• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko Rukuru rwa Kampala mu gihugu cya Uganda ejo (kuwa Kabiri tariki 10 Mutarama 2017) rwategetse ko Polisi ikomeza gufunga Umunyarwandakazi Cynthia Munwangari kubera icyaha akurikiranyweho cy’ubwicanyi.

Munwangari, w’imyaka 26, avuka kuri se w’Umurundi na nyina w’Umunyarwandakazi. Yari asanzwe akorera ibijyanye no kumurika imideli cyane cyane mu Burundi, mu Rwanda no muri Uganda aho ubu afungiwe.

Afunzwe azira ko we n’umusore bakundana Mathew Kanyamunyu, baba bararashe uwitwa Kenneth Akena kuwa Gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.

Munwangari ujya ukunda kuba no mu Rwanda, afungiwe muri ‘Jinja Road Police Station’, afunganywe na Matthew Kanyamunyu, w’imyaka 39, na Kanyamunyu Joseph w’imyaka 40.

Uko byagenze…

Uru rupfu rwabaye ubwo Kenneth Watmon Akena, usanzwe ukora mu ntara yavaga mu modoka ye ahitwa Lugogo ajya gusaba imbabazi umucuruzi w’umukire Mathew Kanyamunyu, nk’uko ibinyamakuru byo muri Uganda, birimo Daily Monitor bibivuga.

Bivugwa ko Akena ubwo yari ari guparika imodoka ye yagonze imodoka ya Kanyamunyu yari inarimo Munwangari nuko ahita asohoka ajya gusaba imbabazi.

-5341.jpg

Cynthia Munwangari

Mu kumugera imbere, Kanyamunyu asa n’umanura ibirahuri nk’ugiye kumva ibyo Akena amubwira hahita humvikana amasasu abiri harimo rimwe ryarashe Akena mu gituza ahita apfa.

Gusa mbere y’uko Akena apfa ajyanywe kwa muganga, mu bitaro bya Novik Hospital, we yavuze ko yarashwe na Mathew Kanyamunyu.

Ku rundi ruhande, Joseph Kanyamunyu, uvukana na Mathew Kanyamunyu we yatangaje ko Akena yaba yararashwe n’abahigaga Cynthia Munwangari, akavuga ko Munwangari ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Burundi, ko yahigwaga.

Gusa uyu Joseph Kanyamunyu nawe yaje guhita afatwa arafungwa, kuko mu iperereza hagaragajwe ko ari mu bahise bavugana na Kanyamunyu Akena akimara kwicwa, ku buryo bikekwa ko yaba hari byinshi azi ku byabaye.

Urukiko…

Mu gufata uyu mwanzuro, Umucamanza Elizabeth Kabanda yagaragaje ko nubwo Kanyamunyu Mathew yerekanye ko afite iwe aho atuye muri Butabika LC1 batabashije gutanga ibisobanura byemeza urukiko.

-5340.jpg

Mu rukiko Matthew Kanyamunyu ukundana na Munwangari Cynthia

-5338.jpg

Matthew Kanyamunyu

Urukiko Rukuru rwagaragaje ko nta kindi kimenyetso kidasanzwe aba bagaragaje cyatuma amategeko ya Uganda abemerera gufungurwa, nk’iyo wenda baza kuba bafite uburwayi bukomeye, cyangwa se bakuze cyane.

Umushinjacyaha wa Leta ya Uganda witwa Samalie Wakooli we yaherukaga kugaragaza ko urukiko rudakwiye gufungura Munwangari kandi adafite ubwenegihugu bwa Uganda; akaba yahabaga gusa agendeye ku ruhushya rwo kuhakorera.

Aha niho nawe yari yasabye ko aba baregwa baba bafunzwe hagakorwa iperereza ryimbitse.

Amategeko ahana yo mu gihugu cya Uganda, mu ngingo zayo za 188 na 189 agaragaza ko abaregwa baramutse bahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bashobora gufungwa igihano cya burundu.

Cynthia Munwangari n’abo bafunganywe bahise basubizwa muri Gereza ya Ruzira ngo hakomeze gukorwa iperereza ryimbitse.

Biteganijwe ko bazasubira imbere y’urukiko kuwa 17 Mutarama 2017.

Munwangari…

Cynthia Munwangari ari mu bakobwa batangije iserukiramuco ngarukamwaka ry’Imideli mu Burundi rya Bujumbura Fashion Week.

Munwangari wavutse tariki 8 Nzeri 1990, afite inzu ye ya Cy’Mun Collection label imurika imideli.

Ni umwana wa gatatu mu muryango w’abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri. Ubuzima bwe hafi ya bwose yabumaze cyane cyane mu Burundi, ahiga amashuri arangiza muri Kaminuza ya Hope Africa University mu Burundi yize ibijyanye n’ubujyanama bw’imyitwarire ya muntu.

Yabyaye akiri muto, aho ubu afite umwana w’umuhungu w’imyaka umunani yabyaranye n’umugabo we wa mbere bashyingiranywe ariko bakaza gutandukana mbere y’uko akundana na Kanyamunyu.

-5339.jpg

Munwangari afitanye isano rya hafi na Hafsa Mossi, Umudepite wari uhagarariye u Burundi mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) uheruka kwitaba Imana yishwe n’abantu bataramenyekana.

Source: Izubarirashe

2017-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Abdallah Akishuri na Tomas Nahimana mu bikorwa by’ubutekamutwe

Ubwanditsi 03 Aug 2016
Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Uganda: Hafashwe Umunyarwanda wagendaga asaba imisanzu yo kuzifashisha mu gutera u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Ejo ku isaha ya 17 h 55  ku kibuga cy’indege ( Aéroport International de Paris-Charles de Gaulle  ) Padiri Tomas Nahimana yuriye indege  iza i Kigali ( Yavuguruwe )

Ejo ku isaha ya 17 h 55 ku kibuga cy’indege ( Aéroport International de Paris-Charles de Gaulle ) Padiri Tomas Nahimana yuriye indege iza i Kigali ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 24 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’
Amakuru

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’

RUSHYASHYA 12 Mar 2026
Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe
POLITIKI

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka
Amakuru

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru