• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango

Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango

RUSHYASHYA 08 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu Kinyarwanda baca umugani ngo “wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe.” Uyu mugani usa n’uwugaragaramo bamwe mu bari abayoboke ba RNC (Rwanda National Congress), bakomeje kuvumbura buhoro buhoro ko umuntu bizeye nk’umuyobozi wabo, Kayumba Nyamwasa, atari we bari bazi. Kuri ubu Serge Ndayizeye amwita Kayumba mu gihe mbere yavugaga “General”
Mu minsi ishize, amakuru ava mu banyamuryango ba RNC agaragaza ko muri iri tsinda hakomeje kuvuka amakimbirane ashingiye ku kutizerana, gushinjanya uburiganya no kurwanira umutungo n’ibikoresho byari bisanzwe bikoreshwa mu bikorwa byaryo.
Ubu, Serge Ndayizeye wahoze ari umwe mu bayoboke bakomeye ba RNC, yafashe ubuyobozi bw’umuyoboro wa YouTube wari uzwi nka Itahuka Radio, awuhindura amazina ndetse n’amagambo y’ibanga ku buryo nta wundi muntu wo muri RNC ushobora kuwugeraho. Yayise Itahuka Media Network. Ibi byabaye nyuma y’uko havutse amakimbirane hagati ye na Jean Paul Turayishimye, aho Serge ashinjwa kuba yarambuye mugenzi we uburenganzira bwo gukoresha uwo muyoboro.
Ibi bibazo byongeye gushyira ahagaragara ibyo bamwe mu bahoze muri RNC bavuga ko ari umuco umaze igihe urangwa muri iri tsinda, harimo icyenewabo, gukoresha ikimenyane, kurwanira inyungu bwite no kutagira umurongo wa politiki uhamye.
Jean Paul Turayishimye yagiye agaragaza ko RNC yasenyutse kera, avuga ko ikibazo nyamukuru cyaturutse ku buyobozi bwa Kayumba Nyamwasa ndetse n’imicungire mibi y’umutungo w’umuryango. Kuri ubu umubano hagati ya Kayumba Nyamwasa na bamwe mu bo bakoranaga bya hafi, barimo muramu we Frank Ntwali, umeze nk’umubano w’injangwe n’imbeba. Abo muri RNC bacitsemo ibice bibiri, hakaba hari RNC ya Ntwali na RNC ya Kayumba.
Ubu uwitwa ko ari Umuhuzabikorwa wa RNC, Dr Emmanuel Hakizimana (ukorera mu kwaha kwa Kayumba Nyamwasa) yamaze kwandika ibaruwa ihagarika Serge Ndayizeye
Kimwe mu bibazo byakomeje kuvugwa cyane ni iby’amafaranga yakusanyijwe mu banyamuryango ba RNC mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo n’ahandi ku isi. Nk’uko byagiye bivugwa n’abahoze muri uwo mutwe, amafaranga arenga miliyoni imwe n’igice y’amadolari y’Amerika yari yakusanyijwe mu rwego rwo kugura intwaro no gutera u Rwanda.
Mu nama zitandukanye zabaye mu mwaka wa 2017, mbere y’amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Rwanda, Kayumba Nyamwasa ngo yashishikarije abanyamuryango gutanga inkunga y’amafaranga, ababwira ko igihe kigeze cyo gukoresha intwaro kugira ngo bahirike ubuyobozi bw’u Rwanda. Aya magambo yatumye benshi batanga amafaranga bizeye ko azakoreshwa muri uwo mugambi.
Nyuma y’ikusanyabwishyu ryatangajwe nk’iryagenze neza, abanyamuryango batangiye kwibaza aho amafaranga yabo yagiye kuko nta ntwaro zigeze zigaragara, nta n’ibikorwa byagaragaye byari bihuye n’ibyo bari bemerewe. Nyuma y’amatora yabaye mu Rwanda mu mahoro, bamwe mu banyamuryango ba RNC batangiye gusaba ibisobanuro.
Abari hafi y’ubuyobozi bwa RNC batangiye kuvuga ko ayo mafaranga atigeze akoreshwa mu kugura intwaro nk’uko byari byatangajwe, ahubwo ngo yakoreshejwe mu bucuruzi bwite bwa Kayumba Nyamwasa, harimo kugura amakamyo yifashishijwe mu bikorwa by’ubwikorezi mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo.
Ibi byanavuzwe na Callixte Nsabimana uzwi nka Sankara, wahoze ari umwe mu bayoboke ba RNC mbere yo kwerekeza muri FLN. Mu buhamya bwe mu nkiko, yavuze ko bamwe mu banyamuryango batakarije icyizere Kayumba Nyamwasa nyuma yo kubona ko amafaranga yabo yarigishijwe.
Abasesenguzi bavuga ko amakimbirane ari muri RNC muri iki gihe ari ikimenyetso cy’uko iri tsinda rimaze igihe rihanganye n’ibibazo by’imiyoborere n’ukutizerana hagati y’abarigize. Gufatirana Itahuka Radio na Serge Ndayizeye ni kimwe gusa mu bimenyetso by’ayo makimbirane amaze igihe acicikana imbere muri RNC.
Mu gihe bamwe bakomeje kuyivamo, abandi bavuga ko RNC yahindutse urubuga rwo gushakira inyungu bwite aho kuba umuryango ufite intego zihamye za politiki.

Nk’uko umugani w’Abanyarwanda ubivuga, “agapfa kaburiwe ni impongo.” Bigaragara ko abo muri RNC bawumvise kare kuko ntawatangiranye niri shyaka ukirisigayemo.

2026-06-08
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u  Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Ubwanditsi 09 Feb 2016
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yakiriye abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024

Etoile de l’Est yatsinze Gasogi United 1-0 yongera amanota yayifasha kuguma mu kiciro cya mbere cy’umwaka wa 2024-2024

Ubwanditsi 28 Mar 2024
Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Ubwanditsi 20 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.
Amakuru

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ubwanditsi 03 May 2021
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu
Amakuru

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Udushya muri Rwanda Cultural Day :  Ex. Amb. Eugene-Richard Gasana ntiyashoboye kuboneka, Abanyamakuru  Anne Garrison na Jeremy Miller barasohorwa
POLITIKI

Udushya muri Rwanda Cultural Day : Ex. Amb. Eugene-Richard Gasana ntiyashoboye kuboneka, Abanyamakuru Anne Garrison na Jeremy Miller barasohorwa

Ubwanditsi 27 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru