• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

‘ La Palisse Hotel ‘ ishobora kuba mubo Perezida Kagame yabwiraga

Ubwanditsi 29 Jun 2017 Mu Rwanda

Tariki 24/6/2017 Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro gakora ku gishanga cya Nyandungu, aho yaboneyeho kwibutsa abantu bigabije ibishanga kwibwiriza bakabivamo bihuse.
Aho mu gishanga cya Nyandungu, ari naho La Palisse Hotel Nyandungu ibarizwa, harimo kubakwa ubusitani bw’ikitegererezo, Nyandungu ECO Tourism Park. Hazaba ari ahantu ho gusohokera no kuruhukira, ahantu h’ubukerarugendo no kwidagadurira.

Muri uwo muganda wasozaga ukwezi kwa gatandatu, ari nawo wari uwa mbere nyuma y’aho RPF umwemereje kuba umukandida Perezida wayo, Kagame yari yifatanyije n’abandi banyarwanda gutunganya aho hantu biteganyijwe yuko hazarangira hatwaye amafaranga atari hasi ya miliyari ebyiri n’igice.

Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uwo mu ganda, no ku baturarwanda muri rusange, Perezida Kagame yavuze yuko ibishanga byacu tugomba kubibungabunga, ntibizakomeze kuvogerwa, n’ababikoze bakibwiriza bakabivamo. Yavuze ku buryo busobanutse neza yuko abafite ibikorwa mu bishanga kandi atari ho bigomba kuba biri bagomba kubyimura badatinze.

Perezida akomeza agira ati: “Ndibutsa ko mu minsi mike iri imbere bigomba gukosorwa, ubwo ndaburira abazi ko bari aho hantu aho ariho hose, waba ufitemo ishuri, waba ufitemo inzu wubatsemo ubamo, waba ufitemo ifamu y’inka, biraza gushakirwa ubundi buryo, ibyo bijye aho bikwiriye kujya bive aho bidakwiriye.”

Kuva La Palisse Nyandungu yakubakwa abantu bakomeje kuvuga yuko yubatswe mu gishanga, bakibaza impamvu leta yabyemeye ntibabone igisubizo. Icyatangazaga benshi n’uko iyi hoteli yubatswe igihe abantu bari bafite ibikorwa hafi ya Nyabugogo, ahitwa “Poid Lourd” babwirwaga kubikuramo. Ibyo byatumye bamwe batangira gukwirakwiza impuha z’uko muri La Palisse Nyandungu hagomba kuba harimo umuntu ukomeye ufitemo imigabane !

Mu ijambo rye muri uwo muganda ntabwo Kagame yigeze avuga La Palisse Hotel cyangwa indi nyubako by’umwihariko ariko uko yavugaga ayo magambo yo kwimuka mu bishanga benshi mu bari mu muganda bageragezaga kureba aho La Palisse yubatswe ariko amaso akagarukira kuri Kigali Parents, ishuli rishimwa kuba ryigisha neza ariko naryo rikaba rituranye na La Palisse Hotel muri icyo gishanga cya Nyandungu, giteganywa no kuzashyirwamo utunyamaswa (zoo) tuzajya dukurura abantu kuhasura.

-7100.jpg

Perezida Kagame yakoranye umuganda n’abaturage b’Umurenge wa Ndera muri Gasabo n’abo mu gace ka Kicukiro

Nubwo ariko La Palisse yubatswe mu gishanga, igice kinini cyayo muri icyo gishanga ni aho abantu bakorera imyidagaduro itandukanye no kuharuhukira. Ubuyobozi bwa La Palisse Hotel nabwo bugomba kuba busanzwe buzi yuko icyo gishanga cya Nyandungu ari umuturanyi cyangwa umubanyi wo kwitwararika cyane. Tariki 5 Ugushyingo 2013 umujyi wa Kigali waciye amande ya miliyoni ebyiri iyi hoteli ngo kuko yanduzaga icyo gishanga, inategekwa gukuraho amatiyo yose yatwaraga imyanda muri ruhurura igana mu gishanga !

La Palisse ifite irindi shami rya hoteli riri mu Karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora, naryo rikaba ryitwa La Palisse Gashora. Iri shami ry’iyi hotel, rifite amacumbi meza asakajwe ibyatsi, riri ku nkengero z’ikiyaga cya Rumira kirimo ingona nyinshi. Uwashaka yanavuga yuko n’igice kimwe cya La Palisse Gashora kiri mu gishanga !

Abacumbika muri La Palisse Gashora bagirwa inama yo kutegera cyane icyo kiyaga cya Rumira kubera yuko ingona nyinshi zikirimo zishobora kuhabamirira !

Muri iryo jambo rya Kagame mu muganda yongeyeho y’uko abubatse mu bishanga batazitwaza yuko yuko bafite ibyangombwa byo kubaka ngo kuko yaba bo cyangwa ababibahaye bose bari mu makosa !

-7099.jpg

La Palisse Hotel Nyandungu iri mu mujyi wa Kigali munsi gatoya y’ikibuga cy’indege

Casmiry Kayumba

2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022
Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2025
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ubwanditsi 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku
IMIKINO

Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Ubwanditsi 26 Feb 2018
RDC : Ingabo za Kayumba mu misozi miremire ya Minembwe
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDC : Ingabo za Kayumba mu misozi miremire ya Minembwe

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru
POLITIKI

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Ubwanditsi 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru