• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Ubwanditsi 02 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu nyandiko iri mu kinyamakuru The East African kiri ku isoko, ifite umutwe igira uti, ” kumvikana guke birabangamira ubucuruzi buciriritse bwambikiranya  umupaka”, ariko ntisobanurire abasomyi bayo ku birebana n’ikibazo, hashingiwe ku isesengura rigaragarira  ku imibare.

Uwanditse iyo nkuru-Kandi ko nicyo Kinyamakuru cyandikirwa mu icapiro rya Daily Monitor, ikinyamakuru cyiva inda imwe na Monitor- Gipapira ibintu byinshi gishingiye ku byo  cyita ingirwamibare ngo iba yatanzwe na Banki Nkuru y’uRwanda, ariko imwe mu mibare yagaragaje ntaho igaragara muri raporo za Banki Nkuru y’uRwanda BNR.

Ibiri muri iyo nyandiko, n’imibare igaragazwa mo, bihabanye kure nibya politike y’amafaranga ya Banki Nkuru y’uRwanda , hamwe na raporo igaragaza uko ifaranga rihagaze yo mu kwezi kwa Kanama 2019.  Iyi mibare kandi yagaragajwe n’uyu wanditse iyi nkuru, ntaho ihuriye na gato na raporo y’igihembwe y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyo mu kwezi kwa Kamena 2019. ugereranije

Ikinyamakuru The East African gipapira ko ngo ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga byagabanutseho 40%.  Kandi nyamara Banki Nkuru y’uRwanda igaragaza neza ko habayeho inyongera ingana na 18%, ku bicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2019, ugereranije n’igice cya mbere cy’umwaka wa 2018.

Gupapira kw’iki kinyamakuru kuvuga mu buryo bw’ibinyoma  kw’igabanuka ry’ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga, ngo kirihuza n’imibanire mibi hagati y’uRwanda na Uganda.

Ikindi kandi, nuko icyo kinyamakuru cyanditse ko ngo ibyoherezwa mu mahanga byiyongereyeho 7.5% mu nyandiko yacyo isoza iyo nkuru-ibi bikaba byarabaye bituma iyo nkuru ayiha undi mutwe wakabaye ugira uti, ” Rwanda finds new export marekets” ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga ngo, ” uRwanda rwabonye  isoko rishyashya ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga.”

Mu by’ukuri ingaruka ku bukungu zishingiye ku bwumvikane buke ntizakabaye zituma ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga byiyongera. Ikindi giteye ubwoba nkuko uwanditse iyi nkuru yibanda ku mpagarara hagati ya Uganda n’uRwanda nka nyirabayazana w’igabanuka ry’ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga, agaragazamo n’igihugu cy’uBurundi.

Nkuko Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare  kibigaragaza, mu gihe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wihariye 16% by’ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga, ni ngombwa ko umusomyi amenya ko uBurundi bufite mo  0,88% mu byo uRwanda rutumiza mu Muryango wa Afurika y’iburasirazuba.

Muri 2019, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba  wihariye 19,63% by’icuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga mu gihembwe cya mbere, Sudani y’Amajyepfo ikaba iza ku isonga mu masoko y’ibyo uRwanda rugurisha mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho rwohereza yo ibingana na 34,11%. Uru ni rumwe mu ngero rugaragaza igoreka ry’ iki Kinyamakuru , hagati y’iyi nkuru n’ukuri.

Birazwi ko Banki Nkuru ya Uganda irimo kubogoza, kubera ingaruka ku bukungu, zishingiye ku bwumvikane buke hagati ya Uganda n’uRwanda-biterwa na politike ya Yoweri Museveni  yo kwibasira Kigali.

Rwanda yari igihugu cya gatatu mu kugura ibicuruzwa bya Uganda, mu gihe cy’imyaka myinshi Mu by’ukuri, uRwanda ni isoko rikomeye rya Uganda kurusha ndetse  n’uBushinwa!

Nkuko  Banki Nkuru ya Uganda ibigaragaza, u Rwanda ruhagarariye ibicuruzwa byatumizwaga muri Uganda bingana n’agaciro ka miliyoni hafi 200 z’amadolari ya Amerika, na za serivise ku mwaka.

Iri soko ryarononwe, mu gihe Perezida Museveni yatangiraga politike yo kwibasira uRwanda, mur’ibi hakabamo no kugirira nabi abanyarwanda basanzwe  bakorerayo ubucuruzi, kubafunga bidakurikije amategeko, kubakorera iyicarubozo, no kubafunga babatwerera ibyaha batigeze bakora.

Ibyo bikaba byaratumye muri uyu mwaka mu ntangiriro za Werurwe Kigali iburira abaturage bayo kutajya bambuka ngo bajye Uganda.

Ikindi kandi n’uko imodoka nini za Uganda zahagaritswe kujya zikoresha umupaka wa Gatuna ziza mu Rwanda, kuberako hari ibikorwa byo kwihutisha iyubakwa ry’umupaka.

Banki Nkuru ya Uganda igaragaza ko Uganda yahombye akabakaba miliyoni 11 z’amadolari buri kwezi kubera iki  kibazo.

Ikinyamakuru cyanditse iyi nkuru  kibanda ku ifungwa ry’umupaka, kandi mu by’ukuri ibyo ntaho bihuriye nicyo  kibazo. ” Kubera ko ubucuruzi bushingira ku bantu, kubahiriza umutekano w’abacuruzi byakabaye aribyo biza ku isonga” nkuko umusesenguzi mu by’ucuruzi uri Kigali abibona.

Politike y’akagenderere igamije kwibasira igihugu cy’igituranyi ntakabuza igira ingaruka ku bucuruzi.

2019-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Ubwanditsi 13 Mar 2018
Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Ubwanditsi 25 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025,  ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC
Uncategorized

APR BBC izahura na REG ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball 2025, ni nyuma yo gusezerera Patriots BBC

Ubwanditsi 30 Jun 2025
IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima
Mu Mahanga

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.
Amakuru

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Ubwanditsi 13 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru