• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Ubwanditsi 13 Feb 2019 IMIKINO

Imikino ibanza ya 1/8 cya UEFA Champions League yatangiye gukinwa, Paris Saint-Germain isura Manchester United kuri ‘Old Trafford iyitsinda 2-0 byombi byagizwemo uruhare n’umunya-Argentine, Ángel Di María, wahanganaga n’ikipe yahozemo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gashyantare 2019 nibwo hakinwe imikino ibiri ya mbere yo mu cyiciro cyo gukuranamo mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi.

Umukino wahuje ibihangange watangiye 22:00, Paris Saint-Germain idafite ba kabuhariwe bayo Neymar da Silva Santos Júnior na Edinson Roberto Cavani Gómez.

Ibyo ntibyabujije iyi kipe yo mu Bufaransa kwihagararaho Igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 0-0, abakinnyi ba Ole Gunnar Solskjær bakiniraga mu rugo bateye umupira ugana mu izamu inshuro imwe gusa naho PSG yo nta na rimwe.

Igice cya mbere ntabwo cyahiriye ikipe ya Manchester United kuko yavunikishijemo abakinnyi babiri aribo Jesse Lingard na Anthony Martial basimbujwe Juan Mata na Alexis Sanchez.

Kubura aba bakinnyi babiri byongereye imbaraga Paris Saint-Germain itozwa na Thomas Tuchel kuko yahise itangira gusatira cyane inabona igitego cya mbere ku munota wa 53 cyatsinzwe na myugariro w’Umufaransa Presnel Kimpembe ku mupira wavuye muri Koruneri yari itewe na Ángel Di María.

Di María wahanganaga n’ikipe yakiniye, umukino wose yavugirizwaga induru n’abafana ba Manchester United batishimira kuba nta musaruro yabahaye mu mwaka yabakiniye ariko akaba awutanga mu yandi makipe.

Kuvugirizwa induru n’abafana byamwongereye imbaraga afasha PSG kubona n’igitego cya kabiri ku munota wa 60 ubwo yahaga umupira mwiza rutahizamu Kylian Mbappe ahindukiza umunyezamu David De Gea ku nshuro ya kabiri.

Umukino warangiye Man United itsindiwe mu rugo 2-0 ifite abakinnyi 10 kuko ku munota wa 89 Paul Pogba yahawe ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa Daniel Alvez.

Undi mukino wa 1/8 warangiye AS Roma itsinze FC Porto ibitego 2 – 1, byombi bya rutahizamu w’Umutaliyani Nicolo Zaniolo.

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu

 Ajax vs Real Madrid: saa 22:00
 Tottenham vs Borussia Dortmund: saa 22:00

Ángel Di María yavugirijwe induru bigeza n’aho abafana bamutera icupa ririmo inzoga ararifata asa n’usomyeho

Abafana ba PSG bafannye ikipe yabo iminota 90 irashira

Anthony Martial yasimbujwe igice cya mbere kirangiye nyuma yo kugira imvune

Byari ibyishimo kuri Kimpembe watsindaga igitego cye cya mbere muri aya marushanwa

Di Maria yari yasazwe n’ibyishimo

Mbappe yerekanye ko ari umwe muri ba rutahizamu bahagaze neza ku Isi

Di Maria yavugirijwe induru iminota 90 yose

Mbappe ahindukiza DeGea ku gitego cya kabiri

Man united yagize ibyago Jesse Lingard avunika mu gice cya mbere

Mbappe yatsindiye ikipe ye yakinnye idafite Neymar na Cavani

Ole Gunnar Solskjaer yatsinzwe umukino wa mbere muri 11 atoje Man United

Presnel Kimpembe afungura amazamu

Wari umunsi mwiza kuri uyu munya-Argentine
Src: IGIHE

2019-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Ubwanditsi 18 Jul 2021
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Rayon Sports yakoze urugendo rwo Kwibuka, inunamira Abatutsi bazize Jenoside mu 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.
Amakuru

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe
SHOWBIZ

Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana
Mu Mahanga

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru