• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Ubwanditsi 21 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 20 Mutarama 2022 nibwo hasozwaga imikino y’amatsinda mu gikombe cya Afurika gikomeje kubera mu gihugu cya Cameroon, nyuma yo gusoza iyi mikino amakipe arimo Algeria na Ghana zamaze gusezererwa muri iri rushanwa.

Mu mikino yo gusoza amatsinda, ikipe ya Sierra Leone yatsinzwe na Guine Equatorial igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Pablo Ganet ubwo hari ku munota wa 38 w’umukino.

Mu wundi mukino wo mu itsinda E ikipe ya Cote d’Ivoire yatsinze Algérie ibitego 3-1, ni ibitego byatsinzwe na Frank Kessie, Ibrahim Sangare ndetse na Nicolas Pepe, igitego kimwe cya Algeria cyatsinzwe na Sofiane Bendebka.

Mu itsinda rya nyuma rya F, ikipe ya Gambia yatsinze Tunisia igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Abie Jallow ubwo hari ku munota wa 3 w’inyogera ku minota 90 w’umukino.

Ku rundi ruhande ikipe ya Mali yo yatsinze ikipe ya Mauritania ibitego 2-0, ni ibitego byatsinzwe na Massadio Haidara ku munota wa 2 ikindi kikaba cyatsinzwe na Ibrahima Kone ubwo hari ku munota wa 49 kuri Penalite.

Nyuma y’iyi mikino yo mu matsinda yose yaraye irangiye amakipe 2 ya mbere muri buri tsinda yakomeje muri 1/8, ni ukuvuga amakipe 12 yakomeje hakiyongeraho andi 4 yitwaye neza mu makipe 6 yabaye aya gatatu muri buri tsinda.

Mu makipe 6 yaraye asezerewe harimo ikipe y’Igihugu ya Algérie ifite Igikombe cya Afurika giheruka cya 2019 ndetse hiyongeraho ikipe y’igihugu ya Ghana nayo yasezerewe muri iki gikombe cya Afurika.

Uko ibihugu bizahura muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cya Afurika gikomeje kubera muri Cameroon:

Ku Cyumweru, tariki ya 23 Mutarama 2022:
18:00: Burkina Faso vs Gabon, i Limbé
21:00: Nigeria vs Tunisie, i Garoua

Ku wa Mbere, tariki ya 24 Mutarama:
18:00: Guinée vs Gambie, i Bafoussam
21:00: Cameroun vs Comores, kuri Stade Olembe (Yaoundé)

Ku wa Kabiri, tariki ya 25 Mutarama:
18:00: Sénégal vs Cap-Vert, i Bafoussam
21:00: Maroc vs Malawi, kuri Stade Ahmadou Ahidjo i Yaoundé

Ku wa Gatatu, tariki ya 26 Mutarama 2022:
18:00: Côte d’Ivoire vs Misiri, kuri Stade Japoma
21:00: Mali vs Guinée Equatoriale, i Limbé

2022-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000

Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Ubwanditsi 03 Nov 2016
“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025
Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali
Mu Mahanga

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Ubwanditsi 29 Aug 2016
Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi
IMIKINO

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize nyobozi ya AU, Addis-Ababa

Ubwanditsi 27 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru