• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uganda ntiyahwemye gushyigikira umutwe w’Iterabwoba wa RNC. Nkuko bisanzwe bizwi RNC ni umutwe w’iterabwoba uyobowe na Kayumba Nyamwasa iteka mu nzozi zabo bahora barota gutera u Rwanda, guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda ndetse no kwumva ko bahirika Leta y’u Rwanda. Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya ni uko tariki ya 22 Gashyantare 2021, ku ishuri ribanza rya Kyirijjo mu gace k’ubucuruzi ka Kyirijjo, mu Karere ka Kakumiro, abanyamuryango ba RNC bakoze inama yo kuganira ku bibazo byinshi birimo gushinga amaduka yo gukusanya ibiribwa, kwinjiza mu gisirikare cyabo izindi nyeshyamba nshya ndetse no kuziha imyitozo ya gisirikare, kugura imyenda ya gisirikare no guteguza imiryango bakumva ko nibatsinda urugamba bazacyure mu Rwanda imiryango yabo.

Abanyamuryango ba RNC muri iyo nama bagejejweho imyanzuro y’inama y’akarere yabereye muri Paruwasi ya Mitoma, mu gace ka Mwitanzige mu karere ka Kakumiro ku ya 16 Gashyantare 2021, inama yari iyobowe na Munyaneza Emmanuel uzwi ku izina rya Ugirase Richard. Ku isonga ku murongo w’ibyigwa ni ugushyiraho amaduka y’ibiribwa azakoreshwa nk’ikusanyirizo ry’ibiribwa by’ibinyampeke byatanzwe n’abanyamuryango ba RNC. Umwe mu banyamuryango ba RNC uzwi ku izina rya Byamukama ni umucuruzi ucuruza ibiribwa mu kigo cy’ubucuruzi cya Kinena yagizwe umubitsi w’imari yabo ya ntayo . Abanyamuryango basabwe gutangira gutanga umusanzu byihuse mu gihe cy’isarura. buri munyamuryango agomba gutanga byibuze ibiro 50 y’ibigori, n’ibiro 30 y’ibishyimbo n’intwererano y’amafaranga 10,000 y’amashilinjyi akoreshwa aho muri Uganda, ni ukuvug hafi bitatu by’amanyarwanda.

Imyitozo yo kwinjiza mu gisirikare inyeshyamba za RNC kimwe n’abasivili irakorwa mu bice byose by’igihugu cyane cyane mu nkambi z’impunzi, nk’uko amakuru akomeza abitangaza . Abinjira mu gisirikare basabwa kwigurira amakoti yabo y’imbeho, imipira yo kwambara hamwe n’inkweto za bote, mu gihe abanyamuryango bashya b’abasivili bagomba kwerekana amafoto ya pasiporo kugira ngo biyandikishe. Abanyamuryango ba RNC badafite umwuga bahawe inshingano zo gushaka akazi gasanzwe kugirango batange umusanzu w’amafaranga kugirango bashyigikire umutwe wabo witwaje intwaro. Iyi gahunda yo gushaka abakozi igenzurwa n’inzego z’ubutasi za Uganda ziyobowe na CMI iyobowe na Jenerali Majoro Abel Kandiho.

Kayumba Nyamwasa n’umuterankunga we Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, basa n’abihebye kuko gahunda zabo zo guhungabanya u Rwanda zitigeze zishyirwa mu bikorwa kuva kera. Mu rwego rwo gusarura amafaranga menshi mu banyamuryango babo, abafite imitungo nk’amazu n’ubutaka basabwe kubigurisha no gutanga amafaranga muri RNC, ku buryo nibatangira binjiye mu ntambara yo kurwanya leta y’u Rwanda, bagumayo nta kintu kiri inyuma basizeyo cyo gutekerezaho birumvikana ko ari ubwihebe birindimuriyemo burundu.

Umwe mu batanze ibitekerezo yasetse uburyo injiji zishukwa kugurisha imitungo yabo kugira ngo zihaze umururumba wa Kayumba Nyamwasa kuko hirya no hino batanga amafaranga menshi kugira ngo we n’umuryango we bamererwe neza muri Afurika y’Epfo tutibagiwe gutera inkunga butike ze z’ubucuruzi. Sibomana Pierre na Munyaneza Emmanuel abayobozi ba RNC i Kyirijjo mu kagari kazwi ku izina ry’IMBUMBYI Y’ABARASHI bamaze kugurisha imitungo yabo kugira ngo batange urugero rw’Ubwiyahuzi.

Abagore bafite abagabo binjijwe mu gisirikare cya RNC basabwe kwitegura kwimura imiryango yabo hafi y’umupaka y’u Rwanda mu gihe cy’intambara iteganijwe kugira ngo byoroshye guhita bataha ako kanya intambara irangiye. Mbega komedi ishekeje!!!! Kayumba Nyamwasa n’umuterankunga we Museveni ni umushonji ufite umururumba wahumye ibitekerezo bye gusa akomeza gufata abasore bugwate ngo bajye gupfira mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Mu kwikunda kwe, abanyamuryango be bamugayira ko Kayumba ubwe atarabonwa mu mashyamba ya RDC cyangwa se ngo babone abahungu be n’abakobwa be ku kiwanja (Ku rugamba rwo kwiyahura). Mbese ni Umuyobozi uyoborera urugamba akoresheje iyakure (Online) yibereye muri Afurika y’Epfo.

Umusesenguzi wacu yongeye kwibaza igihe Kayumba ubwe azagurisha umutungo we nkuko arimo kubishuka abanyamuryango be bayobye,ni mugihe mu by’ukuri imisanzu yatanzwe n’abanyamuryango imufasha kwironkera imitungo myinshi no kubaho neza. Ntabwo ari ubwambere inyeshyamba ze za RNC zatsembwe muri RDC nkuko byavuzwe n’abafashwe n’ingabo za Kongo bagashyikirizwa u Rwanda, nka Major Habib Mudathiru n’abandi 31. Uretse ko Kayumba ayoboreshwa inkoni y’icyuma na Museveni uhorana ishyari afitiye igihugu cy’u Rwanda kubera ibyiza kigenda kigeraho uko bwije n’uko bukeye, Kayumba we amwarira kuri ibyo abeshya ko ashoza intambara ku gihugu cy’u Rwanda kugirango akomeze yiyibire abo ayobora buhumyi nka Jenerali w’Imburamukoro

2021-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 19 Mar 2018
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019
Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi

Ubwanditsi 25 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya
SHOWBIZ

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda
Amakuru

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru