• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Abantu bavuga Ikinyarwanda bateye impungenge impunzi z’Abarundi baragenzwa n’iki mu Nkambi ya Nduta?

Ubwanditsi 18 May 2018 Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Nduta mu gihugu cya Tanzania zihangayikishijwe n’abantu zitazi bavuga Ikinyarwanda bari kwinjira muri iyi nkambi, aho zi mpunzi zinenga abashinzwe umutekano mu nkambi kurebera ibyo bintu .

Izi mpunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi y’Impunzi ya Nduta ziremeza ko aba bantu batangiye kugera mu nkambi ku Cyumweru, itariki 13 Gicurasi.

Aba ngo bakaba barinjiye mu nkambi baherekeje umuvugabutumwa wari wagiye kuvuga ubutumwa mu nkambi, ariko batandukana itsinda rimwe rijya mu kabari kamwe irindi rijya mu kandi.

Iyi nkuru dukesha urubuga rwa RPA iravuga ko itsinda rimwe ryagiye mu kabari k’uwitwa Mwarabu, irindi rikajya ahitwa kwa Mushongore. Utu tubari twose ngo tukaba ari utw’umukuru w’Abasungusungu witwa Samuel nk’uko abahaye amakuru iki kinyamakuru babyemeza.

Mu ijoro ryo kuri icyo cyumweru nk’uko inkuru ikomeza ivuga, abo bantu batazwi bayoboje inzira ijya muri zone ya 12 yo mu nkambi, ari naho impunzi z’Abarundi zumvise ko bavuga Ikinyarwanda.

Ngo icyateye impungenge cyane impunzi ariko, ngo ni uko uwo bivugwa ko ari umuvugabutumwa wazanye n’abo bantu yaje kugenda ariko bo bagasigara mu nkambi.

Ni mu gihe ngo kandi mu nkambi ya Mtendeli impunzi zimaze kuhafatira abantu 5 bavuga Ikinyarwanda, impunzi zivuga ko ari Interahamwe,ngo bashobora kuba baratumwe kwica abantu badashaka kwiyandikisha ngo batahe ku bushake iwabo mu Burundi.

Impunzi zihangayikishijwe n’umutekano wazo zikaba zaragejeje iki kibazo ku bazishinzwe ariko ngo nta kirakorwa zikaba zisaba kwizezwa umutekano wazo.

Ese uyu muvugabutumwa hari aho yaba ahuriye n’agatsiko mu minsi yashize kafatiwe ku mupaka wa Uganda na Tanzania bakisobanura ko ari impunzi z’Abanyarwanda zari zigiye mu bikorwa by’ivugabutumwa mu Burundi ariko zinyuze muri Tanzania?

Bisobanuye gutyo nyamara ku rundi ruhande bivugwa ko bari bagiye mu bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda ndetse batabwa muri yombi na n’ubu baracyari mu maboko y’ubutebera bwa Uganda.

 

2018-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Ubwanditsi 21 Feb 2017
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani  imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Ubwanditsi 02 Aug 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Intareyakanwa
    May 20, 20185:25 pm -

    Ariko umunyarwanda yabaye ikibazo ku bantu bose pe!

    ese kuki iyo bavuze umunyarwanda humvikana ubwicanyi cg abicanyi?

    iki ni ikibazo gikomeye twagakwiye kwikuraho kuko niba isura u Rwanda n’abanyarwanda dufite ari ubwicanyi ndetse n’abicanyi , turagowe kuko hose iherezo ryacu ni ukwicwa tuzira ubusa kubera ubutegetsi bubi bwaduteje aka kaga kose mwumva!

    1 U munyarwanda= Umuhutu= Interahamwe
    2. Umunyarwanda = Umututsi= Inyenzi

    Aba bose bakaba bahurira ku izina rimwe rusange ariryo ‘ABICANYI RUHARWA ‘

    Tubyumve kimwe kuko niko biri!

    Mureke twicarane turebe uko twakemura iyi batisimu twabatijwe kubera ububwa ,ubugome,urwango, ubwicanyi bwacu kuko nta munyarwanda shyashya ubaho n’umwe niko Uwiteka Imana ivuga!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka
INKURU NYAMUKURU

Uruhererekane rw’ingengabitekerezo ya Jenoside abana bakura ku babyeyi, urugero rwa Peter Mutabaruka na Se umubyara Celestin Mutabaruka

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Ishimwe Clement yavuze ku burwayi bukekwa ku mwana we na Knowless
SHOWBIZ

Ishimwe Clement yavuze ku burwayi bukekwa ku mwana we na Knowless

Ubwanditsi 04 Apr 2018
FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024
Amakuru

FERWAFA yemeje abanyamahanga 6 muri shampiyona y’u Rwanda ya 2023-2024

Ubwanditsi 28 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru