• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Editorial 09 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na kompanyi y’itumanaho TIGO- Rwanda ,basinyanye amasezerano ashyiraho ingamba zihuriweho n’impande zombi ku gukumira no gutahura ibyaha, harimo no kurwanya ruswa.

Ubu bufatanye bwasinyweho ejo ku italiki 8 Ukuboza, hagati y’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana na Philip Amoateng, uhagarariye (Chief Executive Officer) wa TIGO Rwanda.

Ibi kandi biri mu murongo w’ikiganiro mbwirwaruhame ku kurwanya ruswa cyanabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru kuri uwo munsi.

Muri ubwo bufatanye, impande zombi zumvikanye gufatanya kurwanya ibyaha bikorerwa mu ikoranabuhanga, gusangira ubunararibonye n’impuguke mu kubirwanya ndetse no gukorana ubukangurambaga burwanya ibyaha bimwe na bimwe.

Tigo by’umwihariko, izafasha mu bukangurambaga bwa Polisi mu buryo bwinshi harimo ubutumwa bugufi, itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga, mu iperereza ku byaha, guhanahana amakuru kuri ruswa no ku bindi byaha ndetse no gutanga imirongo ya telefone yunganira isanzweho itishyurwa nka 112 k’ushaka gutabaza na 3512 utabaza ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Kurwanya ruswa nka kimwe mu byo Polisi y’u Rwanda yashyize imbere, IGP Gasana yavuze ko ubu bufatanye buje busanga hasanzweho ingamba ziyirwanya ndetse n’ibindi byaha muri rusange.

Aha IGP Gasana yagize ati:”Ubufatanye ni imwe mu nzira twibandaho kandi duha agaciro kanini kuko idufasha gutahura, kurwanya no gukumira ibyaha.”

Amoateng mu ijambo rye nyuma yo gushyira umukono ku masezerano, yavuze ko Tigo –Rwanda ifite ubushake kandi yiteguye gukorana n’inzego zishinzwe umutekano na Polisi y’u Rwanda by’umwihariko mu gushakira hamwe umutekano n’ituze by’igihe cyose.

Yagize ati:” Twemera ko umutekano ari inshingano ya buri wese, si inshingano ya Polisi yonyine ahubwo ni iy’abaturage bose na buri muntu uba mu Rwanda,..kugirango buri wese abeho mu mudendezo n’amahoro.”

Yongeyeho ati:” Natwe ntacyo twakora nta mutekano, ubucuruzi bwacu bushoboka ahari umutekano,…ahatarangwa ruswa.”

-4967.jpg

Yavuzeko kurwanya ruswa by’umwihariko, ari imwe mu nkingi ndangamyitwarire muri Tigo mu nyito bise ABAC mu magambo ahinnye mu rurimi rw’icyongereza ivuga ku “rugamba rwo kurwanya no kwanga ruswa”, abakozi babo bose bibutswa buri mwaka.

2016-12-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Editorial 24 Sep 2023
Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Editorial 16 Jul 2016
Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Bombori bombori mu bigarasha byadogereye!

Editorial 12 Oct 2023
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Editorial 01 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼
IMIKINO

U Bubiligi bwandikiye amateka ku Buyapani, busanga Brazil muri ¼

Editorial 03 Jul 2018
Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
UBUKUNGU

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Editorial 17 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru