• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uganda ntiyahwemye gushyigikira umutwe w’Iterabwoba wa RNC. Nkuko bisanzwe bizwi RNC ni umutwe w’iterabwoba uyobowe na Kayumba Nyamwasa iteka mu nzozi zabo bahora barota gutera u Rwanda, guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda ndetse no kwumva ko bahirika Leta y’u Rwanda. Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya ni uko tariki ya 22 Gashyantare 2021, ku ishuri ribanza rya Kyirijjo mu gace k’ubucuruzi ka Kyirijjo, mu Karere ka Kakumiro, abanyamuryango ba RNC bakoze inama yo kuganira ku bibazo byinshi birimo gushinga amaduka yo gukusanya ibiribwa, kwinjiza mu gisirikare cyabo izindi nyeshyamba nshya ndetse no kuziha imyitozo ya gisirikare, kugura imyenda ya gisirikare no guteguza imiryango bakumva ko nibatsinda urugamba bazacyure mu Rwanda imiryango yabo.

Abanyamuryango ba RNC muri iyo nama bagejejweho imyanzuro y’inama y’akarere yabereye muri Paruwasi ya Mitoma, mu gace ka Mwitanzige mu karere ka Kakumiro ku ya 16 Gashyantare 2021, inama yari iyobowe na Munyaneza Emmanuel uzwi ku izina rya Ugirase Richard. Ku isonga ku murongo w’ibyigwa ni ugushyiraho amaduka y’ibiribwa azakoreshwa nk’ikusanyirizo ry’ibiribwa by’ibinyampeke byatanzwe n’abanyamuryango ba RNC. Umwe mu banyamuryango ba RNC uzwi ku izina rya Byamukama ni umucuruzi ucuruza ibiribwa mu kigo cy’ubucuruzi cya Kinena yagizwe umubitsi w’imari yabo ya ntayo . Abanyamuryango basabwe gutangira gutanga umusanzu byihuse mu gihe cy’isarura. buri munyamuryango agomba gutanga byibuze ibiro 50 y’ibigori, n’ibiro 30 y’ibishyimbo n’intwererano y’amafaranga 10,000 y’amashilinjyi akoreshwa aho muri Uganda, ni ukuvug hafi bitatu by’amanyarwanda.

Imyitozo yo kwinjiza mu gisirikare inyeshyamba za RNC kimwe n’abasivili irakorwa mu bice byose by’igihugu cyane cyane mu nkambi z’impunzi, nk’uko amakuru akomeza abitangaza . Abinjira mu gisirikare basabwa kwigurira amakoti yabo y’imbeho, imipira yo kwambara hamwe n’inkweto za bote, mu gihe abanyamuryango bashya b’abasivili bagomba kwerekana amafoto ya pasiporo kugira ngo biyandikishe. Abanyamuryango ba RNC badafite umwuga bahawe inshingano zo gushaka akazi gasanzwe kugirango batange umusanzu w’amafaranga kugirango bashyigikire umutwe wabo witwaje intwaro. Iyi gahunda yo gushaka abakozi igenzurwa n’inzego z’ubutasi za Uganda ziyobowe na CMI iyobowe na Jenerali Majoro Abel Kandiho.

Kayumba Nyamwasa n’umuterankunga we Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, basa n’abihebye kuko gahunda zabo zo guhungabanya u Rwanda zitigeze zishyirwa mu bikorwa kuva kera. Mu rwego rwo gusarura amafaranga menshi mu banyamuryango babo, abafite imitungo nk’amazu n’ubutaka basabwe kubigurisha no gutanga amafaranga muri RNC, ku buryo nibatangira binjiye mu ntambara yo kurwanya leta y’u Rwanda, bagumayo nta kintu kiri inyuma basizeyo cyo gutekerezaho birumvikana ko ari ubwihebe birindimuriyemo burundu.

Umwe mu batanze ibitekerezo yasetse uburyo injiji zishukwa kugurisha imitungo yabo kugira ngo zihaze umururumba wa Kayumba Nyamwasa kuko hirya no hino batanga amafaranga menshi kugira ngo we n’umuryango we bamererwe neza muri Afurika y’Epfo tutibagiwe gutera inkunga butike ze z’ubucuruzi. Sibomana Pierre na Munyaneza Emmanuel abayobozi ba RNC i Kyirijjo mu kagari kazwi ku izina ry’IMBUMBYI Y’ABARASHI bamaze kugurisha imitungo yabo kugira ngo batange urugero rw’Ubwiyahuzi.

Abagore bafite abagabo binjijwe mu gisirikare cya RNC basabwe kwitegura kwimura imiryango yabo hafi y’umupaka y’u Rwanda mu gihe cy’intambara iteganijwe kugira ngo byoroshye guhita bataha ako kanya intambara irangiye. Mbega komedi ishekeje!!!! Kayumba Nyamwasa n’umuterankunga we Museveni ni umushonji ufite umururumba wahumye ibitekerezo bye gusa akomeza gufata abasore bugwate ngo bajye gupfira mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Mu kwikunda kwe, abanyamuryango be bamugayira ko Kayumba ubwe atarabonwa mu mashyamba ya RDC cyangwa se ngo babone abahungu be n’abakobwa be ku kiwanja (Ku rugamba rwo kwiyahura). Mbese ni Umuyobozi uyoborera urugamba akoresheje iyakure (Online) yibereye muri Afurika y’Epfo.

Umusesenguzi wacu yongeye kwibaza igihe Kayumba ubwe azagurisha umutungo we nkuko arimo kubishuka abanyamuryango be bayobye,ni mugihe mu by’ukuri imisanzu yatanzwe n’abanyamuryango imufasha kwironkera imitungo myinshi no kubaho neza. Ntabwo ari ubwambere inyeshyamba ze za RNC zatsembwe muri RDC nkuko byavuzwe n’abafashwe n’ingabo za Kongo bagashyikirizwa u Rwanda, nka Major Habib Mudathiru n’abandi 31. Uretse ko Kayumba ayoboreshwa inkoni y’icyuma na Museveni uhorana ishyari afitiye igihugu cy’u Rwanda kubera ibyiza kigenda kigeraho uko bwije n’uko bukeye, Kayumba we amwarira kuri ibyo abeshya ko ashoza intambara ku gihugu cy’u Rwanda kugirango akomeze yiyibire abo ayobora buhumyi nka Jenerali w’Imburamukoro

2021-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Hitegurwa shampiyona ya Besketball 2023, abakinnyi 6 bongerewe amasezerano muri APR WBBC

Ubwanditsi 12 Jan 2023
Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana  mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball
Amakuru

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Ubwanditsi 27 Feb 2023
Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena
Amakuru

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, ni amatora abereye muri BK Arena

Ubwanditsi 16 Mar 2023
Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho
Mu Mahanga

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru