• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Ubwanditsi 20 Apr 2016 Mu Mahanga

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Dr. Jacques Bihozagara wabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Mata 2016, amasengesho yo kumusabira yabereye mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo. Nyuma umurambo we washyinguwe mu irimbi rya Rusororo, ahari imbaga y’abantu benshi, umuryango n’ inshuti cyane cyane abo babanye mu gihugu cy’u Burundi, abo bakoranye, abayobozi batandukanye b’igihugu barimo Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi Francois Ngarambe, Bernard Makuza Perezida wa Sena, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, Gen. James Kabarebe Minisitiri w’ingabo z’igihugu n’abandi…

Mu irimbi rya Rusoro nta magambo menshi ya havugiwe uretse bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo aho Jacques Bihozagara akomoka bahawe ijambo bavuga ibikorwa by’iterambere Bihozagara yabagejejeho birimo kubashishikariza gutura mu midugudu no kubakorera ubuvugizi bakagezwaho Amazi meza, bakaba bashimye imyitwarire ya bihozagara muri Politiki cyane ko yabaye umwe mu babohoye iki gihugu.

-2682.jpg

Umurambo wa Bihozagara mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo

Mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo hagaragaye Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame nawe witabiriye uyu muhango wo gusezera kuri Ambasaderi Bihozagara. Ariko akaba atabashije kujya ku mushyingura mu irimbi rya Rusororo.

-2681.jpg

Mukuru wa Jacques Bihozagara na Madame we

-2683.jpg

Uwo mu nyamahanga ni umukwe wa Bihozagara uba muri Canada na Madame we

Mu rusengero, Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe yavuze ko Bihozagara yari umuntu w’ingenzi ku gihugu, aho mbere ya 1994 yari yarahawe akazi ko kwigisha amahame ya FPR mu ntara yitwaga ‘B’ mu Burundi, aza no gukora imirimo ya dipolomasi mu Bihugu by’u Burayi.

-2680.jpg

Umunyamabanga mukuru wa RPF-Inkotanyi Francois Ngarambe

Yavuze ko Umuryango wa FPR Inkotanyi uzakomeza kuzirikana ko yari umuntu w’ingirakamaro.

Ati ‘‘Jacques Bihozagara agiye yari agikenewe, umuryango wa FPR Inkotanyi ubuze intore. Tuzahora tumwibukira ku bikorwa bye, Intore ntipfa, iratabaruka.”

Dr Bihozagara yaguye muri gereza mu Burundi mu byumweru bitatu bishize, icyaba cyara muhitanye kikaba cyagizwe ibanga nubwo Polisi y’u Rwanda yarangije gutanga ibisubizo by’ibizamini ( Autopsy) ku murambo we. Muri uyu muhango kandi hirinzwe amagambo ayo ariyo yose yavugwa ku igihugu cy’u Burundi yaguyemo, kimwe mu bintu byatangaje abitabiriye uyu muhango.

Bihozagara yavukiye mu Rugarama muri Nyaruguru kuwa 25 Gashyatare 1945, mu muryango w’abana 12, abahungu 8 n’abakobwa bane.

Yakuye doctorat muri RDC mu buvuzi bw’amatungo mu 1979. Yagiye kwihugura mu Budage mu gihe cy’imyaka ibiri mu bijyanye n’ubuvuzi bw’amatungo.

Mu 1994 yabaye Minisitiri wo gucyura impunzi nyuma yaho aba uw’umuco na siporo, mu 1999 aba Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, akomereza mu Bufaransa, mu 2003 ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Umwanditsi wacu

2016-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Intara y’Iburasirazuba: Abaturage basabwe gufatanya kurwanya ubujura bw’amatungo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Ubwanditsi 11 Oct 2016
Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uvira : Intambara iraca ibintu
Mu Mahanga

Uvira : Intambara iraca ibintu

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Rubavu: Havumbuwe Imbunda mu  Inzu y’ Abajyanama b’Ubuzima
ITOHOZA

Rubavu: Havumbuwe Imbunda mu Inzu y’ Abajyanama b’Ubuzima

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa
POLITIKI

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru