• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango

Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango

RUSHYASHYA 08 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu Kinyarwanda baca umugani ngo “wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe.” Uyu mugani usa n’uwugaragaramo bamwe mu bari abayoboke ba RNC (Rwanda National Congress), bakomeje kuvumbura buhoro buhoro ko umuntu bizeye nk’umuyobozi wabo, Kayumba Nyamwasa, atari we bari bazi. Kuri ubu Serge Ndayizeye amwita Kayumba mu gihe mbere yavugaga “General”.

 

Mu minsi ishize, amakuru ava mu banyamuryango ba RNC agaragaza ko muri iri tsinda hakomeje kuvuka amakimbirane ashingiye ku kutizerana, gushinjanya uburiganya no kurwanira umutungo n’ibikoresho byari bisanzwe bikoreshwa mu bikorwa byaryo.

 

Ubu, Serge Ndayizeye wahoze ari umwe mu bayoboke bakomeye ba RNC, yafashe ubuyobozi bw’umuyoboro wa YouTube wari uzwi nka Itahuka Radio, awuhindura amazina ndetse n’amagambo y’ibanga ku buryo nta wundi muntu wo muri RNC ushobora kuwugeraho. Yayise Itahuka Media Network. Ibi byabaye nyuma y’uko havutse amakimbirane hagati ye na Jean Paul Turayishimye, aho Serge ashinjwa kuba yarambuye mugenzi we uburenganzira bwo gukoresha uwo muyoboro.

Ibi bibazo byongeye gushyira ahagaragara ibyo bamwe mu bahoze muri RNC bavuga ko ari umuco umaze igihe urangwa muri iri tsinda, harimo icyenewabo, gukoresha ikimenyane, kurwanira inyungu bwite no kutagira umurongo wa politiki uhamye.

 

Jean Paul Turayishimye yagiye agaragaza ko RNC yasenyutse kera, avuga ko ikibazo nyamukuru cyaturutse ku buyobozi bwa Kayumba Nyamwasa ndetse n’imicungire mibi y’umutungo w’umuryango. Kuri ubu umubano hagati ya Kayumba Nyamwasa na bamwe mu bo bakoranaga bya hafi, barimo muramu we Frank Ntwali, umeze nk’umubano w’injangwe n’imbeba. Abo muri RNC bacitsemo ibice bibiri, hakaba hari RNC ya Ntwali na RNC ya Kayumba.

 

Ubu uwitwa ko ari Umuhuzabikorwa wa RNC, Dr Emmanuel Hakizimana (ukorera mu kwaha kwa Kayumba Nyamwasa) yamaze kwandika ibaruwa ihagarika Serge Ndayizeye

Kimwe mu bibazo byakomeje kuvugwa cyane ni iby’amafaranga yakusanyijwe mu banyamuryango ba RNC mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo n’ahandi ku isi. Nk’uko byagiye bivugwa n’abahoze muri uwo mutwe, amafaranga arenga miliyoni imwe n’igice y’amadolari y’Amerika yari yakusanyijwe mu rwego rwo kugura intwaro no gutera u Rwanda.

Mu nama zitandukanye zabaye mu mwaka wa 2017, mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Rwanda, Kayumba Nyamwasa ngo yashishikarije abanyamuryango gutanga inkunga y’amafaranga, ababwira ko igihe kigeze cyo gukoresha intwaro kugira ngo bahirike ubuyobozi bw’u Rwanda. Aya magambo yatumye benshi batanga amafaranga bizeye ko azakoreshwa muri uwo mugambi.

 

Nyuma y’ikusanyabwishyu ryatangajwe nk’iryagenze neza, abanyamuryango batangiye kwibaza aho amafaranga yabo yagiye kuko nta ntwaro zigeze zigaragara, nta n’ibikorwa byagaragaye byari bihuye n’ibyo bari bemerewe. Nyuma y’amatora yabaye mu Rwanda mu mahoro, bamwe mu banyamuryango ba RNC batangiye gusaba ibisobanuro.

Abari hafi y’ubuyobozi bwa RNC batangiye kuvuga ko ayo mafaranga atigeze akoreshwa mu kugura intwaro nk’uko byari byatangajwe, ahubwo ngo yakoreshejwe mu bucuruzi bwite bwa Kayumba Nyamwasa, harimo kugura amakamyo yifashishijwe mu bikorwa by’ubwikorezi mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo.

 

Ibi byanavuzwe na Callixte Nsabimana uzwi nka Sankara, wahoze ari umwe mu bayoboke ba RNC mbere yo kwerekeza muri FLN. Mu buhamya bwe mu nkiko, yavuze ko bamwe mu banyamuryango batakarije icyizere Kayumba Nyamwasa nyuma yo kubona ko amafaranga yabo yarigishijwe.

Abasesenguzi bavuga ko amakimbirane ari muri RNC muri iki gihe ari ikimenyetso cy’uko iri tsinda rimaze igihe rihanganye n’ibibazo by’imiyoborere n’ukutizerana hagati y’abarigize. Gufatirana Itahuka Radio na Serge Ndayizeye ni kimwe gusa mu bimenyetso by’ayo makimbirane amaze igihe acicikana imbere muri RNC.

Mu gihe bamwe bakomeje kuyivamo, abandi bavuga ko RNC yahindutse urubuga rwo gushakira inyungu bwite aho kuba umuryango ufite intego zihamye za politiki.

 

Nk’uko umugani w’Abanyarwanda ubivuga, “agapfa kaburiwe ni impongo.” Bigaragara ko abo muri RNC bawumvise kare kuko ntawatangiranye niri shyaka ukirisigayemo.

 

2026-06-08
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Cricket mu Bagabo yatumiwe gukina muri Nigeria

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze

Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi w’ubwigenge bwa Afurika hibandwa ku muco wo kwigira

U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi w’ubwigenge bwa Afurika hibandwa ku muco wo kwigira

Ubwanditsi 23 May 2018
Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).
ITOHOZA

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19
UBUKERARUGENDO

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi
Mu Rwanda

Seyoboka yashinjwe ko amafoto ye yigaragambya muri Canada agaragaza ko yari agifite imigambi mibi

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru