• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Ubwanditsi 20 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ibinyamakuru byo muri Uganda bimaze iminsi bitangaza ko umunyamakuru unafata amafoto uzwi nka Babara Natty Dread Tonyz yashimutiwe mu Rwanda, ariko amakuru aza kujya ahabona ko ahubwo yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali afite ibiyobyabwenge, ubu ategereje kugezwa imbere y’inkiko.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yatawe muri yombi ku wa 14 Gashyantare 2020 n’inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda, zihita zibimenyesha Ambasade ya Uganda i Kigali.

Babara Natty Dread Tonyz bivugwa ko ubwe yanemereye inzego zishinzwe umutekano ko akoresha ibiyobyabwenge, atanga impamvu ko bimworohereza indwara ya asthma amaranye iminsi. Ni ibintu ariko binyuranye n’amategeko u Rwanda rugenderaho, kuko atemera ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku mpamvu izo ari zo zose.

Ni igikorwa bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda byakomeje guhuza no kuba yarashimuswe, mu gihe ibihugu byombi bifitanye umwuka utari mwiza ushingiye ahanini ku birego u Rwanda rushinja Uganda birimo guhohotera Abanyarwanda muri icyo gihugu, bagakorerwa iyicarubozo ndetse Uganda ikaba ifasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Umuhanzi w’Umunyarwanda ufite iri zina rya Natty Dread wabaye icyamamare mu muziki wa Reggae, yabwiye Itangazamakuru  ko uwo musore agifatwa yabimenye, ndetse ko amuzi muri Uganda.

Ati ”Ni umunyamakuru ndamuzi mu myaka yashize ubwo nakoranaga ibitaramo na nyina wa Bob Marley, ubanza uwo musore yari nk’umunyeshuri rero we yakunze umuziki wanjye bituma yitwa Natty Dread.”

Yakomeje ati ”Mu minsi ishize nibwo namenye ko yafatanywe urumogi, njye sindunywa yewe ndi no mu barurwanya, nkibimenya nabonye ubutumwa bwinshi bunyihanganisha ariko rwose sinjye kuko njye nta n’ibyangombwa bya Uganda ngira sindi Umugande, mfite ubwenegihugu bunyuranye ariko nta byangombwa byabo mfite nubwo nahavukiye.”

Ni ubutumwa bunyomoza abavugaga ko yashimuswe, kuko inzego z’ubutabera mu Rwanda zimufite kandi uburenganzira bwe bwubahirizwa.

Bitandukanye n’amagana y’Abanyarwanda bakomeje gufungirwa muri Uganda muri kasho zitazwi, bamwe bagakorerwa iyicarubozo nyuma bakajugunywa ku mipaka, badashyikirijwe igihugu mu buryo bwemewe.

2020-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Ubwanditsi 20 Apr 2021
Kwibuka 25: RIB irasaba abaturarwanda kwitwararika ibyaha by’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibifitanye isano nayo

Kwibuka 25: RIB irasaba abaturarwanda kwitwararika ibyaha by’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibifitanye isano nayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

“Ribara uwariraye”: Icengezamatwara rishya mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 07 Dec 2022
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano,  nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI  byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Ubwanditsi 13 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru