• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 24/6/2017 Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro gakora ku gishanga cya Nyandungu, aho yaboneyeho kwibutsa abantu bigabije ibishanga kwibwiriza bakabivamo bihuse.
Aho mu gishanga cya Nyandungu, ari naho La Palisse Hotel Nyandungu ibarizwa, harimo kubakwa ubusitani bw’ikitegererezo, Nyandungu ECO Tourism Park. Hazaba ari ahantu ho gusohokera no kuruhukira, ahantu h’ubukerarugendo no kwidagadurira.

Muri uwo muganda wasozaga ukwezi kwa gatandatu, ari nawo wari uwa mbere nyuma y’aho RPF umwemereje kuba umukandida Perezida wayo, Kagame yari yifatanyije n’abandi banyarwanda gutunganya aho hantu biteganyijwe yuko hazarangira hatwaye amafaranga atari hasi ya miliyari ebyiri n’igice.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uwo mu ganda, no ku baturarwanda muri rusange, Perezida Kagame yavuze yuko ibishanga byacu tugomba kubibungabunga, ntibizakomeze kuvogerwa, n’ababikoze bakibwiriza bakabivamo. Yavuze ku buryo busobanutse neza yuko abafite ibikorwa mu bishanga kandi atari ho bigomba kuba biri bagomba kubyimura badatinze.

Perezida akomeza agira ati: “Ndibutsa ko mu minsi mike iri imbere bigomba gukosorwa, ubwo ndaburira abazi ko bari aho hantu aho ariho hose, waba ufitemo ishuri, waba ufitemo inzu wubatsemo ubamo, waba ufitemo ifamu y’inka, biraza gushakirwa ubundi buryo, ibyo bijye aho bikwiriye kujya bive aho bidakwiriye.”

Kuva La Palisse Nyandungu yakubakwa abantu bakomeje kuvuga yuko yubatswe mu gishanga, bakibaza impamvu leta yabyemeye ntibabone igisubizo. Icyatangazaga benshi n’uko iyi hoteli yubatswe igihe abantu bari bafite ibikorwa hafi ya Nyabugogo, ahitwa “Poid Lourd” babwirwaga kubikuramo. Ibyo byatumye bamwe batangira gukwirakwiza impuha z’uko muri La Palisse Nyandungu hagomba kuba harimo umuntu ukomeye ufitemo imigabane !

Mu ijambo rye muri uwo muganda ntabwo Kagame yigeze avuga La Palisse Hotel cyangwa indi nyubako by’umwihariko ariko uko yavugaga ayo magambo yo kwimuka mu bishanga benshi mu bari mu muganda bageragezaga kureba aho La Palisse yubatswe ariko amaso akagarukira kuri Kigali Parents, ishuli rishimwa kuba ryigisha neza ariko naryo rikaba rituranye na La Palisse Hotel muri icyo gishanga cya Nyandungu, giteganywa no kuzashyirwamo utunyamaswa (zoo) tuzajya dukurura abantu kuhasura.

-7100.jpg

Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro

Nubwo ariko La Palisse yubatswe mu gishanga, igice kinini cyayo muri icyo gishanga ni aho abantu bakorera imyidagaduro itandukanye no kuharuhukira. Ubuyobozi bwa La Palisse Hotel nabwo bugomba kuba busanzwe buzi yuko icyo gishanga cya Nyandungu ari umuturanyi cyangwa umubanyi wo kwitwararika cyane. Tariki 5 Ugushyingo 2013 umujyi wa Kigali waciye amande ya miliyoni ebyiri iyi hoteli ngo kuko yanduzaga icyo gishanga, inategekwa gukuraho amatiyo yose yatwaraga imyanda muri ruhurura igana mu gishanga !

La Palisse ifite irindi shami rya hoteli riri mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora, naryo rikaba ryitwa La Palisse Gashora. Iri shami ry’iyi hotel, rifite amacumbi meza asakajwe ibyatsi, riri ku nkengero z’ikiyaga cya Rumira kirimo ingona nyinshi. Uwashaka yanavuga yuko n’igice kimwe cya La Palisse Gashora kiri mu gishanga !

Abacumbika muri La Palisse Gashora bagirwa inama yo kutegera cyane icyo kiyaga cya Rumira kubera yuko ingona nyinshi zikirimo zishobora kuhabamirira !

Muri iryo jambo rya Kagame mu muganda yongeyeho y’uko abubatse mu bishanga batazitwaza yuko yuko bafite ibyangombwa byo kubaka ngo kuko yaba bo cyangwa ababibahaye bose bari mu makosa !

-7099.jpg

La Palisse Hotel Nyandungu iri mu mujyi wa Kigali munsi gatoya y’ikibuga cy’indege

Casmiry Kayumba

2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Ubwanditsi 26 Apr 2022
Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Binagwaho yagizwe umuyobozi wa kaminuza yigenga

Ubwanditsi 05 Apr 2017
APR FC yashoje imikino yayo ya gicuti yitegura isubukurwa rya shampiyona itsinda Mukura VS ibitego bine ku busa.

APR FC yashoje imikino yayo ya gicuti yitegura isubukurwa rya shampiyona itsinda Mukura VS ibitego bine ku busa.

Ubwanditsi 29 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abana 10 b’abanyarwanda batoranyijwe muri Bayern Academy bagiye mu Budage guhatana n’abandi bavuye mu bihugu 7
Amakuru

Abana 10 b’abanyarwanda batoranyijwe muri Bayern Academy bagiye mu Budage guhatana n’abandi bavuye mu bihugu 7

Ubwanditsi 17 Oct 2023
Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma
ITOHOZA

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru