• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Bimaze kugaragara ko Christine Coleman Uwizera, wiyita umuvugabutumwa, ntaho ataniye na Mukankiko Sylvia, inkotsa-nkunguzi yigize umuvugizi w’abahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba adahwema guterekera ise Mutabazi Andereya wakanguriraga urubyiruko kwivanga mu rwangano no kwikoma Abatutsi mu yahoze ari komini Murama, yari Perefegitura ya Gitarama.

Urusaku, amanjwe no kutagira ikinyabupfura, ni icyita-rusange hagati ya Mukankiko na Christine Coleman, basabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Birababaje kuko iyo usesenguye ubona nta n’igaruriro, kuko ubugome bwamaze kubagera mu musokoro!

Nubwo Christine Coleman yiyita umupasitori, urebye amateka ye n’ibikorwa bimuranga mu minsi ishize, ntiwatinda kwanzura ko umukambwe Micheal Coleman wibwira ko yashakanye n’umuvugabutumwa, ahubwo yarongoye umuvugizi wa Sekibi. Niba Michael Coleman ataraburiye, iki ni igihe cyo kwitandukanya na kabutindi, amazi atararenga income.

Christine Uwizera wiyise umuvugabutumwa, agorwa bikomeye no kuvuga Ijambo ry’Imana yiyitirira, kuko n’iyo abigerageje ntibikunda, dore ko ururimi rwe rwagoramiye mu gutuka abayobozi b’u Rwanda na FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibyo abikora yirengagije ko nta na rimwe ikibi kiganza icyiza, kandi ayo mahomvu atzigera akoma imbere ibikorwa byubaka .

Christine Uwizera ukunda kubeshya ko yacitse ku icumu, muw’ 1994 yari afite imyaka 22 y’amavuko, kandi ababyeyi be bapfuye mbere ya 1994. Mu gihe Jenocide yabaga yigaga muri Kaminuza Nkuru y’uRwanda, aho yabonye buruse kubera ko yari Umuhutukazi, nk’uko byagendaga muri politike y’uburezi ishingiye ku ivanguramoko. Abo bakuranye twaganiriye, baduhamirije ko nta buhanga yigeze mu mashuri yisumbuye bwari kumuhesha gukomeza muri kaminuza.

Inkotanyi zimaze guhagarika Jenocide yakorewe Abatutsi, abayigizemo uruhare ndetse n’imiryango yabo bahungiye mu yahoze ari Zayire, ari naho Christine Uwizera yahungiye. Uburaya no kwiyandarika yari asanganywe mu Rwanda yanabukomereje mu nkambi zo muri Zayire, ari na byo byamuhuje na Micheal Coleman, wari umukoresha we mu kazi ko gufasha impunzi.

Umwe mu banyeshuri biganye na we muri Kaminuza I Butare, yabwiye Rushyashya ko Christine Uwizera yari umukobwa wahoranaga umushiha kuri bagenzi be b’Abatutsi , akabasebya akanabatoteza bikabije. Hari na mugenzi we biganaga yafatiye igitabo ashushanyamo inzoka, amwandikiraho ngo “inzoka mwaremewe kumenwa umutwe”.  Abo Batutsi se bari kuvugirwa nande, ko Kaminuza yari iyobowe n’abarusha ubugome Christine Uwizera!

Nta gushidikanya ko kuba Abatutsi batarashiriye ku icumu muw’ 1994 byababaje cyane Christine Uwizera kuko aribyo yifuzaga, ndetse anabyizeye. Ngaho aho yakuye urwango afitiye FPR Inkotanyi yarokoye Abatutsi, zikabuza Christine Uwizera gukabya inzozi zo kuzatura mu gihugu kizira Umututsi.
Sylvia Mukankiko umenyerewe ku kabyiniriro k’inkotsa-nkunguzi, we twamugarutseho kenshi. Igisekeje gusa kuri iyi ntumwa ya satani nka mugenzi wayo Uwizera Christine, iyo ananiwe gusobanura niba ibimuvugwaho atari ukuri, akora mu nganzo maze si ugutukana akiva inyuma.

Nta gitangaje ariko, uburere bugerwa ku mashyi yahawe nibwo bwamushoye mu bukunguzi n’ubushizi bw’isoni. Tubonereho kumubwira ko gutuka Rushyashya n’ubuyobozi bwayo ntacyo bizahindura ku murongo wayo , ahubwo biyiha imbaraga n’imbaduko byo gukomeza kwamagana inkozi z’ibibi nka we.

Twibutse gusa ko Inkotsa-nkunguzi, Mukankiko Sylvia, ari mwene Mutabazi Andereya wamenyekanye mu gace yari atuyemo ka Rutobwe no hanze ya ko , nk’Interahamwe ruharwa, yari ishinzwe kuroga urubyiruko. Yakoze uko ashoboye mu gutsemba Abatutsi, maze umukobwa we Mukankiko asigarana umurage mubi. Nawe azarinda arunduka umugambi wo gutsemba Abatutsi ku isi atawugezeho.

Bigaragara ko Abanyarwanda bamaze gutahura ububi bw’uburozi Christine Uwizera Coleman ajunditse, nk’ubwo Mukankiko amaranye imyaka mu ijigo. Ntabwo bakirangazwa n’ibinyoma bishingiye ku ngengabitekerezo yamunze ubwonko bw’aba bagore bombi barenze ihaniro, nako barumbiye Imana n’abantu.

2023-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Nyamagabe: Hafashwe ingamba zo kubungabunga umutekano

Nyamagabe: Hafashwe ingamba zo kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2

Rayon Sports WFC yegukanye igikombe kiruta ibindi cya Super Cup itsinze AS Kigali WFC 5-2

Ubwanditsi 26 Sep 2024
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Ubwanditsi 09 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru
Amakuru

Jurrien Timber ukinira Arsenal yasuye Stade Amahoro, Urwibutso rwa Jenocide rwa Kigali n’abakinnyi b’umupira w’Amaguru

Ubwanditsi 15 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru