufite amafaranga aho bivugwa ko yaba ari Guillaume Bunyoni.

Mu myaka mike ishize, Nkurunzia yubatse akazu aho bamwe mu kagize nta bunararibonye bafite aha twavuga bene Nyamitwe aribo Willy Nyamitwe na Alain Nyamitwe ndetse nta n’imitungo bafite

Ibisigaye tubitege amaso!

2019-09-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rushyashya Yashyize Hanze Kayumba Na Sisulu Mu Mibanire Y’u Rwanda Na Afurika Y’epfo

Rushyashya Yashyize Hanze Kayumba Na Sisulu Mu Mibanire Y’u Rwanda Na Afurika Y’epfo

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Ubwanditsi 18 Aug 2019
Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Ubwanditsi 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byo wamenya ku bahawe Impeta z’ishimwe [ Photos ]

Ubwanditsi 20 Nov 2017
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali
Mu Mahanga

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Umunyamabanga wa APR FC wagize ibyago agarutse i Kigali igitaraganya
IMIKINO

Umunyamabanga wa APR FC wagize ibyago agarutse i Kigali igitaraganya

Ubwanditsi 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru