• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Ubwanditsi 11 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batatu, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu barokotse igikorwa cy’inzego z’umutekano za Uganda, zabafashe zitwaje imbunda za Kalachnikov, ariko bamenye ko hari umugambi wo kubahitana bakizwa n’amaguru.

Amakuru avuga ko byakozwe n’abantu babiri bambaye gisivili, “bari mu modoka ifite ibirahuri byijimye, bafite n’imbunda.”

Nk’uko ikinyamakuru Virunga Post cyabitangaje, abanyarwanda Habimana Juvénal w’imyaka 31, Nduwamungu Félix w’imyaka 52 na Bizimana Cyprien w’imyaka 36 bose bakomoka mu Karere ka Musanze, bari mu modoka ya Fuso ahagana saa cyenda n’iminota 40, ku isaha yo muri Uganda.

Abo bantu babiri bitwaje intwaro ngo bahagaritse imodoka yabo babasaba ibyangombwa.

Abo banyarwanda bavuga ko ari abacuruzi b’imbaho kandi basanzwe bazigura muri Uganda bakazigurisha mu Rwanda, ubucuruzi bakora guhera mu 2017.

Bavuga ko abo bagabo babiri nyuma yo gufata ibyangombwa byabo, babasabye kubakurikira. Habimana, Nduwamungu na Bizimana barabinginze ngo babarekure bikomereze urugendo, abandi babima amatwi, bumvisha aba Banyarwanda ko bagomba kubakurikira.

Ni nako byagenze kuko bisanze ku biro bya Polisi y’Akarere ka Rubanda, abo bakozi babanza kujya kuvugana n’umuyobozi wa polisi muri ako karere (DPC, District Police Commander).

Bavuga ko bakubise agatima ku bikorwa bya hato na hato byibasira abanyarwanda bimaze iminsi muri Uganda, batangira gutekereza ko ibi byo batabirokoka, bakeka ko hari umugambi wo kubahitana.

Bahise biyungura inama yo gukizwa n’amaguru bayoboka iy’ishyamba imodoka yabo bayita aho. Bagenda ijoro ryose batunguka ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera.

Nk’uko amakuru abivuga, abo bagabo bakomeje gusaba ubufasha kugira ngo basubizwe imodoka yabo, kimwe n’inyandiko zirimo ibyangombwa byabo.

Ikinyamakuru Virunga Post kivuga ko cyabonye amakuru ko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imisoro n’Amahoro, RRA, cyageragezaga kuvugana na bagenzi babo ku ruhande rwa Uganda, ariko kugeza ubu nta kintu kiremeranywaho.

Icyo ni kimwe mu bikorwa biheruka byibasira Abanyarwanda muri Uganda by’umwihariko, aho batabwa muri yombi mu buryo budakurikije amategeko, bagashimutwa bakanakorerwa iyicarubozo rya hato na hato, byose bigakorwa n’inzego z’umutekano za Uganda.

Ibi bikorwa binagarukwaho cyane n’abanyarwanda bamaze iminsi birukanwa muri icyo gihugu, bisa n’aho birimo kuba buri munsi.

2019-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Uganda n’Umubiligi Filip Reyntjens basabaga u Bubiligi guhagarika inkunga butera u Rwanda, basebye ubwo ibihugu byombi byasinyanaga amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Umuhanzi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bamaze gusohoka muri Gereza ya Mageragere

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye
HIRYA NO HINO

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Senegal yatangaje  abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda
Amakuru

Senegal yatangaje abakinnyi 31 batarimo Sadio Mane bazavamo abazakina n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2023
Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika
POLITIKI

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru