• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko Rukuru rwa Kampala mu gihugu cya Uganda ejo (kuwa Kabiri tariki 10 Mutarama 2017) rwategetse ko Polisi ikomeza gufunga Umunyarwandakazi Cynthia Munwangari kubera icyaha akurikiranyweho cy’ubwicanyi.

Munwangari, w’imyaka 26, avuka kuri se w’Umurundi na nyina w’Umunyarwandakazi. Yari asanzwe akorera ibijyanye no kumurika imideli cyane cyane mu Burundi, mu Rwanda no muri Uganda aho ubu afungiwe.

Afunzwe azira ko we n’umusore bakundana Mathew Kanyamunyu, baba bararashe uwitwa Kenneth Akena kuwa Gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.

Munwangari ujya ukunda kuba no mu Rwanda, afungiwe muri ‘Jinja Road Police Station’, afunganywe na Matthew Kanyamunyu, w’imyaka 39, na Kanyamunyu Joseph w’imyaka 40.

Uko byagenze…

Uru rupfu rwabaye ubwo Kenneth Watmon Akena, usanzwe ukora mu ntara yavaga mu modoka ye ahitwa Lugogo ajya gusaba imbabazi umucuruzi w’umukire Mathew Kanyamunyu, nk’uko ibinyamakuru byo muri Uganda, birimo Daily Monitor bibivuga.

Bivugwa ko Akena ubwo yari ari guparika imodoka ye yagonze imodoka ya Kanyamunyu yari inarimo Munwangari nuko ahita asohoka ajya gusaba imbabazi.

-5341.jpg

Cynthia Munwangari

Mu kumugera imbere, Kanyamunyu asa n’umanura ibirahuri nk’ugiye kumva ibyo Akena amubwira hahita humvikana amasasu abiri harimo rimwe ryarashe Akena mu gituza ahita apfa.

Gusa mbere y’uko Akena apfa ajyanywe kwa muganga, mu bitaro bya Novik Hospital, we yavuze ko yarashwe na Mathew Kanyamunyu.

Ku rundi ruhande, Joseph Kanyamunyu, uvukana na Mathew Kanyamunyu we yatangaje ko Akena yaba yararashwe n’abahigaga Cynthia Munwangari, akavuga ko Munwangari ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Burundi, ko yahigwaga.

Gusa uyu Joseph Kanyamunyu nawe yaje guhita afatwa arafungwa, kuko mu iperereza hagaragajwe ko ari mu bahise bavugana na Kanyamunyu Akena akimara kwicwa, ku buryo bikekwa ko yaba hari byinshi azi ku byabaye.

Urukiko…

Mu gufata uyu mwanzuro, Umucamanza Elizabeth Kabanda yagaragaje ko nubwo Kanyamunyu Mathew yerekanye ko afite iwe aho atuye muri Butabika LC1 batabashije gutanga ibisobanura byemeza urukiko.

-5340.jpg

Mu rukiko Matthew Kanyamunyu ukundana na Munwangari Cynthia

-5338.jpg

Matthew Kanyamunyu

Urukiko Rukuru rwagaragaje ko nta kindi kimenyetso kidasanzwe aba bagaragaje cyatuma amategeko ya Uganda abemerera gufungurwa, nk’iyo wenda baza kuba bafite uburwayi bukomeye, cyangwa se bakuze cyane.

Umushinjacyaha wa Leta ya Uganda witwa Samalie Wakooli we yaherukaga kugaragaza ko urukiko rudakwiye gufungura Munwangari kandi adafite ubwenegihugu bwa Uganda; akaba yahabaga gusa agendeye ku ruhushya rwo kuhakorera.

Aha niho nawe yari yasabye ko aba baregwa baba bafunzwe hagakorwa iperereza ryimbitse.

Amategeko ahana yo mu gihugu cya Uganda, mu ngingo zayo za 188 na 189 agaragaza ko abaregwa baramutse bahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bashobora gufungwa igihano cya burundu.

Cynthia Munwangari n’abo bafunganywe bahise basubizwa muri Gereza ya Ruzira ngo hakomeze gukorwa iperereza ryimbitse.

Biteganijwe ko bazasubira imbere y’urukiko kuwa 17 Mutarama 2017.

Munwangari…

Cynthia Munwangari ari mu bakobwa batangije iserukiramuco ngarukamwaka ry’Imideli mu Burundi rya Bujumbura Fashion Week.

Munwangari wavutse tariki 8 Nzeri 1990, afite inzu ye ya Cy’Mun Collection label imurika imideli.

Ni umwana wa gatatu mu muryango w’abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri. Ubuzima bwe hafi ya bwose yabumaze cyane cyane mu Burundi, ahiga amashuri arangiza muri Kaminuza ya Hope Africa University mu Burundi yize ibijyanye n’ubujyanama bw’imyitwarire ya muntu.

Yabyaye akiri muto, aho ubu afite umwana w’umuhungu w’imyaka umunani yabyaranye n’umugabo we wa mbere bashyingiranywe ariko bakaza gutandukana mbere y’uko akundana na Kanyamunyu.

-5339.jpg

Munwangari afitanye isano rya hafi na Hafsa Mossi, Umudepite wari uhagarariye u Burundi mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) uheruka kwitaba Imana yishwe n’abantu bataramenyekana.

Source: Izubarirashe

2017-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Ubwanditsi 10 Jul 2019
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Umufana wa APR FC yarohamye mu kivu ashira mo umwuka

Umufana wa APR FC yarohamye mu kivu ashira mo umwuka

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.
Amakuru

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ubwanditsi 21 May 2021
Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana
Mu Rwanda

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru