• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza

Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza

RUSHYASHYA 22 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO

APR VC ihagarariye u Rwanda yatsinze Black Rhinos VC amaseti 3-0 (25-18, 25-10, 25-11) mu mukino ufungura Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Menʼs Club Championship 2026), iri kubera mu Rwanda.

Uyu mukino wabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatatu, wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Mbere yo gutangiza ku mugaragaro iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 47, amakipe 24 yaryitabiriye yahawe ikaze mu Rwanda, binyuze mu birori bibereye ijisho byasusurukijwe n’aba DJs n’Itsinda rya Ishami Talents.

Muri aya makipe yitabiriye CAVB Menʼs Club Championship 2026, 20 muri yo yavuye hanze y’u Rwanda.

Ubwo yatangizaga iri rushanwa, Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yabifurije kugirira ibihe byiza mu Rwanda.

Yagize ati “Twiteguye gushyira imbaraga mu kwakirana urugwiro buri wese witabiriye iri rushanwa.”

CAVB Menʼs Club Championship 2026 ihuza amakipe akomeye muri Afurika ndetse yitezweho gukomeza guteza imbere umukino wa Volleyball ku ruhando mpuzamahanga.

Visi Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika, CAVB, Louis Rwakiranya, yavuze ko Irushanwa nka CAVB Men’s Club Championship ryerekana ko Umugabane ugenda ukura.

Ati “Amakipe yacu ntabwo akiri ayo kwitabira, yabaye inkingi zikomeye muri Volleyball ku Isi.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rutahawe kwakira iri rushanwa ku bw’amahirwe kuko rwabikoreye binyuze mu kwerekana ubudaheranwa, kwimakaza ubwiyunge no kugera ku ntego zarwo muri Afurika yose.

Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël, yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira CAVB Menʼs Club Championship 2026.

Ati “Iri rushanwa ni amahirwe yo guhuza Volleyball muri Afurika, gusangizanya inararibonye, kwimakaza ubumwe no kunoza ibyo dukora muri siporo.”

APR VC yatangiye irushanwa neza itsinda Black Rhinos VC, izasubira mu kibuga ku wa Gatanu, ikina umukino wayo wa kabiri.

Aya makipe ari mu Itsinda A hamwe na Litto Team Volleyball [Cameroun], Nemo Stars VC [Uganda], Nigeria Customs Service [Nigeria] na Petrojet SC [Misiri].

APR VC ifite intego yo kwegukana iri rushanwa yakiriye, mu mwaka ushize yasoreje ku mwanya wa kane mu gihe Black Rhinos VC, yo ari ubwa mbere yitabiriye.

CAVB Menʼs Club Championship 2026 izakomeza ku wa Kane hakinwa imikino 11 isigaye ku y’umunsi wa mbere wo mu matsinda.

2026-04-22
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Ubwanditsi 05 Feb 2023
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Ubwanditsi 08 Jun 2021
Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Ubwanditsi 16 Feb 2022
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo
Amakuru

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha
POLITIKI

Ambasaderi Charles Kayonga Yahishuye Ko Perezida Kagame Ategerejwe I Beijing Mu Kwezi Gutaha

Ubwanditsi 31 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru