• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza

Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza

RUSHYASHYA 22 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO

APR VC ihagarariye u Rwanda yatsinze Black Rhinos VC amaseti 3-0 (25-18, 25-10, 25-11) mu mukino ufungura Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Menʼs Club Championship 2026), iri kubera mu Rwanda.

Uyu mukino wabereye muri BK Arena, kuri uyu wa Gatatu, wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Mbere yo gutangiza ku mugaragaro iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 47, amakipe 24 yaryitabiriye yahawe ikaze mu Rwanda, binyuze mu birori bibereye ijisho byasusurukijwe n’aba DJs n’Itsinda rya Ishami Talents.

Muri aya makipe yitabiriye CAVB Menʼs Club Championship 2026, 20 muri yo yavuye hanze y’u Rwanda.

Ubwo yatangizaga iri rushanwa, Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yabifurije kugirira ibihe byiza mu Rwanda.

Yagize ati “Twiteguye gushyira imbaraga mu kwakirana urugwiro buri wese witabiriye iri rushanwa.”

CAVB Menʼs Club Championship 2026 ihuza amakipe akomeye muri Afurika ndetse yitezweho gukomeza guteza imbere umukino wa Volleyball ku ruhando mpuzamahanga.

Visi Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika, CAVB, Louis Rwakiranya, yavuze ko Irushanwa nka CAVB Men’s Club Championship ryerekana ko Umugabane ugenda ukura.

Ati “Amakipe yacu ntabwo akiri ayo kwitabira, yabaye inkingi zikomeye muri Volleyball ku Isi.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rutahawe kwakira iri rushanwa ku bw’amahirwe kuko rwabikoreye binyuze mu kwerekana ubudaheranwa, kwimakaza ubwiyunge no kugera ku ntego zarwo muri Afurika yose.

Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël, yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira CAVB Menʼs Club Championship 2026.

Ati “Iri rushanwa ni amahirwe yo guhuza Volleyball muri Afurika, gusangizanya inararibonye, kwimakaza ubumwe no kunoza ibyo dukora muri siporo.”

APR VC yatangiye irushanwa neza itsinda Black Rhinos VC, izasubira mu kibuga ku wa Gatanu, ikina umukino wayo wa kabiri.

Aya makipe ari mu Itsinda A hamwe na Litto Team Volleyball [Cameroun], Nemo Stars VC [Uganda], Nigeria Customs Service [Nigeria] na Petrojet SC [Misiri].

APR VC ifite intego yo kwegukana iri rushanwa yakiriye, mu mwaka ushize yasoreje ku mwanya wa kane mu gihe Black Rhinos VC, yo ari ubwa mbere yitabiriye.

CAVB Menʼs Club Championship 2026 izakomeza ku wa Kane hakinwa imikino 11 isigaye ku y’umunsi wa mbere wo mu matsinda.

2026-04-22
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Mushikiwabo yagarutse ku myitwarire igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe cya CHAN

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Mu mukino utarabereye igihe, APR FC yatsinze Musanze FC 2-1

Mu mukino utarabereye igihe, APR FC yatsinze Musanze FC 2-1

Ubwanditsi 07 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X
Amakuru

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi
Mu Rwanda

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi
Amakuru

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru