• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Urwango Kampala ifitiye uRwanda rukomeje kugira ingaruka ku bucuruzi bwa Uganda

Ubwanditsi 02 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu nyandiko iri mu kinyamakuru The East African kiri ku isoko, ifite umutwe igira uti, ” kumvikana guke birabangamira ubucuruzi buciriritse bwambikiranya  umupaka”, ariko ntisobanurire abasomyi bayo ku birebana n’ikibazo, hashingiwe ku isesengura rigaragarira  ku imibare.

Uwanditse iyo nkuru-Kandi ko nicyo Kinyamakuru cyandikirwa mu icapiro rya Daily Monitor, ikinyamakuru cyiva inda imwe na Monitor- Gipapira ibintu byinshi gishingiye ku byo  cyita ingirwamibare ngo iba yatanzwe na Banki Nkuru y’uRwanda, ariko imwe mu mibare yagaragaje ntaho igaragara muri raporo za Banki Nkuru y’uRwanda BNR.

Ibiri muri iyo nyandiko, n’imibare igaragazwa mo, bihabanye kure nibya politike y’amafaranga ya Banki Nkuru y’uRwanda , hamwe na raporo igaragaza uko ifaranga rihagaze yo mu kwezi kwa Kanama 2019.  Iyi mibare kandi yagaragajwe n’uyu wanditse iyi nkuru, ntaho ihuriye na gato na raporo y’igihembwe y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyo mu kwezi kwa Kamena 2019. ugereranije

Ikinyamakuru The East African gipapira ko ngo ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga byagabanutseho 40%.  Kandi nyamara Banki Nkuru y’uRwanda igaragaza neza ko habayeho inyongera ingana na 18%, ku bicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2019, ugereranije n’igice cya mbere cy’umwaka wa 2018.

Gupapira kw’iki kinyamakuru kuvuga mu buryo bw’ibinyoma  kw’igabanuka ry’ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga, ngo kirihuza n’imibanire mibi hagati y’uRwanda na Uganda.

Ikindi kandi, nuko icyo kinyamakuru cyanditse ko ngo ibyoherezwa mu mahanga byiyongereyeho 7.5% mu nyandiko yacyo isoza iyo nkuru-ibi bikaba byarabaye bituma iyo nkuru ayiha undi mutwe wakabaye ugira uti, ” Rwanda finds new export marekets” ugenekereje mu Kinyarwanda bishatse kuvuga ngo, ” uRwanda rwabonye  isoko rishyashya ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga.”

Mu by’ukuri ingaruka ku bukungu zishingiye ku bwumvikane buke ntizakabaye zituma ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga byiyongera. Ikindi giteye ubwoba nkuko uwanditse iyi nkuru yibanda ku mpagarara hagati ya Uganda n’uRwanda nka nyirabayazana w’igabanuka ry’ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga, agaragazamo n’igihugu cy’uBurundi.

Nkuko Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare  kibigaragaza, mu gihe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba wihariye 16% by’ibicuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga, ni ngombwa ko umusomyi amenya ko uBurundi bufite mo  0,88% mu byo uRwanda rutumiza mu Muryango wa Afurika y’iburasirazuba.

Muri 2019, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba  wihariye 19,63% by’icuruzwa uRwanda rutumiza mu mahanga mu gihembwe cya mbere, Sudani y’Amajyepfo ikaba iza ku isonga mu masoko y’ibyo uRwanda rugurisha mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho rwohereza yo ibingana na 34,11%. Uru ni rumwe mu ngero rugaragaza igoreka ry’ iki Kinyamakuru , hagati y’iyi nkuru n’ukuri.

Birazwi ko Banki Nkuru ya Uganda irimo kubogoza, kubera ingaruka ku bukungu, zishingiye ku bwumvikane buke hagati ya Uganda n’uRwanda-biterwa na politike ya Yoweri Museveni  yo kwibasira Kigali.

Rwanda yari igihugu cya gatatu mu kugura ibicuruzwa bya Uganda, mu gihe cy’imyaka myinshi Mu by’ukuri, uRwanda ni isoko rikomeye rya Uganda kurusha ndetse  n’uBushinwa!

Nkuko  Banki Nkuru ya Uganda ibigaragaza, u Rwanda ruhagarariye ibicuruzwa byatumizwaga muri Uganda bingana n’agaciro ka miliyoni hafi 200 z’amadolari ya Amerika, na za serivise ku mwaka.

Iri soko ryarononwe, mu gihe Perezida Museveni yatangiraga politike yo kwibasira uRwanda, mur’ibi hakabamo no kugirira nabi abanyarwanda basanzwe  bakorerayo ubucuruzi, kubafunga bidakurikije amategeko, kubakorera iyicarubozo, no kubafunga babatwerera ibyaha batigeze bakora.

Ibyo bikaba byaratumye muri uyu mwaka mu ntangiriro za Werurwe Kigali iburira abaturage bayo kutajya bambuka ngo bajye Uganda.

Ikindi kandi n’uko imodoka nini za Uganda zahagaritswe kujya zikoresha umupaka wa Gatuna ziza mu Rwanda, kuberako hari ibikorwa byo kwihutisha iyubakwa ry’umupaka.

Banki Nkuru ya Uganda igaragaza ko Uganda yahombye akabakaba miliyoni 11 z’amadolari buri kwezi kubera iki  kibazo.

Ikinyamakuru cyanditse iyi nkuru  kibanda ku ifungwa ry’umupaka, kandi mu by’ukuri ibyo ntaho bihuriye nicyo  kibazo. ” Kubera ko ubucuruzi bushingira ku bantu, kubahiriza umutekano w’abacuruzi byakabaye aribyo biza ku isonga” nkuko umusesenguzi mu by’ucuruzi uri Kigali abibona.

Politike y’akagenderere igamije kwibasira igihugu cy’igituranyi ntakabuza igira ingaruka ku bucuruzi.

2019-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Kuva Darfur 2004 kugera Cabo Delgado 2021; urugendo rw’u Rwanda mu gutabara abari mu kaga rwerekanye ko Afurika yakwishakamo ibisubizo

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Barahigwa Bukware, bagategura umuhango wo kwibuka Karegeya i Johannesburg

Ubwanditsi 15 Feb 2019
“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo
INKURU NYAMUKURU

Ababiligi bakuriye inzira k’umurima Jambo asbl yashakaga guhakanira Genocide yakorewe Abatutsi mu nteko nshingamategeko yabo

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye
Amakuru

Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ubwanditsi 15 Nov 2022
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.
Amakuru

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Ubwanditsi 11 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru