• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Bimaze kugaragara ko Christine Coleman Uwizera, wiyita umuvugabutumwa, ntaho ataniye na Mukankiko Sylvia, inkotsa-nkunguzi yigize umuvugizi w’abahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba adahwema guterekera ise Mutabazi Andereya wakanguriraga urubyiruko kwivanga mu rwangano no kwikoma Abatutsi mu yahoze ari komini Murama, yari Perefegitura ya Gitarama.

Urusaku, amanjwe no kutagira ikinyabupfura, ni icyita-rusange hagati ya Mukankiko na Christine Coleman, basabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Birababaje kuko iyo usesenguye ubona nta n’igaruriro, kuko ubugome bwamaze kubagera mu musokoro!

Nubwo Christine Coleman yiyita umupasitori, urebye amateka ye n’ibikorwa bimuranga mu minsi ishize, ntiwatinda kwanzura ko umukambwe Micheal Coleman wibwira ko yashakanye n’umuvugabutumwa, ahubwo yarongoye umuvugizi wa Sekibi. Niba Michael Coleman ataraburiye, iki ni igihe cyo kwitandukanya na kabutindi, amazi atararenga income.

Christine Uwizera wiyise umuvugabutumwa, agorwa bikomeye no kuvuga Ijambo ry’Imana yiyitirira, kuko n’iyo abigerageje ntibikunda, dore ko ururimi rwe rwagoramiye mu gutuka abayobozi b’u Rwanda na FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibyo abikora yirengagije ko nta na rimwe ikibi kiganza icyiza, kandi ayo mahomvu atzigera akoma imbere ibikorwa byubaka .

Christine Uwizera ukunda kubeshya ko yacitse ku icumu, muw’ 1994 yari afite imyaka 22 y’amavuko, kandi ababyeyi be bapfuye mbere ya 1994. Mu gihe Jenocide yabaga yigaga muri Kaminuza Nkuru y’uRwanda, aho yabonye buruse kubera ko yari Umuhutukazi, nk’uko byagendaga muri politike y’uburezi ishingiye ku ivanguramoko. Abo bakuranye twaganiriye, baduhamirije ko nta buhanga yigeze mu mashuri yisumbuye bwari kumuhesha gukomeza muri kaminuza.

Inkotanyi zimaze guhagarika Jenocide yakorewe Abatutsi, abayigizemo uruhare ndetse n’imiryango yabo bahungiye mu yahoze ari Zayire, ari naho Christine Uwizera yahungiye. Uburaya no kwiyandarika yari asanganywe mu Rwanda yanabukomereje mu nkambi zo muri Zayire, ari na byo byamuhuje na Micheal Coleman, wari umukoresha we mu kazi ko gufasha impunzi.

Umwe mu banyeshuri biganye na we muri Kaminuza I Butare, yabwiye Rushyashya ko Christine Uwizera yari umukobwa wahoranaga umushiha kuri bagenzi be b’Abatutsi , akabasebya akanabatoteza bikabije. Hari na mugenzi we biganaga yafatiye igitabo ashushanyamo inzoka, amwandikiraho ngo “inzoka mwaremewe kumenwa umutwe”.  Abo Batutsi se bari kuvugirwa nande, ko Kaminuza yari iyobowe n’abarusha ubugome Christine Uwizera!

Nta gushidikanya ko kuba Abatutsi batarashiriye ku icumu muw’ 1994 byababaje cyane Christine Uwizera kuko aribyo yifuzaga, ndetse anabyizeye. Ngaho aho yakuye urwango afitiye FPR Inkotanyi yarokoye Abatutsi, zikabuza Christine Uwizera gukabya inzozi zo kuzatura mu gihugu kizira Umututsi.
Sylvia Mukankiko umenyerewe ku kabyiniriro k’inkotsa-nkunguzi, we twamugarutseho kenshi. Igisekeje gusa kuri iyi ntumwa ya satani nka mugenzi wayo Uwizera Christine, iyo ananiwe gusobanura niba ibimuvugwaho atari ukuri, akora mu nganzo maze si ugutukana akiva inyuma.

Nta gitangaje ariko, uburere bugerwa ku mashyi yahawe nibwo bwamushoye mu bukunguzi n’ubushizi bw’isoni. Tubonereho kumubwira ko gutuka Rushyashya n’ubuyobozi bwayo ntacyo bizahindura ku murongo wayo , ahubwo biyiha imbaraga n’imbaduko byo gukomeza kwamagana inkozi z’ibibi nka we.

Twibutse gusa ko Inkotsa-nkunguzi, Mukankiko Sylvia, ari mwene Mutabazi Andereya wamenyekanye mu gace yari atuyemo ka Rutobwe no hanze ya ko , nk’Interahamwe ruharwa, yari ishinzwe kuroga urubyiruko. Yakoze uko ashoboye mu gutsemba Abatutsi, maze umukobwa we Mukankiko asigarana umurage mubi. Nawe azarinda arunduka umugambi wo gutsemba Abatutsi ku isi atawugezeho.

Bigaragara ko Abanyarwanda bamaze gutahura ububi bw’uburozi Christine Uwizera Coleman ajunditse, nk’ubwo Mukankiko amaranye imyaka mu ijigo. Ntabwo bakirangazwa n’ibinyoma bishingiye ku ngengabitekerezo yamunze ubwonko bw’aba bagore bombi barenze ihaniro, nako barumbiye Imana n’abantu.

2023-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Uganda: Umwe mu basirikare barinda umugore wa Perezida Museveni tayewe icyuma

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 
Amakuru

Ubutumwa bwa Victoire Ingabire bushimagiza umutwe wa Wazalendo bugenewe FDLR iri muzigize uwo mutwe 

Ubwanditsi 21 Nov 2023
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye
POLITIKI

Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru