• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Ubwanditsi 20 Mar 2020 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ibinyamakuru byo muri Uganda bimaze iminsi bitangaza ko umunyamakuru unafata amafoto uzwi nka Babara Natty Dread Tonyz yashimutiwe mu Rwanda, ariko amakuru aza kujya ahabona ko ahubwo yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali afite ibiyobyabwenge, ubu ategereje kugezwa imbere y’inkiko.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yatawe muri yombi ku wa 14 Gashyantare 2020 n’inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda, zihita zibimenyesha Ambasade ya Uganda i Kigali.

Babara Natty Dread Tonyz bivugwa ko ubwe yanemereye inzego zishinzwe umutekano ko akoresha ibiyobyabwenge, atanga impamvu ko bimworohereza indwara ya asthma amaranye iminsi. Ni ibintu ariko binyuranye n’amategeko u Rwanda rugenderaho, kuko atemera ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku mpamvu izo ari zo zose.

Ni igikorwa bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda byakomeje guhuza no kuba yarashimuswe, mu gihe ibihugu byombi bifitanye umwuka utari mwiza ushingiye ahanini ku birego u Rwanda rushinja Uganda birimo guhohotera Abanyarwanda muri icyo gihugu, bagakorerwa iyicarubozo ndetse Uganda ikaba ifasha imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Umuhanzi w’Umunyarwanda ufite iri zina rya Natty Dread wabaye icyamamare mu muziki wa Reggae, yabwiye Itangazamakuru  ko uwo musore agifatwa yabimenye, ndetse ko amuzi muri Uganda.

Ati ”Ni umunyamakuru ndamuzi mu myaka yashize ubwo nakoranaga ibitaramo na nyina wa Bob Marley, ubanza uwo musore yari nk’umunyeshuri rero we yakunze umuziki wanjye bituma yitwa Natty Dread.”

Yakomeje ati ”Mu minsi ishize nibwo namenye ko yafatanywe urumogi, njye sindunywa yewe ndi no mu barurwanya, nkibimenya nabonye ubutumwa bwinshi bunyihanganisha ariko rwose sinjye kuko njye nta n’ibyangombwa bya Uganda ngira sindi Umugande, mfite ubwenegihugu bunyuranye ariko nta byangombwa byabo mfite nubwo nahavukiye.”

Ni ubutumwa bunyomoza abavugaga ko yashimuswe, kuko inzego z’ubutabera mu Rwanda zimufite kandi uburenganzira bwe bwubahirizwa.

Bitandukanye n’amagana y’Abanyarwanda bakomeje gufungirwa muri Uganda muri kasho zitazwi, bamwe bagakorerwa iyicarubozo nyuma bakajugunywa ku mipaka, badashyikirijwe igihugu mu buryo bwemewe.

2020-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Ubwanditsi 22 May 2019
Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Nyagatare: Abagize Komite zo kubungabunga umutekano basabwe gushyira imbaraga mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 26 Jan 2017
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Urubyiruko rw’Abayisilamu rwiyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Ubwanditsi 28 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020
Amakuru

Tombola ya 1/4 cya Champions League yasize ikipe ya Bayern Munichen ifite igikombe giheruka izahura na PSG bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka w’imikino wa 2019-2020

Ubwanditsi 19 Mar 2021
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa
Amakuru

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Ubwanditsi 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru