Umuhanzi Ruhumuriza James wamenyekanye cyane ku izina rya King James yashyize hanze amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cye “20 Years of King James Live Concert”, ni nyuma y’uko ayo kwinjira ku munsi wa mbere yashize ku isoko mu gihe cy’iminsi itatu gusa.
Iki gitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze mu muziki giteganyijwe kubera muri BK Arena ku wa 1 Kanama 2026, ariko kubera ubwitabire bukomeje kwiyongera n’abatabashije kubona amatike, hiyongerewe umunsi wa kabiri uzaba ku wa 2 Kanama 2026.
Amatike y’uyu munsi wa kabiri yatangiye kugurishwa ku wa 1 Kamena 2026, nyuma y’uko King James n’itsinda bafatanyije gutegura iki gitaramo bemeje ko bumvise ubusabe bw’abakunzi b’umuziki we bari babuze uko babona amatike y’umunsi wa mbere.
Uhagarariye Intore Entertainment irimo gutegura iki gitaramo, Bruce Intore, yavuze ko nyuma y’uko amatike ya mbere ashize ku isoko, bakiriye ubutumwa bwinshi bw’abafana basabaga andi mahirwe yo kwitabira iki gitaramo.
Yagize ati: “Nyuma yo gushyira hanze amatike y’umunsi wa mbere twayashyize hanze aragurwa arashira. Twabonye abafana benshi bifuzaga kwitabira ariko bayabuze, bamwe bifuzaga ko twanacyimurira muri Stade Amahoro ariko turebye dusanga dufite igihe gito cyo kubitegura. Byatumye dufata icyemezo cyo gushyiraho umunsi wa kabiri.”
King James na we yavuze ko iki cyemezo cyafashwe hagamijwe guha amahirwe abakunzi be bose kwifatanya na we muri uyu munsi udasanzwe wo kwizihiza urugendo rw’imyaka 20 amaze mu muziki.
Ati: “Mu Rwanda ntabwo bimenyerewe gukora umunsi wa kabiri w’igitaramo nk’iki, ariko bitewe n’uko amatike yahise agurwa kandi abafana bakadusaba kubumva, twasanze igisubizo ari ukongeraho undi munsi kugira ngo abatarabonye amatike babone uko bitabira.”
Ibiciro by’amatike yo ku munsi wa kabiri ni bimwe n’ibyo ku munsi wa mbere, aho itike ihendutse igura ibihumbi 15 Frw, mu gihe ihenze kurusha izindi igura ibihumbi 60 Frw.
King James yavuze kandi ko kugeza ubu nta gahunda afite yo kongeraho umunsi wa gatatu kabone n’iyo amatike y’umunsi wa kabiri na yo yashira. Yagaragaje ko icyo yakora ari ukongera gutegura ikindi gitaramo mu gihe kiri imbere.
Uyu muhanzi yanahishuye ko ari gutegura album nshya yo mu njyana ya Jazz, ndetse ko azanakora igitaramo cyo kuyimurika, nubwo ataratangaza igihe izasohokera. Ibi byose bibaye mu gihe abakunzi b’umuziki bakomeje kwitegura ibitaramo bibiri bikomeye bya “20 Years of King James Live Concert” bizabera muri BK Arena mu ntangiriro za Kanama 2026.
Kubifuza kugura amatike mwanyura hano: https://www.ticqet.rw/







