• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Guardian cyo mu Bwongereza, hashingiwe ku buhamya bw’abakozi ba Amnesty International ndetse n’ibindi bimenyetso byakusanyijwe hirya no hino ku isi, kiragaragaza uwo ”Muryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu” nk’urugero rubabaje rw’imiryango ahubwo ihonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu, cyane cyane abakomoka mu bwoko bw’abirabura.

Ibi ngo bigaragarira mu byegeranyo Amnesty International isohora, aho yibasira cyane cyane ibihugu byo muri Afrika, nyamara ikarenza ingohe amarorerwa akorwa n’ibihugu by’iBurayi na Amerika, haba imbere muri ibyo bihugu, haba n’ibyo bikorera ku yindi migabane.

Ibi rero ngo bishingira ku muco Amnesty International yimakaje wo kwanga urunuka abirabura, no gutonesha bikabije abafite uruhu rwera, ni ukuvuga abazungu. Ibi birahura neza n’ibyagiye bivugwa n’abandi bashakashatsi ndetse n’abayobozi bakomeye ku isi, banenga cyane Amnesty interanational kubera bogama, igashinja ibinyoma ibihugu bikennye, bizira gusa ko bituwe ahanini n’abirabura.

Abakozi ba Amnesty International n’abahoze ari bo, banabwiye The Guardian ko abirabura bakorera uwo Muryango bapyinagazwa cyane haba mu guhembwa haba no kuzamurwa mu ntera. Abirabura kandi ngo usanga nta jambo bahabwa ku byereranyo Amnesty International itegura, kandi ahanini aribo boherezwa aho rukomeye nko mu bice by’isi birimo intambara, n’ahandi baba bashobora gusiga ubuzima. Umwuka mubi uranga Amnesty Interantional, cyane cyane ishami ryayo ryo mu Bwongereza, watumye mu mwaka wa 2019 abakozi 2 b’abirabura biyahura, abandi barahungabana bikomeye. Abagerageje kwamagana iyi mikorere ngo bagiye birukanwa, bagasimbuzwa abazungu, kenshi ngo batanarusha ubushobozi n’uburambere abirabura birukanwa by’amaherere.
Ikindi The Guardian yagarutseho ni ruswa yakunze kuvugwa mu miryango mpuzamahanga nka Amnesty Interational na Human Rights Watch, aho abatangabuhamya bashinje iyi miryango kwakira igiturire, haba mu gutanga akazi, haba no mu gukora ibyegeranyo ku burenganzira bwa muntu.

Amakuru yahawe The Guardian ngo ahamya ko ibihugu bikize, uretse ko binatoneshwa kubera ko bituwe n’ab’uruhu rwera, ngo binatanga inyoroshyo, kugiranyo iyi miryango ikingire ikibaba ubwicanyi, iyicarubozo, ivanguramoko, ubugizi bwa nabi bushingiye ku madini, ibyo bihugu bikungahaye ku isi bikora. Icyakora ngo hari n’amarangamutima iyi miryango igenderaho,(nabyo bifatwa nka ruswa), aho usanga bikoma ubwoko runaka cyangwa ubuyobozi bw’igihugu runaka, maze iyo miryango ikabaharabika, igamije gusa kwangiza isura yabo.

Impuguke zakomeye kurega iyi miryango kwirengagiza ukuri, ahubwo bigashinja ibinyoma ibihugu bigerageza kurwanira agaciro kabyo.Urugero ni amahano ibihugu bikize bikorera Abinyafrika n’Abanyaziya bajya gushakira imibereho i Burayi, bakarohwa mu nyaja ya Mediterane.

Ubwicanyi bamwe mu Banyaburayi n’Abanyamerika bakora muri Libiya, Afghanistani, Irak, Iran, Syria n’ahandi henshi hitwajwe kurwanya iterabwoba, maze abana n’abagore bakicwa ku bwinshi. Ibyo byose Amnesty International na Human Rights Watch bibirenza amaso cyangwa bikabikomozaho bya nyirarureshwa, nyamara byagera ku ifatwa ry’abagizi ba nabi nka Paul Rusesabagina bigasya bitanzitse, biziza uRwanda guharanira ubutabera n’umutekano warwo.

Mu by’ukuri rero Amnesty Interational na Human Rights Watch bisigaye bifatwa nk’igikangisho cya politiki, cyangwa uburyo bushya bwo gukoloniza ibihugu bikennye, cyane cyane ibyo muri Afrika, Aziya na Amerika y’ Amajyepfo. Nyamara nk’uko byakomeje gugaragazwa bikanashimangirwa na The Guardian, iyi miryango ntikwiye gutanga amasomo y’uburenganzira bwa muntu, kuko natwe utanga icyo adafite. Mbere yo gutokora ijisho ry’abandi ijye ibanza irebe umugogo uri mu ryayo.
URwanda ni kimwe mu bihugu iyi miryango yibasira,ariko amateshwa yayo amaze kuba indirimbo ya buri munsi itagira inyikirizo.

U Rwanda n’Ubuyobozi bwarwo rwahisemo gukora ibyiza ku nyungu rusange z’Abanyarwanda, rutagamije gushimisha cyangwa kubabaza Amnesty Interantional na Human Rights Watch n’abandi basa nabyo.

2021-04-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe

Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe

Ubwanditsi 08 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu
POLITIKI

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu gihugu n’ikoreshwa ryabyo

Ubwanditsi 27 Jan 2017
U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20
Amakuru

U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

RUSHYASHYA 09 May 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru