• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 24/6/2017 Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro gakora ku gishanga cya Nyandungu, aho yaboneyeho kwibutsa abantu bigabije ibishanga kwibwiriza bakabivamo bihuse.
Aho mu gishanga cya Nyandungu, ari naho La Palisse Hotel Nyandungu ibarizwa, harimo kubakwa ubusitani bw’ikitegererezo, Nyandungu ECO Tourism Park. Hazaba ari ahantu ho gusohokera no kuruhukira, ahantu h’ubukerarugendo no kwidagadurira.

Muri uwo muganda wasozaga ukwezi kwa gatandatu, ari nawo wari uwa mbere nyuma y’aho RPF umwemereje kuba umukandida Perezida wayo, Kagame yari yifatanyije n’abandi banyarwanda gutunganya aho hantu biteganyijwe yuko hazarangira hatwaye amafaranga atari hasi ya miliyari ebyiri n’igice.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uwo mu ganda, no ku baturarwanda muri rusange, Perezida Kagame yavuze yuko ibishanga byacu tugomba kubibungabunga, ntibizakomeze kuvogerwa, n’ababikoze bakibwiriza bakabivamo. Yavuze ku buryo busobanutse neza yuko abafite ibikorwa mu bishanga kandi atari ho bigomba kuba biri bagomba kubyimura badatinze.

Perezida akomeza agira ati: “Ndibutsa ko mu minsi mike iri imbere bigomba gukosorwa, ubwo ndaburira abazi ko bari aho hantu aho ariho hose, waba ufitemo ishuri, waba ufitemo inzu wubatsemo ubamo, waba ufitemo ifamu y’inka, biraza gushakirwa ubundi buryo, ibyo bijye aho bikwiriye kujya bive aho bidakwiriye.”

Kuva La Palisse Nyandungu yakubakwa abantu bakomeje kuvuga yuko yubatswe mu gishanga, bakibaza impamvu leta yabyemeye ntibabone igisubizo. Icyatangazaga benshi n’uko iyi hoteli yubatswe igihe abantu bari bafite ibikorwa hafi ya Nyabugogo, ahitwa “Poid Lourd” babwirwaga kubikuramo. Ibyo byatumye bamwe batangira gukwirakwiza impuha z’uko muri La Palisse Nyandungu hagomba kuba harimo umuntu ukomeye ufitemo imigabane !

Mu ijambo rye muri uwo muganda ntabwo Kagame yigeze avuga La Palisse Hotel cyangwa indi nyubako by’umwihariko ariko uko yavugaga ayo magambo yo kwimuka mu bishanga benshi mu bari mu muganda bageragezaga kureba aho La Palisse yubatswe ariko amaso akagarukira kuri Kigali Parents, ishuli rishimwa kuba ryigisha neza ariko naryo rikaba rituranye na La Palisse Hotel muri icyo gishanga cya Nyandungu, giteganywa no kuzashyirwamo utunyamaswa (zoo) tuzajya dukurura abantu kuhasura.

-7100.jpg

Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro

Nubwo ariko La Palisse yubatswe mu gishanga, igice kinini cyayo muri icyo gishanga ni aho abantu bakorera imyidagaduro itandukanye no kuharuhukira. Ubuyobozi bwa La Palisse Hotel nabwo bugomba kuba busanzwe buzi yuko icyo gishanga cya Nyandungu ari umuturanyi cyangwa umubanyi wo kwitwararika cyane. Tariki 5 Ugushyingo 2013 umujyi wa Kigali waciye amande ya miliyoni ebyiri iyi hoteli ngo kuko yanduzaga icyo gishanga, inategekwa gukuraho amatiyo yose yatwaraga imyanda muri ruhurura igana mu gishanga !

La Palisse ifite irindi shami rya hoteli riri mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora, naryo rikaba ryitwa La Palisse Gashora. Iri shami ry’iyi hotel, rifite amacumbi meza asakajwe ibyatsi, riri ku nkengero z’ikiyaga cya Rumira kirimo ingona nyinshi. Uwashaka yanavuga yuko n’igice kimwe cya La Palisse Gashora kiri mu gishanga !

Abacumbika muri La Palisse Gashora bagirwa inama yo kutegera cyane icyo kiyaga cya Rumira kubera yuko ingona nyinshi zikirimo zishobora kuhabamirira !

Muri iryo jambo rya Kagame mu muganda yongeyeho y’uko abubatse mu bishanga batazitwaza yuko yuko bafite ibyangombwa byo kubaka ngo kuko yaba bo cyangwa ababibahaye bose bari mu makosa !

-7099.jpg

La Palisse Hotel Nyandungu iri mu mujyi wa Kigali munsi gatoya y’ikibuga cy’indege

Casmiry Kayumba

2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu
Amakuru

Abasirikari ba Kenya bari baragiye mu butumwa bw’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba muri Kongo, batangiye kuva muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Dec 2023
Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro
IMIKINO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD
HIRYA NO HINO

Kirundo: Imbonerakure zikomeje guhabwa imbunda zo gukanga abatavuga rumwe na CNDD-FDD

Ubwanditsi 30 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru