• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, adafite ishingiro ryo kujya imbere y’Umuryango w’Abibumbye agashinja abandi gukora jenoside mu gihugu cye, nyamara ubwicanyi bukorerwa Abatutsi b’Abanye-Congo bukozwe n’ingabo za FARDC n’imitwe biyambaza.

Mu ijambo rya Perezida Tshisekedi mu Nteko Rusange ya Loni ku wa 24 Nzeri 2025, yasabye amahanga kwemera ko mu Burasirazuba bwa RDC hakorerwa jenoside, ariko ntiyagaragaje ubwoko cyangwa itsinda ryibasirwa. Yavuze gusa ko ibibera muri ako gace atari intambara isanzwe ahubwo ari “Jenoside ikorwa bucece.”

Amb. Nduhungirehe binyuze kuri konti ye ya X yasubije ko ibi birego bidafite ishingiro, ahubwo bigamije gusibanganya ukuri ku bikorwa bya FARDC n’imitwe iyifatanyije. Yagize ati:

“Tshisekedi afite igisirikare gifatanya n’abagize FDLR barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse agashyira mu ngabo za FARDC imitwe nka Nyatura. Yanashinze n’umutwe wa Wazalendo, awushyiramo amafaranga n’intwaro.”

Yakomeje agaragaza ingero z’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bo muri Congo, harimo igitero cya Wazalendo, FDLR na Nyatura cyatwitse amazu arenga 300 mu Nturo, Masisi, mu Ukwakira 2023, n’ubundi bwicanyi bwahitanye abasivili bazize gusa ko ari Abatutsi. Ati: “Yaricecekeye ubwo abantu batwikwaga ari bazima, ubwo FARDC n’imitwe iyifatanya yicaga abasivili, ndetse ubwo abana bahabwaga intwaro bakabazwa niba biteguye kwica Abanyarwanda. Ntacyo yavuze ubwo abayobozi ba Wazalendo batanze iminsi 10 ku Banyamulenge ngo basubire mu Rwanda.”

Ibi bibazo bikomeje mu gihe FARDC ikora ibitero bikomeye mu Burasirazuba ikoresheje indege za Sukhoi-25, drones na za misile ku bice bigenzurwa na M23, aho abenshi mu bahatuye ari abasivili. Ku wa 19 Nzeri 2025, Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibitero byo kuri uwo munsi byahitanye abaturage benshi i Bibwe, Chysto, Hembe na Nyange.

U Rwanda rubona ko ibi byose bigaragaza ko Tshisekedi adakwiye gushinja abandi jenoside, ahubwo agomba kubazwa ku ruhare rw’ingabo ze n’imitwe afasha. Amb. Nduhungirehe ati:

“Nyuma y’ibyo byose, arongera akajya imbere y’Umuryango w’Abibumbye akavuga jenoside? Ibyo ntibyumvikana.”

Abasesengura ibya politiki mu Karere k’Ibiyaga Bigari bavuga ko imyitwarire ya RDC igaragaza ubushake buke mu kubahiriza amasezerano yo kugarura amahoro yasinyiwe i Washington ku wa 27 Kamena 2025 hagati ya Kinshasa na Kigali. Na none ibiganiro biri kubera i Doha hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa M23 ntibiratanga umusaruro, mu gihe ibitero by’ingabo za Kinshasa bigikomeje.

2025-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Abasirikari 5 ba Uganda bakatiwe ibihano birimo n’urupfu, kubera kwica abaturange b’abasivili muri Somaliya

Ubwanditsi 14 Nov 2021
Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Ubwanditsi 16 Jan 2018
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda
ITOHOZA

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye
Mu Rwanda

Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.
Amakuru

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Ubwanditsi 14 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru