• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Perezida Ndayishimiye yohereje Batayo ya 9 muri congo, gusimbura iya 7 yashiriye kurugamba barwanamo na M23.

Ubwanditsi 07 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu rugamba urwo ari rwo rwose harwana impamvu kurusha ibikoresho bidafite umutima ushaka kuko umubiri urashaka ariko umutima ukanga

Ibi ni nako bimeze mu gihugu cy’abaturanyi cya Kongo aho urugamba rukomeje guhinana hagati y’Umutwe wabo wa M23 na FARDC, SADC n’imitwe myinshi yibumbiye mu bazalendo ndetse n’Abacanshuro badahwema guhitana abaturage kuko ipfa kurasa bigatuma abenshi bava mu byabo abandi bakahasiga ubuzima

Ku rundi ruhande rero Maj Gen Ndayishimiye Evariste arimo arashyiramo umusemburo kuko yitwaza ubwumvikane bwe na Tshisekedi maze akohereza abana b’Abarundi gufumbira Congo nawe agakenyera kw’ipinda ry’amafaranga atabarika yibikaho nuko imiryango n’imponoke ze zikakira ubuvungukira.

Urutonde rw’Abasirikare b’i Burundi ni rurerure bagiye kuvuna benewabo baguye ku rugamba

Ubu amakuru aremeza ko yamaze kohereza muri Kongo Abasirikare n’imbonerakure zibarizwa muri 614 bakaba bagiye gusimbura abishwe,abafashwe bunyago ndetse n’abakomeretse bikabije kuko M23 irimo gusya itanzitse

Imbere ya Ndayishimiye, ingabo z’u Burundi zikomeje gutikirira muri Congo zirwanirira Tshisekedi nta cyo bimubwiye kuko ikimuraje ishinga ari Idorali ryishyurwa kuri buri musirikare w’umurundi nubwo ritamugeraho kuko abanza kurigerenzura akabaha ubuvungukira

Icyo umuntu wese yabona ni uko Perezida Ndayishimiye wagirango borosoye uwabyukaga kugirango akomeze guhondanya imitwe abavandimwe kuko bigaragara ko ashyigikiye gukwirakwiza urwango, ntiwabona abana bawe bashira ngo ukomeze kubatamika intare z’inkazi zo mu misozi ya Sarambwe ngo zibatikize binyuze mu mayeri menshi y’intambara yo mu ishyamba intare zimazemo iminsi

Perezida w’uburundi rero nawe yiboneye akanya ko gukomeza ingengabitekerezo y’urwango rudafite impamvu, Yahisemo gufatanya n’ingabo za Congo, Wazalendo n’Interahamwe za FDLR mu bikorwa byibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Igiciro cyabyo ni umuriro kuko Abasirikare be barahashiriye bihagije kandi bibabaje abandi bagafatwa matekwa none yahisemo kohereza abandi uruhumbirajana nabo ngo bafumbire amashyamba ya Kongo

Urutonde rw’abasirikare bariwe n’urusasu rwa M23 ni rurerure ariko kandi n’urwa Batayo ya 9 igiye kubasimbura narwo si rugufi, Ibi byateje umwiryane hagati ndani muri CNDD-FDD aho imiryango yaba nyakwigendera ikomeje gushinja Varisto Ndayishimiye ruswa aryana umururumba ikamuhuma amaso kuko abamuri hafi bemeza ko urebye uburyo yahindutse atazasiga n’iyonka atayiririye cyangwa ngo ayinywere muri Kongo

Abarebera hafi ibya Politike yo mu karere k’ibiyaga bigari bo bemeza ko ubutegetsi bwa Ndayishimiye bwabaye bubi ugereranyije n’ubw’uwo yasimbuye Petero Nkurunziza, aho ubutegetsi bushora ubuzima bw’abaturage babwo ku mpamvu zidafitiye inyungu igihugu, ibintu bishyira Ndayishimiye mu mazi abira kubera igitutu anashyirwaho n’abarwanya ubutegetsi bwe

Ikindi kandi, abasirikare b’Abarundi bakomeje kwinubira ko bafatwa nk’imfungwa z’intambara ya Congo mu nyungu za Ndayishimiye, ibintu bemeza ko ashobora kubyishyura mu gihe kitari icya kure, bakababazwa nuko banafatwa ntihabeho n’uburyo bw’ibiganiro bwatuma byibura abakura mu kimwaro n’ihahamuka ry’intambara mu muriro bose (kwota) wa M23

Akayabo Perezida Ndayishimiye yahawe na Felix Tshisekedi byemezwa ko ayasangira n’imandwa ze za hafi zo muri CNDD-FDD zirimo Gervais Ndirakobuca uzwi nka Ndakugarika, dore ko Ari no mu bakurikiranwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ruri Hague (ICC) kubera uruhare yagize mu iyicwa ry’Abatutsi mu Burundi, bakaba bageze no muri Kongo aho barimo gukomwa mu nkokora na M23

Uyu Ndakugarika, ku itegeko rya Gen Neva yamaze no guha intwaro Imbonerakure 30,000 zo muri CNDD-FDD ngo zijye gukoreshwa nk’abacanshuro ba Tshisekedi na Ndayishimiye. Gusa, nyuma yo kumenya ibyabaye ku ngabo z’u Burundi, aba bamaze gutera umugongo iki cyemezo maze si ugutoroka bivayo abasigaye babo bafungwa bazira gusuzugura ibyemezo bya Perezida

Hagati aho, imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Burundi ifite icyicaro muri Kivu y’Amajyepfo, nka Red Tabara, FOREBU, FNL, na CNL, irakataje aho idasiba kugarika inzego z’umutekano z’u Burundi, mu bitero byibasira ibirindiro byabo ibya gisirikare ndetse na gipolisi ndetse bigahitana ubuzima bw’abaturage.

Birashoboka cyane ko izi nyeshyamba ziri gutegura urugendo ruzerekeza i Gitega mu gihe Ndayishimiye we ashishikajwe n’idorali akura kwa Tshisekedi.

Turabibutsa ko ibi bikorwa by’iterabwoba haba muri Congo ariko bikanagira ingaruka ku bindi bihugu byo mu karere ku isonga u Rwanda kubera imitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi ifatanya n’izi ngabo.

Isi yose izi neza ko u Burundi aribwo bwari bushyigikiye umutwe w’iterabwoba wa FLN na MRCD ya Paul Rusesabagina, abicanyi bagabye ibitero mu Majyepfo no mu Burengerazuba bw’u Rwanda hagati y’umwaka wa 2018 na 2019 ndetse no mu mwaka wa 2021 wagerageje kugaba ibindi bitero-shuma uturutse mu Burundi ariko usanga ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja zibiburizamo ku rwego rutazibagirana ndetse na Sebuja akisanga arya indimi I Mageragere

Mu miyoborere ya Maj Gen Ndayishimiye Evariste yagaragaje ibimenyetso byo kutubahiriza imigabo n’imigambi iganisha ku mahoro kuko hambere aha yahoze ayobora buhumyi urubyiruko rwa Kongo nurw’u Rwanda arwereka ko rukwiye kwivuna Perezida w’Abanyarwanda ngo ko ari we kibazo ariko yahawe ubutumwa mu Kirundi no mu kinyarwanda kugeza ubwo Leta itayanjwe isohora amabaruwa yo kwihohora bakosora amakosa yo guhubuka kwa Perezida Jenerali Neva

U Rwanda narwo ntiruhwemye guhumuriza abaturage barwo aho abayobozi yaba Perezida Kagame n’abandi bayobozi b’ingabo bahora iteka babwira abanyarwanda ko ibikorwa by’Iterabwoba ari ikibazo gihangayikishije u Rwanda n’Akarere ariko ko Umuti wakozwe ubu wamaze no kuvugutwa ku buryo uzarenga umurongo utukura azaba yikojeje ikara ryotsa ku munwa.

Ihumure abanyarwanda baryakiranye yombi kuko n’ubu icyizere bafitiye Ingabo z’u Rwanda kiruzuye nta gakoni karavaho.

2024-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Ubwanditsi 31 Aug 2020
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na  Kayumba Nyamwasa  mu bikorwa bya RNC

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 01 Jun 2018

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo
HIRYA NO HINO

Uganda: Bobi Wine Yafunguwe By’agateganyo

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Ni gute umutwe w’iterabwoba wakwigisha uburenganzira bwa muntu no kugendera ku mategeko? Mu binyoma uhimbira u Rwanda,  RNC ijye yibuka ‘grenades” yateye Abanyarwanda zigatwara umuzima bwa benshi
Amakuru

Ni gute umutwe w’iterabwoba wakwigisha uburenganzira bwa muntu no kugendera ku mategeko? Mu binyoma uhimbira u Rwanda,  RNC ijye yibuka ‘grenades” yateye Abanyarwanda zigatwara umuzima bwa benshi

Ubwanditsi 10 Mar 2021
Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye
Mu Mahanga

Veterineri w’akarere afungiye kunyereza amafaranga y’inka z’abarokotse batishoboye

Ubwanditsi 14 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru