• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Icyaba cyarahitanye Dr. Jacques Bihozagara gikomeje kugirwa ibanga

Ubwanditsi 20 Apr 2016 Mu Mahanga

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Dr. Jacques Bihozagara wabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Mata 2016, amasengesho yo kumusabira yabereye mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo. Nyuma umurambo we washyinguwe mu irimbi rya Rusororo, ahari imbaga y’abantu benshi, umuryango n’ inshuti cyane cyane abo babanye mu gihugu cy’u Burundi, abo bakoranye, abayobozi batandukanye b’igihugu barimo Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi Francois Ngarambe, Bernard Makuza Perezida wa Sena, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, Gen. James Kabarebe Minisitiri w’ingabo z’igihugu n’abandi…

Mu irimbi rya Rusoro nta magambo menshi ya havugiwe uretse bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo aho Jacques Bihozagara akomoka bahawe ijambo bavuga ibikorwa by’iterambere Bihozagara yabagejejeho birimo kubashishikariza gutura mu midugudu no kubakorera ubuvugizi bakagezwaho Amazi meza, bakaba bashimye imyitwarire ya bihozagara muri Politiki cyane ko yabaye umwe mu babohoye iki gihugu.

-2682.jpg

Umurambo wa Bihozagara mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo

Mu rusengero rwa St Etienne mu Biryogo hagaragaye Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame nawe witabiriye uyu muhango wo gusezera kuri Ambasaderi Bihozagara. Ariko akaba atabashije kujya ku mushyingura mu irimbi rya Rusororo.

-2681.jpg

Mukuru wa Jacques Bihozagara na Madame we

-2683.jpg

Uwo mu nyamahanga ni umukwe wa Bihozagara uba muri Canada na Madame we

Mu rusengero, Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi, François Ngarambe yavuze ko Bihozagara yari umuntu w’ingenzi ku gihugu, aho mbere ya 1994 yari yarahawe akazi ko kwigisha amahame ya FPR mu ntara yitwaga ‘B’ mu Burundi, aza no gukora imirimo ya dipolomasi mu Bihugu by’u Burayi.

-2680.jpg

Umunyamabanga mukuru wa RPF-Inkotanyi Francois Ngarambe

Yavuze ko Umuryango wa FPR Inkotanyi uzakomeza kuzirikana ko yari umuntu w’ingirakamaro.

Ati ‘‘Jacques Bihozagara agiye yari agikenewe, umuryango wa FPR Inkotanyi ubuze intore. Tuzahora tumwibukira ku bikorwa bye, Intore ntipfa, iratabaruka.”

Dr Bihozagara yaguye muri gereza mu Burundi mu byumweru bitatu bishize, icyaba cyara muhitanye kikaba cyagizwe ibanga nubwo Polisi y’u Rwanda yarangije gutanga ibisubizo by’ibizamini ( Autopsy) ku murambo we. Muri uyu muhango kandi hirinzwe amagambo ayo ariyo yose yavugwa ku igihugu cy’u Burundi yaguyemo, kimwe mu bintu byatangaje abitabiriye uyu muhango.

Bihozagara yavukiye mu Rugarama muri Nyaruguru kuwa 25 Gashyatare 1945, mu muryango w’abana 12, abahungu 8 n’abakobwa bane.

Yakuye doctorat muri RDC mu buvuzi bw’amatungo mu 1979. Yagiye kwihugura mu Budage mu gihe cy’imyaka ibiri mu bijyanye n’ubuvuzi bw’amatungo.

Mu 1994 yabaye Minisitiri wo gucyura impunzi nyuma yaho aba uw’umuco na siporo, mu 1999 aba Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, akomereza mu Bufaransa, mu 2003 ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Umwanditsi wacu

2016-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Mozambique: Mu myaka 4 ingabo z’u Rwanda zimaze muri Cabo Delgado zaranzwe n’ubumuntu, ubwitange n’ubuhanga

Ubwanditsi 04 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasobanuye  iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru  murugo kwa Rwigara
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yasobanuye iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru murugo kwa Rwigara

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Umugore wa Ben Rutabana aremeza ko RNC izi aho umugabo we ari
INKURU NYAMUKURU

Umugore wa Ben Rutabana aremeza ko RNC izi aho umugabo we ari

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru