• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Ubwanditsi 20 Apr 2016 Mu Mahanga

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Dr. Jacques Bihozagara wabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Mata 2016, amasengesho yo kumusabira yabereye mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo. Nyuma umurambo we washyinguwe mu irimbi rya Rusororo, ahari imbaga y’abantu benshi, umuryango n’ inshuti cyane cyane abo babanye mu gihugu cy’u Burundi, abo bakoranye, abayobozi batandukanye b’igihugu barimo Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi Francois Ngarambe, Bernard Makuza Perezida wa Sena, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, Gen. James Kabarebe Minisitiri w’ingabo z’igihugu n’abandi…

Mu irimbi rya Rusoro nta magambo menshi ya havugiwe uretse bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo aho Jacques Bihozagara akomoka bahawe ijambo bavuga ibikorwa by’iterambere Bihozagara yabagejejeho birimo kubashishikariza gutura mu midugudu no kubakorera ubuvugizi bakagezwaho Amazi meza, bakaba bashimye imyitwarire ya bihozagara muri Politiki cyane ko yabaye umwe mu babohoye iki gihugu.

-2682.jpg

Umurambo wa Bihozagara mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo

Mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo hagaragaye Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame nawe witabiriye uyu muhango wo gusezera kuri Ambasaderi Bihozagara. Ariko akaba atabashije kujya ku mushyingura mu irimbi rya Rusororo.

-2681.jpg

Mukuru wa Jacques Bihozagara na Madame we

-2683.jpg

Uwo mu nyamahanga ni umukwe wa Bihozagara uba muri Canada na Madame we

Mu rusengero, Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe yavuze ko Bihozagara yari umuntu w’ingenzi ku gihugu, aho mbere ya 1994 yari yarahawe akazi ko kwigisha amahame ya FPR mu ntara yitwaga ‘B’ mu Burundi, aza no gukora imirimo ya dipolomasi mu Bihugu by’u Burayi.

-2680.jpg

Umunyamabanga mukuru wa RPF-Inkotanyi Francois Ngarambe

Yavuze ko Umuryango wa FPR Inkotanyi uzakomeza kuzirikana ko yari umuntu w’ingirakamaro.

Ati ‘‘Jacques Bihozagara agiye yari agikenewe, umuryango wa FPR Inkotanyi ubuze intore. Tuzahora tumwibukira ku bikorwa bye, Intore ntipfa, iratabaruka.”

Dr Bihozagara yaguye muri gereza mu Burundi mu byumweru bitatu bishize, icyaba cyara muhitanye kikaba cyagizwe ibanga nubwo Polisi y’u Rwanda yarangije gutanga ibisubizo by’ibizamini ( Autopsy) ku murambo we. Muri uyu muhango kandi hirinzwe amagambo ayo ariyo yose yavugwa ku igihugu cy’u Burundi yaguyemo, kimwe mu bintu byatangaje abitabiriye uyu muhango.

Bihozagara yavukiye mu Rugarama muri Nyaruguru kuwa 25 Gashyatare 1945, mu muryango w’abana 12, abahungu 8 n’abakobwa bane.

Yakuye doctorat muri RDC mu buvuzi bw’amatungo mu 1979. Yagiye kwihugura mu Budage mu gihe cy’imyaka ibiri mu bijyanye n’ubuvuzi bw’amatungo.

Mu 1994 yabaye Minisitiri wo gucyura impunzi nyuma yaho aba uw’umuco na siporo, mu 1999 aba Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, akomereza mu Bufaransa, mu 2003 ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Umwanditsi wacu

2016-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025
‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Ubwanditsi 20 Mar 2020
Dore Amafoto Agaragaza Ubwiza bwa Habiba Umukobwa uhagarariye u Rwanda Muri Miss Supranational

Dore Amafoto Agaragaza Ubwiza bwa Habiba Umukobwa uhagarariye u Rwanda Muri Miss Supranational

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Intumwa za UNICEF zo mu gihugu cya Finland zasuye Isange One Stop Center

Intumwa za UNICEF zo mu gihugu cya Finland zasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 27 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara
Mu Rwanda

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi
SHOWBIZ

Davido wahawe BET Award yunamiye umwana wa D’Banj wishwe n’amazi

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ubwanditsi 21 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru